U Rwanda rwakiriye umuntu utagira ubwenegihugu wari umaze igihe afungiye muri Amerika
Guverinoma y’u Rwanda kuri wa gatanu, yatangaje ko yakiriye mu buryo bw’ubugiraneza uwitwa Adham Amin Hassoun utagira ubwenegihugu, nyuma y’uko arangije igifungo muri gereza yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika yari afungiyemo. Itangazo Guverinoma y’u Rwanda yasohoye, rivuga “Hassoun yimuriwe mu Rwanda mu ntangiriro z’iki cyumweru hakurikijwe amasezerano yo mu 1954 yerekeye Sitati y’abantu […]
Rwanda: Abanduye Covid-19 biyongereyeho 19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 24 Nyakanga 2020 yatangaje ko abamaze kwandura icyorezo cya Covid-19 biyongereyeho 19 mu bipimo 2491 byafashwe. Kigali yabonetsemo abanduye 12 bahuye n’abanduye mu bice byibasiwe n’imidugudu iri mu kato. Rusizi yabonetsemo 5, Nyamasheke ibonekamo 1 na Kirehe ibonekamo 1. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 900 barimo 11 […]
Byinshi wamenya ku gace ka Machu Picchu kavumbuwe kuri iyi tariki
Uyu munsi ni ku wa Gatanu tariki 24 Nyakanga. Ni umunsi wa 206 mu minsi isanzwe igize umwaka. Uyu mwaka usigaje iminsi 160 ngo ugere ku musozo Tariki ya 24 Nyakanga 1911, umuvumbuzi w’Umunyamerika Hiram Bingham yavumbuye agace ka Machu Picchu gaherereye mu shyamba rya Amazone ku gihugu cya Peru. Aka gace gafite umwihariko wo […]
EAC yategetse ko amabendera yayo yururutswa mu kunamira Benjamin Mkapa
Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, wasohoye itangazo ritegeka ibihugu byose biwugize kururutsa amabendera yawo ari ku butaka bwabyo, uhereye none kugeza igihe Benjamin William Mkapa azashyingurirwa, mu rwego rwo kumuha agaciro. Mbere y’uko iri tangazo risohoka, Perezida Uhuru Kenyatta, yari yategetse icyunamo cy’iminsi 3 mu gihugu hose, ndetse ibendera ry’igihugu n’irya EAC akazamanurwa uhereye kuwa […]
Burundi: Abapolisi 12 birukanwe bazira ibyaha birimo ubujura
Polisi y’u Burundi kuri uyu wa gatanu, yerekanye abantu 34 bakurikiranweho ibyaha bitandukanye barimo abapolisi bayo 12 bakurikiranweho ibyaha by’ubujura na ruswa bamaze kwirukanwa ku mirimo yabo. Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, Pierre Nkurikiye, yabwiye itangazamakuru ko itsinda rya mbere muri bariya bantu 34 berekanwe rigizwe n’abantu 16 barimo abapolisi 12 n’abasivile bane. Batanu mu […]
Umusanzu wa Benjamin Mkapa warenze Tanzania_Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa 24 Nyakanga 2020 yatangaje ko umusanzu wa Benjamin Mkapa waraye apfuye warenze Tanzania yabereye Umukuru w’Igihugu. Mu masaa sita y’ijoro ry’uyu munsi ni bwo Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli yatangaje ko Benjamin Mkapa yapfuye. Uyu musaza wavutse mu 1938 yaguye mu bitaro bya […]
Rulindo: Arasaba ko musaza we wajyanwe mu nzererezi na se arengana kurekurwa
Izere Jeanette wo mu mudugudu wa Bitare, akagari ka Taba ho mu murenge wa Rusiga w’akarere ka Rulindo, aratabariza musaza we asaba ko yarenganurwa nyuma yo kujyanwa mu kigo kinyurwamo by’igihe gito (Transit Center) nyamara nta cyaha na kimwe yigeze akora. Izere avuga ko ku wa 12 Kamena ari bwo musaza we witwa Uwireba Patrice […]
Ijambo rimwe ryatumye Pasiteri Bugingo Aloysius atwika Bibiliya

Pasiteri Aloysius Bugingo washinze itorero rya House Prayer Ministries International riri mu mujyi wa Kampala muri Uganda, yigeze gutwikisha Bibiliya bitewe n’ijambo rimwe gusa. Yabikoze ku munsi wa Pasika wabaye tariki ya 16 Mata 2017, nyuma yo gusanga hari Bibiliya yavugaga ko ziyobya, bitewe n’amagambo abiri avuga ku mwuka wera, yemeje ko ahabanye. Mu Cyongereza, […]
Couples 5 z’ibyamamare mu Rwanda ziri kubica bigacika

Muri iyi minsi mu Rwanda hamaze iminsi amakuru atandukanye avuga ku byamamare nk’abahanzi, abanyamakuru, abakina imikino itandukanye, abanyapolitiki n’abandi. N’ubwo bisigaye byoroshye kumenya ubuzima bayeho, usanga hari amakuru y’ibanga ajyanye n’urukundo abakunzi b’ibyamamare batamenya ku buzima bwabyo. Uyu munsi iyi nkuru irakwereka ‘couples’ 5 z’ibyamamare mu Rwanda utaruzi, inagusangize ku buzima bwabyo. 1.The Ben na […]
Huye: Umwana w’imyaka 14 yahondaguwe n’abashinzwe umutekano akanguka ari mu bitaro

