2018/2019: Ibyemezo bidakurikije amategeko byahombeje leta arenga miliyoni 520 RWF

Perezida wa Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage mu Nteko ishinga amategeko, Hon. Muhongayire Christine yatangaje leta yishyuye 520,690,279 Frw bitewe n’imanza 65 inzego 12 za leta zaburanyemo n’abakozi 69, iyi ikaba ari ingaruka yatewe n’ibyemezo bitubahirije amategeko mu bijyanye no kugenzura abakozi mu mwaka w’2018/2019.

Iri ni isesengura ryakozwe kuri raporo ya Komisiyo y’Abakozi ba Leta y’Umwaka wa 2018/2019 rikaba rigaragaza ko mu nzego za leta 35, muri zo 23 zakoresheje amapiganwa mu buryo bwubahirije amategeko mu gihe muri izi 12 zitigeze ziyubahiriza.

Bimwe mu byo Leta yarezwe igatsindwa hari kwirukana abakozi mu buryo bunyuranyije n’amategeko; gusesa amasezerano y’akazi mu buryo bunyuranyije n’amategeko; kudahembera umwanya w’ubusigire; n’ibindi

Gusa n’ubwo hagaragaye ibi bibazo, Hon. Muhongayire yagaragaje ko mu gushaka no gucunga abakozi ba Leta hatewe intambwe zirimo : ubujurire bushingiye ku kizamini cyo mu buryo bw’ikiganiro bwagabanutse, bitewe n’uko hafatwa amajwi n’amashusho mu gihe ikizamini gikorwa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *