new.jpg

2020: U Rwanda rwasubiye inyuma mu koroshya ubucuruzi ku Isi

Raporo nshya ya Banki y’Isi ” Doing Business 2020″ yagaragaje ko mu koroshya ubucuruzi, u Rwanda rwasubiye inyuma imyanya 9 rukagera ku mwanya wa 38 ruvuye kuwa 29 ku Isi rwariho mu 2019.

Raporo yo mu mwaka wa 2020 Bwiza.com ifitiye kopi, igaragaraza ko u Rwanda rwasubiye inyuma imyanya icyenda. Ni urwa 38 mu bihugu 190 rukaba rufite amanota 76.5%. Hagendewe ku manota rwari rufite mu 2019, rwatakaje inota rimwe n’ibice bitatu (1.3).

Igihugu cy’Ibirwa bya Maurice kiraza imbere ku Mugabane wa Afurika aho kiza ku mwanya wa 13 n’amanota 81.5, kikaba cyarazamutse kuko mu 2019 cyari ku mwanya wa 20.

Igihugu gikurikira u Rwanda mu Karere ni Kenya iri ku mwanya wa 56 n’amanota 73.2%. Iki gihugu cyarazamutse kuko mu 2019 cyari ku mwanya wa 61.

Mu bihugu bikomeye byari inyuma y’u Rwanda muri raporo yo mu 2019 nk’Ubusuwisi (36) Ubufaransa (32) Ubushinwa (31), Esipanye (30), Uburusiya (28) byagiye imbere yarwo naho Ubuyapani bufata umwanya wa 29 rwari rufite mu 2019.

new.jpg
Imbonerahamwe yerekana uko ibihugu bikurikirana mu korohereza ubucuruzi mu 2020/ Banki y’Isi

Byari byifashe bite mu 2019?

Raporo ya Banki y’Isi yo mu 2019 yashyiraga u Rwanda ku mwanya wa 29 mu bihugu 190. Icyo gihe rwari rufite amanota 77.8% ndetse rwari rwariyongereyeho amanota 4.15 ugereranyije n’umwaka wa 2018 aho ruri ku mwanya wa 41 rufite amanota 73.65.

Icyo gihe ibihugu biteye imbere birimo: Ubushinwa (46), Ububiligi (45), Esipanye (30), Uburusiya (31), Ubufaransa (32), Ubuholandi (36), Ubusuwisi (38). n’ibindi byari inyuma y’u Rwanda.

Igihugu cy’Ibirwa bya Maurice cyari cyaje imbere y’u Rwanda kuko cyari ku mwanya wa 20 n’amanota 79.58%. Mu Karere, u Rwanda rwari rukurikiwe na Kenya yari ku mwanya wa 61 n’amanota 70.31% ahagakurikiraho Tanzania ya ri ku mwanya 144 ifite amanota 56.63.

2020.jpg
Uko ibihugu byakurikiranaga mu 2019 mu bijyanye no koroshya ubucuruzi/ Banki y’Isi

Iri subira inyuma rigaragaza iki?

Kuba u Rwanda rwasubiye inyuma kuri iyi raporo ku koroshya ubucuruzi, imwe mu zisomwa cyane muri raporo zose zikorwa na Banki y’Isi ni ikimenyetso ko hari ibitagenda neza cyangwa se hakaba harabayeho kwirara.

U Rwanda rwari rwasimbutse imyanya 12 mu 2019, none rwongeye gusubira inyuma imyanya icyenda. Bivuze ko mu kuzamuka hasigayemo imyanya itatu ku yo rwari rwazamuye mbere, ubundi rukongera kwisubirira aho rwahoze.

Bisaba ko hongera gusuzumwa ya mavugurura arindwi yakozwe mu 2018 ajyanye n’ubucuruzi Bwiza.com itari bugarukeho, bigatuma ruva ku mwanya wa 41 rukaba urwa 29, harebwa niba atarajemo urumamfu cyangwa se kutakomeza kongeramo ingufu no gushaka andi mavugurura akenewe.

Ntibiragera irudubi

Kuba harabayeho gusubira inyuma, ni ikigaragaza ko ibijyanye n’ubucuruzi mu Rwanda bitagihagaze nko mu 2019. Bivuze ko hakenewe kongera kureba ikindi cyakorwa, kunoza no kuvugurura ibihari kugira ngo u Rwanda rukomeze kuza imbere. Ntarirarenga.

Kuri uru rutonde, byabaye nk’itetu igihugu cya Somalia ni cyo kiza inyuma ku mwanya wa 190 n’amanota 20%. Ni mu gihe Igihugu cya New Zealand kiri ku isonga n’amanota 86.8%.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *