Imashini zatwaye leta akayabo ka miliyari 3,7 zimaze imyaka isaga 3 zitarakoreshwa icyo zaguriwe

Imashini zaguzwe akayabo ka miliyari 3,7 y’Amanyarwanda zigomba gukoreshwa mu gutunganya umusasruro w’imyumbati zimaze imyaka isaga 3 zidakoreshwa icyo zaguriwe none abagize inteko ishinga amategeko barabibonamo guteza leta igihombo bagasaba ababigizemo uruhare gukurikiranwa. Kuwa Gatatu ushize, nibwo minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Soraya Hakuziyaremye, yageze imbere y’Inteko Ishinga Amategeko agiye gusubiza ibibazo 23 byanditse byazamuwe muri Gashyantare […]

ALGERIA : Perezida Bouteflika azegura bitarenze 28 Mata 2019

Perezida wa Algeria Abdelaziz Bouteflika azegura ku mwanya w’umukuru w’igihugu mbere yuko manda ye irangira tariki ya 28 Mata 2019 nk’uko bitangazwa n’ikigo cy’itangazamakuru cya leta( APS). Mu itangazo ryavuye mu biro by’umukuru w’iki gihugu rigira riti’’Perezida azakomeza kugenzura ko ibigo bya leta bikomeza gukora muri iki gihe cyo guhindura ubuyobozi . Iyegura rye rizaba […]

Papa Francis arasaba abafana ba Lionel Messi kutamugereranya n’Imana

  Umushumba wa Kiliziya Gatorika ku isi Papa Francis, arasaba abafana ba rutahizamu wa FC Barcelona Lionel Messi kureka kumugereranya n’Imana . Ubwo Papa Francis yaganiraga na televiziyo ya ‘Spanish TV’ , mu kiganiro cyitwa ‘Salvados ‘ yabajijwe n’umunyamakuru niba ashobora kwita Lionel Messi Imana nk’uko bamwe mu bafana bamwita Imana y’umupira w’amaguru. Papa Francis […]

Ibintu 6 abaherwe ba mbere ku Isi nka Bill Gates na Jeff Bezos bakora kugira ngo babyaze umusaruro iminsi y’akazi.

Hari ibintu byinshi ushobora kugira akamenyero kugira ngo ubashe gutanga umusaruro. Ariko, ni gute uhitamo ibyo kwibandaho? Benjamin Spall, umunyamakuru wa CNBC akaba n’umwanditsi w’ibitabo, yize anaganira n’abantu barenga 300 bageze ku bintu bihambaye kuri iyi isi. Muri abo, harimo umuherwe wa mbere ku Isi, Jeff Bezos n’uwa kabiri, Bill Gates. Agendeye ku buzima bwabo […]

Col. Haziyo wagaragaye ku rutonde rw’abashinjwe kwica Perezida Ndadaye yatawe muri yombi

Col. Haziyo wahoze mu gisirikare cy’u Burundi (EX-FAB) mbere y’uko havangwa ingabo, wanagaragaye ku rutonde rw’abashinjwa kwica Perezida Melchior Ndadaye, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano z’u Burundi. Ahagana saa saba zo kuri uyu wa mbere tariki ya Mata 2019, nibwo uyu musirikare yafatiwe iwe mu rugo mu gace ka Ngagara, Komini Ntahangwa, mu mujyi wa […]

Uganda: Urubanza rw’Umunyarwanda Moses Ishimwe rwasubitswe

Urubanza rw’Umunyarwanda, Moses Ishimwe, rwagombaga gutangira kuburanishwa kuri uyu wa Mbere rwasubitswe nyuma y’aho umucamanza wagombaga kuruburanisha agiriye mu kiruhuko bikaba biteganyijwe ko ruzasubukurwa kuwa Gatanu, itariki 05 Mata. Ku itariki 10 Werurwe nibwo Moses Ishimwe Rutare, wari uherutse gushinjwa mu Rukiko rwa Nakawa muri Kampala icyaha cyo kwinjira no kuba muri Uganda mu buryo […]

Rusizi/ Bweyeye: Bwa mbere mu mateka hageze imodoka nini itwara abagenzi

Abaturage b’umurenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi bashimira cyane Perezida Kagame uburyo akomeje kubateza imbere no kubakura mu bwigunge, kuko nyuma y’aho  baherewe umuriro w’amashanyarazi, bagakorerwa umuhanda neza Pindura-Bweyeye ubasha kubahuza n’abatuye utundi turere,ubu noneho bashyikirijwe imodoka nini itwara abagenzi. Bavuga ko muri iyi myaka Itanu ishize iterambere ryabo ryihuse cyane kuko bahawe amashanyarazi […]

Venezuela: Juan Guaidà³ ushyigikiwe na Trump akarwanywa na Putin arasaba igisirikare kumujya inyuma

Umukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’igihugu cya Venezuela, Juan Guaidà³, ushyigikiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aremeza ko ubutegetsi bushobora guhinduka mu gihe gusa igisirikare cy’igihugu cyamujya inyuma. Juan Guaidà³ arashaka izindi mbaraga z’igisirikare mu gihe kikiri kuri Perezida w’iki gihugu, Nicolà¡s Maduro ushyigikiwe na Leta y’u Burusiya. Muri Mutarama uyu mwaka,  Guaidà³ yatangaje ko […]

Isoko rya Gisenyi rimaze imyaka 9 ritaruzura, inzitizi ku iterambere ry’abacuruzi

Abacuruzi bo mu Mujyi wa Rubavu , mu Karere ka Rubavu bavuga ko ubucuruzi bwabo rimwe na rimwe bukomwa mu nkokora no kutagira isoko rya kijyambere rijyanye n’igihe. Iryo babona ryabafasha kwagura ubucuruzi bwabo, rimaze imyaka icyenda ryubakwa ariko ritarangira. Abacuruza bavuga ko ari ikibazo kuba umujyi wa Rubavu, ugendererwa na benshi bagiye kuruhukira ku […]

U RWANDA: Abagore batunze ubutaka bwinshi kurusha abagabo-GMO

Ubushakashatsi bwashizwe hanze n’ umuryango wita ku buringanire mu Rwanda, Gender monitoring office GMO, kuwa 29 Werurwe 2019, bwagaragaje ko mu Rwanda abagore ari bo bafite ubutaka bwinshi kurusha abagabo. Kugeza ubu, abagore ku giti cyabo bihariye 24% by’ubutaka ugereranije n’abagabo bafite 14%. Abashyingiranwe bafite ubutaka nk’umutungo ni 58.3%, nk’uko ubu bushakashatsi bubigaragaza. Ubutaka mu […]

Umutwe wa P5 ukomeje gukusanya ibikoresho by’intambara mu baturanyi – Loni

Inyeshyamba z’Abanyarwanda ngo zishobora kongera gushora Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu ntambara ikomeye nk’uko Ambasaderi wa Congo mu Muryango w’Abibumbye yabitangarije Akanama k’Amahoro n’Umutekano ka Loni. Ambasaderi Ignace Gata Mavita wa Lufuta yabwiye aka kanama kigaga ku mutekano mu Biyaga Bigari, ko umutwe wa P5, uhuriyemo amashyaka atandukanye arwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ayobowe na […]

Amwe mu mateka yaranze uyu munsi: Abanazi batangiye kwica Abayahudi.

Mbahaye ikaze na none mu cyegeranyo gishungiye ku mateka “KU MUNSI NK’UYU”, kibagezaho amateka yaranze isi kuri buri tariki. Uyu ni umunsi wa 91 mu 2019. Ni umunsi mpuzamahanga w’ubujiji cyangwa se ubucucu(Fool’s Day), umunsi w’imkino, aho umuntu ashobora kukubeshya ngo mu rugo bagusuye kandi bitigeze biba. Umuntu babeshye cyangwa uwabeshye bamwita ‘Injiji ya Mata’. […]

Se wa Diamond agiye kugeza abanyamakuru mu nkiko

Se w’umuhanzi Diamond Platnumz ari we, Abdul Juma atangaza ko agiye kwitabaza inkiko areaga abanyamakuru batangaje ko yapfuye. Byinshi mu bitangazamakuru muri Tanzania mu minsi micye ishize byatangaje ko uyu mugabo yapfuye ariko we avuga ko ari muzima. Abinyujije ku mbuga nkoranyamabaga yagize ati “  Ndabwira abanyamakuru n’abandi bose banditse ko napfuye ko ngiye kubageza […]

Iyo Imana iba iha agaciro gacye umugore, Yezu ntiyari kubyarwa n’umugore- Ingabire Immaculée‏

Impirimbanyi mu kurwanya ruswa n’akarengane akaba n’Umuyobozi wa Transparence International Rwanda,  Ingabire  Marie  Immaculée, avuga ko abumva nabi ijambo ry’Imana bakemeza ko umugore asuzuguritse kubera ko yavutse mu rubavu rw’umugabo, ataribyo. Ingabire yabitangaje abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, mu bitekerezo yagiye ahanahana na bamwe mu basaga ibihumbi bibiri bamukurikiraho, aho bamwe bagaragazaga akamaro k’ubwuzuzanye […]

Umukecuru w’Umunyarwanda ari mu basizwe iheruheru n’umwuzure muri Zimbabwe

Umunyarwandakazi Magdalena Niragire ari mu mpunzi zikomoka mu bihugu bitandukanye ziba mu gihugu cya Zimbabwe zasizwe iheruheru n’umwuzure wibasiye aka gace karimo n’igihugu cya Mozambique cyane umwe mu mijyi yo muri iki gihugu witwa Beira. Umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 70 y’amavuko, imvi ni uruyenzi, asanzwe aba mu nkambi ya Tongogara muri Zimbabwe avuga ko […]

Tanzania: Icyumweru gishize Umurundi w’impunzi aburiwe irengero

Mu gihe bivugwa ko mu nkambi y’impunzi muri Tanzania hari aboherezwa na Leta y’u Burundi kujya gushimutayo impunzi zitavuga rumwe nayo, rimwe na rimwe ngo yifashishije urubyiruko rw’Imbonerakure, kuri ubu haravugwa ibura rya Ndayisenga Francois, wari impunzi umaze icyumweru yaraburiwe irengero. Bitangazwa ko Ndayisenga yatwe n’abantu bari mu modoka ifite ibirahuri byijimye bambaye imyenda ya […]

RDC: Muri Beni-Butembo na Yumbi nabo batoye nyuma yo kudatora kuwa 30 Ukuboza 2018

Abaturage basaga miliyoni bo muri Beni-Butembo na Yumbi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nabo noneho bahawe amahirwe yo gutora kuri iki cyumweru, nyuma y’aho batabashije gutora mu matora yo kuwa 30 Ukuboza. Muri iki gice cya Beni-Butembo, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bw’igihugu, ntibari bashoboye gutora ku italiki ya 30 Ukuboza kubera […]

Rwamagana: Polisi yatabaye umugore wa guye mu cyobo cya metero 18 ahetse umwana

Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe kurwanya inkongi no gutabara abari mu kaga  kuri uyu Gatandatu itariki 30 Werurwe, yatabaye umugore uhetse umwana waguye  mu cyobo gifite m18 z’ubujyakuzimu. Uwajeneza Josiane w’imyaka 26 y’amavuko n’umwana we Niyonkuru Omar w’amezi 10 batuye  mu murenge wa Muyumbu, akagari ka Nyarukomo  mu mudugudu wa Gatuza  nibo batabawe nyuma yo […]

Salax Awards 2019: Bruce Melody yikubiye ibihembo

Ku wa 31 Werurwe, ni wo munsi wari uteganyijwemo gutangaza umuntu wegukanye irushwana ry’abahanzi mu ngeri zitandukanye, Salax Awards 2019, ariko biza kugera kuri uyu wa 1, Mata ku mpamvu z’ubukererwe. Gahunda y’ibirori yatangiye mu masaa yine, ubwo abakunzi b’aba bahanzi bakomeje gutegereza ngo barebe ikivamo muri Serena Hotel. Hari n’abarambiwe bataha batabonye umutsinzi. Kwihangana […]