Abanyarwanda bose Uganda yari yemeye gufungura bamaze kugera mu Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri ikindi cyiciro cy’Abanyarwanda 53 bari basigaye muri Uganda cyamaze kugera mu Rwanda, aba bakaba ari bo bari basigaye gushyikirizwa u Rwanda mu bo Guverinoma ya Uganda iherutse gutangaza ko izafungura nyuma yo kumara imyaka igera kuri ibiri bafungiwe muri gereza zitandukanye zo muri iki gihugu. Aba Banyarwanda 53 bageze mu Rwanda […]
Nyaruguru: Hamaze kugaragara umwe wanduye Covid-19 mu bipimo bisaga 200 byafashwe

Kuva umurwayi wa COVID-19 umwe yaboneka mu kagari ka Kiyonza, mu murenge wa Ngoma, ku wa 30 Gicurasi, mu bipimo bisaga 200 bimaze gufatwa, nta wundi muntu urabonekaho icyorezo cya COVID-19 mu karere ka Nyaruguru. Ibyo byemejwe n’umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Colette Kayitesi, Binashimangirwa na Dr Bienvenu Muvunyi, umuyobozi mukuru […]
Rusizi na Rusumo hagaragaye abantu 12 banduye Covid-19
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 9 Kamena 2020 yatangaje muri Rusizi na Rusumo hagaragaye abantu 12 banduye icyorezo cya Covi-19 mu bipimo 1870 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 300 barimo 3 b’uyu munsi. Abarwayi banduye bashyizwe mu kato n’abo bahuye bahise bakurikiranwe. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni […]
Burundi: Pascal Nyabenda ni we ugomba gusimbura Pierre Nkurunziza mu nzibacyuho
Pascal Nyabenda wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi ndetse akanaba uw’inama nkuru y’iki gihugu, ni we ugomba gusimbura Pierre Nkurunziza witabye Imana ku wa mbere tariki ya 8 Kamena nka Perezida w’inzibacyuho. Ku gicamunsi cy’ejo ku wa kabiri ni bwo Guverinoma y’u Burundi yasohoye itangazo ribika Pierre Nkurunziza wari umaze imyaka 15 ayobora icyo […]
Huye: Umugabo arakekwaho kwica umugore umwe muri babiri yatahanye mu ijoro

Mu karere ka Huye , umurenge wa Mukura , akagari ka Bukomeye umugabo witwa Alexandre Hatungimana ari mu maboko y’ubugenzacyaha aho akekwaho kwica umugore mu ijoro ryakeye tariki ya 8 Kamena, umwe muri babiri bivugwa ko bari basangiye akabacyura iwe mu rugo. Abaturanyi batabaye umwe mu bagore bari basangiye ngo harimo uwo bagiye kuryamana n’undi […]
Rais wa Burundi, Pierre Nkurunziza ameaga dunia
Serikali ya Jamhuri ya Burundi, leo Juni 9, imetangaza kifo cha Pierre Nkurunziza, Rais anayemaliza muda wake. Nkurunziza aliyelazwa katika Hospitali ya Karuzi tangu Jumapili, Juni 7 alikufa kwa ugonjwa wa moyo jana, Juni 8. Marehemu Nkurunziza alitawala Jamhuri ya Burundi tangu 2005. Alifufa akiwa na umri wa miaka 55.
Burundi’s outgoing President Nkurunziza is dead
The Government of the Republic of Burundi, today June 9, anounces the death of Pierre Nkurunziza, outgoing President. Nkurunziza admitted to Karuzi Hospital since Sunday, June 7 has died of heart failure yesterday, June 8 according to the Government. Late Nkurunziza ruled Republic of Burundi since 2005. He was nearly to be succeeded by Rtd. […]
Burundi: Perezida Pierre Nkurunziza yapfuye
Pierre Nkurunziza wari Perezida w’u Burundi yitabye Imana ku itariki 08 Kamena 2020 azize indwara y’umutima nk’uko bimaze gutangazwa na Guverinoma y’u Burundi. Pierre Nkurunziza ku myaka 56, yari yakiriwe mu Bitaro bya Karusi guhera ku cyumweru, aho ubuzima bwe bwari mu kaga nk’uko amakuru yizewe agera ku rubuga SOS Medias Burundi yemeza ko n’umuryango […]
Gicumbi FC na Heroes zigiye kurega FERWAFA muri TAS
Ubuyobozi bw’amakipe ya Gicumbi FC na Heroes FC, bwatangaje bugiye kujyana ikirego mu rukiko rwa Siporo rukorera mu Busuwisi (TAS), nyuma y’uko ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru hano mu Rwanda Ferwafa riteye utwatsi ubujurire bwayo ryemeza ko agomba kumanuka mu kiciro cya kabiri. Iby’aya makipe na Ferwafa byatangiye Ku wa 22 Gicurasi, ubwo iyi nzu iyobora ruhago […]
Abanyamakuru 4 bari bakunzwe cyane kuri Radio/TV10 birukanwe

