Zimwe mu ndwara zivurwa no gusomana ku bashakanye
Inzobere mu miterere n’imibereho ishingiye ku gitsina, mu kiganiro yagiye atanga kuri radio zitandukanye, yavuze ko gusomana ku bashakanye hari indwara zimwe na zimwe bishobora kuvura. Yakomoje ku bagabo bagira ikibazo cyo kurangiza vuba hamwe n’abafite ikibazo cyo kutagira ubushake bw’imibonano mpuzabitsina (gushyukwa). Yagize ati “ Gusomana ku buryo bwimbitse ku bantu bubatse biravura […] […]
Semushi Karangwa Gerard ngo ishyaka rye riri mu gihirahiro
Gérard Karangwa Semushi Vice Perezida w’ishyaka PDP Imanzi aravuga ko akomeje gutegereza ko ishyaka rye ryemererwa gukora ku mugaragaro nyuma y’aho abwiwe ko leta y’u Rwanda itakwemerera iri shyaka gukora mu gihe hari ibyo ryasabwaga guhindura bigahindurwa ndetse n’ishyaka rigahindura inyito ariko barategereje amaso yaheze mu kirere. Karangwa Gerard Semushi yavuzwe mu mu itangazamakuru cyane […]
USA: Perezida Kagame mu rugendo arimo yagaragaje agaciro abafite ubumuga bafite
Kuva ku cyumweru Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yari I Los Angeles muri America aho yagiye gutangiza ku mugaragaro amarushanwa ya Olympique yihariye mu gihe cy’impeshyi. Mu ijambo rye akaba yaragaragaje agaciro leta y’u Rwanda yahaye abafite ubumuga. Kuri iki cyumweru Perezida Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga ku itarembere ridaheza, agaragaza uburyo u Leta y’u Rwanda […]
Umukambwe w’imyaka 86 yarize nk’umwana ubwo yavugaga ibyiza bya Perezida Kagame
Umukambwe w’imyaka 86 y’amavuko, utuye mu murenge wa Ntongwe ho mu karere ka Ruhango yavuze ku byiza akesha Perezida Kagame amarira aragwa. Hari mu gikorwa cy’abadepite, ubwo bari bagiye kumva ibitekerezo by’abaturage mu murenge wa Ntongwe bijyanye n’ivugururwa ry’itegekonshinga mu ngingo yayo y’101 ngo Perezida Kagame abe yakongera guhabwa amahirwe yo kongera kwiyamamaza ku bw’ubusabe […]
Nyuma yo kwitwa indiri y’abarwanya Leta y’u Rwanda, umubano wa Afurika y’Epfo n’u Rwanda wazutse
Nyuma y’aho umubano hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo uziyemo agatotsi kugera n’aho abadiplomate birukanwa muri ibi bihugu byombi, kuri ubu umubano hagati y’ibi bihugu byombi ni ntamakemwa. Maite Nkoana-Mashabane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo, kuri uyu wa mbere nibwo yatangaje ko umubano uhagaze neza kuko ambasade z’ibihugu byombi zifunguye. Muri Werurwe 2014 nibwo […]
Ubwongereza bukomeje kunengwa kubera ikibazo cya Karenzi Karake
Jendayi Frazer wahoze ari Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ushinzwe ibikorwa byo ku mugabane wa Afurika, yanenze bikomeye ibihugu bimwe byo ku migabane y’u Burayi na Amerika byangiza ubutabera, ashimangira ko kuba u Bwongereza bwarataye muri yombi umukuru w’urwego rw’ubutasi rw’u Rwanda, Lt Gen Karenzi Karake, ari agasuzuguro gakomeye. Uyu mudipolomate wahoze ushinzwe […]
Leta y’u Burundi mu bisa nk’ubushotoranyi ku Rwanda, nta ndirimbo y’inyarwanda yemerewe guca kuri radiyo z’i Burundi
Nyuma y’ibyatangajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi ko hari abasirikare 3 babo bahungiye mu Rwanda, kuri ubu indirimbo z’abanyarwanda ntizemerewe gucurangwa mu bitangazamakuru by’i Burundi. Jérôme Nzokirantevye, Umuyobozi mukuru wa Radio na Televizoyo by’Igihugu mu Burundi (RTNB: Radio Television Nationale du Burundi ) niwe watanze iri tangazo amenyesha ko nta ndirimbo n’imwe y’abanyarwanda uko […]
Perezida Nkurunziza arabyina intsinzi abajenerali be bahekenyera amenyo nzira ngo baje kuyimuryoza
Nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu yabaye ku wa kabiri tariki ya 21 Nyakanga 2015, Perezida Nkurunziza yatangiye kubyina intsinzi ko agiye kuyobora indi manda benshi bemeza ko ihabanye cyane na Demokarasi, bityo bamwe mu bajenerali be bakomeje guhekenyera amenyo ishyamba ari nako batanga integuza z’uko bari nzira baje kubumuryoza. Ubwo byatangazwaga ko Perezida Nkurunziza wari uhagarariye […]
Umunyarwenya Ann Kaansime yaneguye Desire Luzinda none yamwomye inyuma n’amafoto y’urukozasoni
Ann Kaansime ni umunyarwenya ukomoka mu gihugu cya Uganda, uyu mugore yagiye avugwaho byinshi bitandukanye mu bitangazamakuru nyuma yo kwigana amafoto ya Desire Luzinda wari warabaye iciro ry’imigani kubera amafoto ye yashyizwe hanze yambaye ubusa. Ayavugwaga kuri Desire Luzinda ubu arimo kuvugwa kuri uyu munyarwenya nyuma yo gushyira hanze amafoto ye yifotoreje ku mazi aho […]
Chris Brown yabonekewe n’abamalayika none yahisemo kwitandukanya na Sekibi
Icyamamare Christopher Maurice Brown wamamaye ku izina rya Chris Brown, umusore w’imyaka 26 y’amavuko wavuzweho kenshi gukorana n’imbaraga z’umwijima, kuri ubu aremeza ko yaba yabonekewe, akumva ijwi ry’Imana rimuhamagara rikamusaba guhinduka. Nk’uko yabicishije ku rukuta rwe rwa Instagram, Chris Brown yavuze ko yumvise ijwi ry’Imana rimusaba kureka ibibi yakoraga agahinduka maze nawe akumvira Ijwi ry’Uhoraho […]
Malaika yaguye mu gihugu cy’Ubwongereza arahungishwa-AMAFOTO
Ikiremwa muntu kimeze nka malayika cyahanutse kiva mu ijuru kigwa ku butaka bw’igihugu cy’Ubwongereza. Icyo kiremwa gisa cyane n’umuntu cyaguye gifite amababa ameze nk’aya malaika mu ma saha ya saa saba n’iminota mirongo itanu (13h50) Nk’uko urubuga boredpanda rubivuga ngo uyu malaika asa cyane n’ibiremwa muntu, abantu bameze n’abapolisi ariko bambaye imyambaro isanzwe n’amadarubindi atagaragaza […]
Itorero “Amasonga adasumbwa” rizatanga umuganura mu mbyino no mu mudiho i Muhanga
Ni kuri uyu wa gatanu tariki ya 31 Nyakanga 2015, ubwo itorero “Amasonga adasumbwa” ribyina imbyino za gakondo rizatanga umuganura mu mbyino no mu mudiho i Muhanga. Mu kiganiro bwiza.com yagiranye na Bucyansenga Kizito Perezida w’iri torero, yatangaje ko bateguye iyi nkera y’umuganura mu rwego rwo kurushaho gukumbuza ndetse no kugaragarariza abanyarwanda uburyo ku munsi […]
Muri CECAFA Kagame Cup, abafana bemeza ko final igiye gukinwa itarageza igihe
Nyuma yo kurangiza imikino y’icyiciro cya mbere idatsinzwe umukino n’umwe, ikipe APR FC izahura na Khartoum National mu mikino ya ¼ cya CECAFA Kagame Cup iri kubera muri Tanzaniya. Muri iyi mikino ya kimwe cya kane cy’irangiza, benshi bafite amatsiko y’uburyo amakipe azahura cyane ko ay’ibihangage arimo agiye guhura muri ¼. Nyuma y’uko amakipe nka […]
Burundi: Mu misozi miremire imirwano yongeye kuvuza ubuhuha, abagabye igitero ntibazw
Mu gace gaherereye mu misozi miremire muri komini ya Vugizo hafi y’ikiyaga cya Nyanza ho mu Burundi, kuva ku wa gatandatu tariki ya 25 Nyakanga humvikanye urusaku rw’amasasu, bikaba bitangazwa ko ari imirwano yabaye hagati y’abasirikare n’igipolisi bya Leta byari bihanganye n’umutwe w’inyeshyamba utazwi. Amakuru ava mu baturage baherereye muri kano gace imirwano yabereyemo batangarije […]
Nta mwanya Kenya ifite wo gutakaza hejuru y’abatiganyi
Kuri iki cyumweru tariki 26 Nyakanga nibwo Perezida Barack Obama yasoje uruzinduko yagiriraga mu gihugu cya Kenya. Mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta avuga ku burenganzira bw’abatiganyi yongeye gushimangira ko icyo atari ikibazo gikomereye Abanyakenya ahubwo ko bakeneye kwita ku bindi bibareba bitandukanye nka ruswa n’iterabwoba. Obama we abibona ukundi aho […]
Hifashishijwe umutuzo ubu habonetse umuti uvura ababaswe n’inzoga n’ibiyobyabwenge
Umuryango Brahma Khumaris uravuga ko ubu abantu batandukanye babaswe no kunywa inzoga, itabi n’ibiyobyabwenge bashobora gukira nta wundi muti bifashishije uretse gutuza no kuyobora ibitekerezo ibyo bakunze kwita meditation mu ndimi z’amahanga . Ibi ni ibyagaragajwe na Dr Nir Maladidi umuganga usanzwe ariko ufite ubunararibonye muri meditation. Ubwo yaganiraga n’abantu basanzwe bakora uyu mwitozo ku […]
Nyuma y’aho Perezida Museveni asohoreye indirimbo ya 2, Perezida Barack Obama nawe ari mu nzira
Nyuma y’aho Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, asohoreye indirimbo ye ya kabiri mu jyana ya rap yise ‘Yengoma’ bisobanuye ‘ingoma’ na Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Barack Obama yahamije ko afite inganzo ihambaye ndetse akaba aririmbira iwe murugo. Nk’uko yabitangarije mu gitaramo youth summit yari yitabiriye kuri uyu wa gatatu taliki ya 22 […]
Amafoto y’umunyamategeko Corazon yagereranyijwe n’igisasu Kenya yateye ku Isi (REBA AYO MAFOTO)
Corazon Kwamboka ni umunyakenyakazi, uyu mukobwa yatangiye gushyira ku mbuga nkoranyamabaga amafoto ye mu mwaka ushize wa 2014 ubwo yari akirangiza kwiga mu ishami ry’amategeko (droit) muri Kaminuza yo muri icyo gihugu cy’amavuko. Amakuru dukesha senego.com, avuga ko amafoto y’uyu mukobwa nyuma y’aho agaragariye ku mbuga nkoranyambaga, ngo benshi bagiye bifuza gukundana n’uyu mukobwa by’umwihariko […]
Ese Imibonano mpuzabitsina niyo ikomeza urukundo? Dore ibintu 20 wakorera uwo ukunda akanyurwa
NK’uko benshi mu bakundana babitangaza ngo urukundo ni impumyi, abari mu rukundo baba bifuza guhorana mu munezero umwe akaba umunezero wa mugenzi we. Bityo dore ibyo umuntu ashobora gukora akanezeza uwo akunda, gusa benshi bibeshya cyane ko imibonano mpuzabitsina ko ari yo musingi w’urukundo ariko si yo y’ibanze ndetse ntiyakanabaye ngombwa mbere yo kurushinga. Ibyo […]
Amag G yarahiye ko atari agakingirizo cyangwa umusifuzi w’inda Bruce Melody ngo yaba yarateye Agasaro
Nyuma y’iminsi bivugwa ko Bruce Melody atorohewe kubwo kwihakana umukobwa yateye inda akamwihakana bigatuma ajyanwa mu nkiko ,Amag The Black watanzwe nk’umuhamya yabyamaganiye kure. Agasaro Diane uvuga ko yatewe inda n’umuhanzi Bruce Melody yatanze abahamya bari bahari ubwo yaryamanaga n’umuhanzi Bruce barimo na Amag The Black ariko we abajijwe koko niba yahamya ibyo yabonye abyamaganira […]
Hakozwe isutiye yifungura kubera urukundo rurangwa n’umukobwa uyambaye
Ikigo cyo mu Buyapani cyakoze isutiye yifungura ntawe uyikozeho. Iyi sutiye ikaba yifungura iyo umugore cyangwa umukobwa ahuye n’umugabo akunda cyane. Huffington post dukesha iyi nkuru, ivuga ko iyi sutiye yiswe “urukundo rw’ukuri mu igeragezwa” igaragaza icyo umugore yiyumvamo, yakozwe n’uruganda rw’imyenda rwitwa “Ravijour”. Nk’uko bigaragara mu mashusho yo kwamamaza, iyi sutiye ikozwe mu […]
Hello world!
Welcome to Network Sites. This is your first post. Edit or delete it, then start blogging!