Uwitwa Rukundo Emmanuel wo mu mudugudu w’Umuyange, mu kagari ka Gahororo ho mu murenge wa Karama w’akarere ka Huye, aratabaza asaba ubutabera nyuma y’uko abashinzwe umutekano abazwi nk’irondo ry’umwuga bamusanze mu nzira baramuhondagura bamugira intere nyamara ntacyo akoze. Mu ma saa tanu yo ku wa kabiri tariki ya 21 Nyakanga nk’uko Rukundo yabisobanuriye BWIZA nyuma […]
Habonetse imirambo y’abasirikare 28 bagerageje guhirika Omar Bashir mu 1990
Mu mu mujyi wa Omdurman muri Sudani, kuri uyu wa 23 Nyakanga 2020 habonetse imirambo y’abasirikare bakuru 28 bagerageje guhirika ubutegetsi bwa Omar al Bashir mu 1990. Aya makuru yemejwe n’umushinjacyaha Tagelsir Al-Hebr kuri uyu wa Kane, yemeza ko gushakisha iyi mirambo biri mu bigize iperereza ku byaha Gen. Bashir ashinjwa ubwo yari ku butegetsi. […]
M23 yongeye kugaragara muri RDC ivuga ko ishyigikiye Perezida Tshisekedi
Umutwe wa Mars 23 (M23) wongeye kugaragara muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo wemeze ko ushyigikiye Umukuru w’Igihugu uriho, Felix Tshisekedi. Umuyobozi w’uyu mutwe, Bertrand Bisimwa mu itangazo yasohoye tariki ya 17 Nyakanga 2020, yemeje ko bamwe mu bahoze ari abarwanyi b’uyu mutwe bayobowe na Gen. […]
Uganda : Leta igiye gutanga udukingirizo miliyoni 500 ku baturage
Guverinoma ya Uganda yatangaje ko igiye gutanga udukingirizo turenga miliyoni 500 tw’ubuntu ku batuage bayo mu rwego rwo kubafasha kwirinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatatu uwo Minisiteri y’Ubuzima muri iki gihugu yashyikirizwaga udukingirizo miliyoni 100 ku ikubitiro, ikaba yatangaje ko utwo iteganya kwakira twose hamwe turenga miliyoni 500 tugomba […]
Videwo ya Bruce Melody yishimana na Sacha Kate yaciye abafana ururondogoro

Nyuma y’amasaha make ngo asohore amashusho y’indirimbo “Saa Moya”, umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi muri muzika nka Bruce Melody, yagaragaye muri videwo ari kumwe na Sacha Kate wagaragaye mu mashusho y’iyi ndirimbo, bagiranye ibihe byiza. Mbere yo gushyira “Saa Moya” ku mbuga zicuruza umuziki, Melody yabanje gushyira videwo ngufi ku rukuta rwe rwa Instagram, imugaragaza we […]
TP Mazembe na Raja Casablanca zaciwe amande na CAF
Komisiyo ishinzwe imyitwarire mu mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF), yamaze guca amande ya $10,000 buri imwe amakipe ya TP Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Raja Casablanca yo muri Maroc, kubera ubushyamirane bwabaye mbere y’umukino wayahuje muri Werurwe uyu mwaka. Ku wa 07 Werurwe TP Mazembe na Raja Casablanca […]
Benjamin Mkapa wabaye Perezida wa Tanzania yapfuye

Benjamin Mkapa wabaye Perezida wa Tanzania yapfiriye mu bitaro bikuru bya Muhimbili biherereye mu mujyi wa Dar es Salaam mu ijoro ry’uyu wa 23 Nyakanga 2020. Aya makuru yemejwe na Perezida wa Tanzania uriho ubu, Dr. John Pombe Magufuli, saa sita n’iminota 48 z’ijoro ry’uyu wa 24 Nyakanga 2020. Perezida Magufuli yababajwe cyane n’urupfu rw’uyu […]
Uganda: Umuforomokazi yabaye umuntu wa 1 uhitanwe na Covid-19
Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yatangaje ko kuri uyu wa Kane umuntu wa mbere yishwe na Covid-19. Umuforomokazi w’imyaka 39 wo mu karere ka Namasindwa hafi y’umupaka wa Uganda na Kenya niwe wahitanwe bwa mbere na Covid-19 muri Uganda. Minisiteri y’ubuzima kandi ivuga ko nubwo uyu wahitanwe na Covid-19 atuye mu gace kegereye Kenya irimo ubwandu […]
Mu Rukiko: Umunyamakuru Phocas Ndayizeye ibyo yasanganywe byari guturitsa inyubako zikomeye
Ubushinjacyaha bwagaragaje ko bukurikije bimwe mu bikoresho byafatanwe Phocas Ndayizera n’ubusesenguzi bwakozwe n’inzobere mu bya gisirikare bwasanze bifite ubushobozi bwo kwangiza inyumako zikomeye. Mu rubanza rwitiriwe umunyamakuru Phocas Ndayizera, ubushinjacyaha buvuga ko hari ibikoresho byafatanwe uyu munyamakuru byari bifite ubushobozi bwo guturika no kwangiza bimwe mu bikorwa remezo by’u Rwanda nk’inzu zikomeye, ibiraro n’ibindi. Inkuru […]
Nyagatare,Ngoma na Kayonza hamenwe litiro 940 z’inzoga
Polisi ikorera mu ntara y’Iburasirazuba mu turere twa Nyagatare, Ngoma na Kayonza yafashe abaturage batanu bacuruzaga bakanakora inzoga zitujuje ubuziranenge ndetse zihita zimenwa. Muri litiro 940 z’ibinyobwa byafashwe harimo ibyitwa, Magwingi, Viki n’ibikwangari. Mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Tabagwe hafatiwe litiro 420 z’ikinyobwa kitwa Magwingi. Mu karere ka Kayonza mu murenge wa Ndego […]