Abanyamakuru bari bakunzwe cyane kuri Radio/TV10 bamaze kwirukanwa n’ubuyobozi bw’iki gitangazamakuru, aho bivugwa ko bashinjwa gukorera mu kwaha kwa David Bayingana na Jado Castar bahoze bakorera iki gitangazamakuru na bo bakahava birukanwe. Mu banyamakuru bivugwa ko birukanwe harimo Jean Luc Imfurayacu, Benjamin Hegenimana wamenyekanye nka Gicumbi, Fuadi Uwihanganye ndetse na Gakwavu. Ubuyobozi bwa Radio/TV10 bwashimangiye […]
Uburyo bukaze Guverinoma ya Kambanda yemeje bwo gukomeza kwihutisha “auto-defense civile”
Kimwe mu bintu bikomeye byaranze ukwezi kwa Kamena 1994 ku ruhande rwa Leta yakoraga Jenoside ni ugushakisha uburyo bwo kwinjiza abaturage benshi mu bwicanyi muri gahunda yiswe “auto-defense civile”. Iyi gahunda yatanzwemo intwaro ndetse n’amafranga kugira ngo kwica Abatutsi byihutishwe bityo aho FPR izajya igera hose ijye isanga Abatutsi barashize. Nibyo byasuzumwe mu nama ya […]
Kenya: Abaturage bakoze imyigaragambyo bamagana polisi y’igihugu ikomeje kubica ibarashe
Nyuma y’uko abaturage ba Kenya bamaze iminsi bashinja polisi y’iki gihugu gukoresha imbaraga z’umurengera mu guhana abarenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, kuri uyu wa Mbere bagiye mu mihanda mu myigaragambyo yamagana iki gipolisi kimaze kwica abantu bagera kuri 20 kibahora kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Abigaragambya babarirwa mu magana biganjemo […]
Uganda: Gen. Kasirye Ggwanga yapfuye
(Rtd) Maj. Gen Kasirye Gwanga, uri mu bakomeye barwaniye igisirikare cya NRA (National Resistance Army) mu rugamba rwo kubohora Uganda, yitabye Imana kuri uyu wa kabiri aguye mu bitaro bya Nakasero aho yari amaze igihe arwariye. Amakuru avuga ko Gen. Ggwanga yari afite uburwayi yari amaranye igihe kirekire, bwatumye mu minsi ishize arwarira mu bitaro […]
Tariki nk’iyi ya 09 Kamena 2019 abanya Hong Kong barenga miliyoni bose bari bari mu myigaragambyo
Mu gihe ubu mu gihugu cy’igihangange nk’Amerika hari imyigaragambyo idasanzwe kubera ubukana ifite, ku munsi nk’uyu mu mwaka ushize wa 2019 Hong Kong na yo ntibyari biyoroheye guhosha imyigaragambyo yari irimo abarenga miliyoni imwe bose. Iyi myigaragambyo ifatwa nk’imwe mu yabayeho ikomeye mu mateka y’isi yatewe n’uko umuyobozi w’Umujyi wa Hong Kong, Carrie Lam yari […]
USA: Umupolisi wishe umwirabura arasabwa ingwate irenga miliyoni y’Amadolari ngo aburane ari hanze
Derek Chauvin, uwahoze ari umupolisi mu mujyi wa Minneapolis muri Leta ya Minnesota akaba ari na we wishe umwirabura George Floyd amushinze ivi ku ijosi, kuri uyu wa 8 Kamena 2020 yagejejwe mu rukiko ku nshuro ya mbere, asabwa gutanga ingwate ya miliyoni 1.25 y’Amadolari y’Amerika kugira ngo aburane ari hanze. Tariki ya 25 Gicurasi […]
Dore uburyo bwizewe bwagufasha kugera ku cyo wifuza mu buzima
Iyi nkuru ishingiye ku buhamya bw’umugore witwa Inga Stasiulionyte wabaye icyamamare mu mukino w’abasiganwa ku maguru ndetse bikaza kurangira ageze ku nzozi ze zo kuba umucuruzi ukomeye. Muri ubu buhamya,Inga avuga ko yagize igitekerezo cyo gutangiza ikigo kigira abantu inama ku kuzamura ubukungu no gukora ubucuruzi, gusa akaza guhuriramo n’imbogamizi zikomeye atari yiteze. Mu buhamya […]
Abarundikazi b’abasirikare baherutse guhemba mugenzi wabo wabyaye abana batatu-Amafoto

Itsinda ry’abasirikare b’Abarundikazi bagera muri 17 riherutse guhemba mugenzi wabo Lt. Niyonkuru Diane wibarutse abana batatu icya rimwe, mu bitaro bya gisirikare bya Kamenge mu Ntara ya Bujumbura. Aya makuru yatangajwe n’ibiro by’igisirikare cy’u Burundi avuga ko aba basirikare basuye mugenzi wabo tariki ya 24 Gicurasi 2020. Mu byo bamujyaniye harimo ibikoresho by’umwana ndetse n’ibindi […]
Covid-19 ikomeje kwibasira ubuyobozi bukuru bw’igisirikare cya Congo Kinshasa
Icyorezo cya virusi ya Corona gihangayikishije cyane Isi, gikomeje gushegesha ubuyobozi bukuru bw’igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ku buryo mu minsi icumi ishize kimaze guhitana abasirikare babiri bakuru, mu gihe abandi benshi barwariye mu bitaro. Ku wa 29 Gicurasi ni bwo hamenyekanye inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Professeur Docteur, Général de Brigade Andy […]