Burera: Barishyuza rwiyemezamirimo Frw miliyoni 4

Abaturage bo mu karere ka Burera by’umwihariko abo mu murenge wa Kinyababa, barasaba inzego zo hejuru kubishyuriza rwiyemezamirimo Murengezi Jean de Dieu bavuga ko yabambuye agera kuri miliyoni enye z’amafaranga y’u Rwanda (4,000,000 Frw) kandi ko biyambaje ubuyobozi bw’akarere bukabarangarana none imyaka ikaba imaze kuba hafi itatu amaso yabo yaraheze mu kirere. Umunyamakuru wa BWIZA […]

Amafoto: Abana b’irerero rya PSG bageze i Kigali, batura Perezida Kagame intsinzi

Mudaheranwa yatanze ubutumwa mu izina rya FERWAFA

Kuri uyu wa 7 Kamena 2023 ni bwo ikipe y’abana batarengeje imyaka 11 n’iy’abatarengeje 13 y’amavuko barererwa mu irerero rya Paris Saint Germain (PSG) riri mu Karere ka Huye bageze i Kanombe mu masaa munani n’igice bavuye mu mu Bufaransa mu irushanwa ryahuzaga amarerero yose y’iyi kipe ku Isi rizwi nka PSG Academies World Cup […]

Me Gisagara yanenze urukiko rwanzuye kutaburanisha Kabuga

Impuguke mu mategeko mpuzamahanga, Me Richard Gisagara, yanenze urukiko rwanzuye kutaburanisha Félicien Kabuga ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu kiganiro yagiranye n’urwego rw’igihugu rw’itangazamakuru, Me Gisagara yavuze ko kuba Kabuga atazongera kwitabira urubanza bisobanuye ko ubutabera budatanzwe. Ati: “Birababaje kubona birengagije igihe byatwaye kugirango afatwe, bakirengagiza amafaranga yakoreshejwe kugira ngo bamufate, […]

Dore uko wakwitwara mu gihe ufite ubushake bw’imibonano uwo mwashakanye atabishaka

unhappy-relationship.jpg

Kimwe mu bisenya ingo ni ukuba umwe ashaka ishimishamubiri undi atabikozwa. Aha rero igishobora gukemura iki kibazo ni ibiganiro hagati yanyu. Ufite ubushake bwinshi agasobanurira mugenzi we icyo agamije. Byaba bidashoboka mukabyihorera kuko kiriya ni igikorwa kizana umunezero iyo mwahuje urugwiro. Umwe unyotewe iyo ashatse guhatiriza birangira umubano wanyu ujemo agatotsi kuko biri mu bisenya […]

Lutundula yasabye ingabo za EAC gufasha RDC

Lutundula abona nta busugire buri mu bice ingabo za EAC zigenzura

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Christophe Lutundula, yasabye ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) zigenzura bimwe mu bice byo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru gufasha igihugu cye gusubirana ubusugire. Lutundula mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru tariki ya 5 Kamena 2023, yatangaje ko yumva amakuru y’uko umutwe witwaje intwaro wa M23 wavuye muri […]

Rurageretse hagati ya nyiri Red Blue JD n’umunyamakuru

Umunyamakuru Abayo Yvette Sandrine umenyerewe mu byegeranyo binyura ku muyoboro wa YouTube ye, ndetse akaba yanakoreye ibitangazamakuru bitandukanye, aravuga ko kompanyi ya Red Blue JD avuga ko ihagarariwe na Dushimimana Jackson yamwambuye hakiyongeraho kumwibasira hashingiwe ku kuba ari igitsina gore (sexual harrassment). Abayo abinyujije ku muyoboro we wa YouTube, yagaragaje uburyo ngo yambuwe n’iyi kompanyi […]

Perezida Kagame yaba aherutse kwakira intumwa ya Joseph Kabila

Ikinyamakuru Africa Intelligence ku wa Kabiri w’iki cyumweru cyanditse ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aheruka kohereza intumwa ku bakuru b’ibihugu by’uturere Congo iherereyemo; barimo na Paul Kagame w’u Rwanda. Iki gitangazamakuru kivuga ko mu byumweru bishize ari bwo Kabila yohereje intumwa ze muri za Perezidansi z’ibihugu bitandukanye. […]

Perezida Ruto yishongoye kuri Uhuru Kenyatta

Perezida wa Kenya, William Ruto yishongoye kuri Uhuru Kenyatta wahoze amukuriye mu kazi ko kuyobora iki gihugu, asubiramo uko yatsinze umunyapolitiki Raila Odinga utavuga rumwe n’ubutegetsi. Ibi Ruto yabivugiye mu muhango wo gusengera igihugu kuri uyu wa 7 Gicurasi 2023, avuga ukuntu bitangaje kuba yari Visi Perezida ariko kandi agahinduka utavuga rumwe n’ishyaka rya Uhuru […]

Joseph Kabila abona Tshisekedi nk”umunyagitugu ukwiriye guhashywa’

Amakuru aturuka muri Congo Kinshasa aravuga ko ishyamba ritakiri ryeru hagati ya Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida w’iki gihugu na Félix Tshisekedi wamusimbuye ku butegetsi, ku buryo umwe asigaye afata undi nk’ ‘umunyagitugu ukwiriye guhashywa’. Ni Kabila kuri ubu umaze imyaka ine yaracecetse, kuva muri 2019 ubwo yahererekanyaga ubutegetsi yari amazeho imyaka 18 na […]

Abasirikare ba Uganda barokotse igitero bamaze iminsi batunzwe n’inkari

Hari abasirikare ba Uganda bamaze iminsi itandatu banywa inkari zabo kugira ngo bashobore kubaho aho bari bihishe ingabo za Al Shabab muri Somalia. Inkuru dukesha ikinyamakuru The Daily Monitor, ivuga ko aba basirikare bagera kuri bane batorotse igitero bari bagabweho n’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabab ku itariki 26 Gicurasi 2023, aho ngo bamaze iminsi itandatu […]

Ibyiza byo kurya Avoka by’umwihariko ku bagore batwite

Urubuto rw’avoka, ni zimwe mu mbuto usanga abantu benshi bakunda ku buryo batafata amafunguro rutariho.Avoka nirwo rubuto rwonyine rukungahaye ku mavuta kurenza izindi mbuto zo zikungahaye ku isukari. Umugore utwite acyenera intungamubiri nyinshi, vitamini ndetse n ibimurinda indwara. Kurya avoka byibuza imwe ku munsi, ni kimwe mu byamufasha kubungabunga ubuzima bwe n ubw uwo atwite. […]

Ibyago ku muntu ukunze kugira ikibazo cya rezo na interineti igenda gake

Igereranya rya rezo na interneti bike hamwe n'ibindi byinshi n'uburyo ingufu z'imirasire zinjira mu mubiri

Rezo na interineti bigenda gake ni ikibazo abenshi bakoresha telefone ngendanwa binubira kubera ko cyangiriza itumanaho hagati y’uyu n’undi, by’umwihariko mu gihe bahamagarana. Umuhanga mu bugenge bwa nikeleyeri, Dr Mukarukaka Annely, mu gitabo cy’ubushakashatsi aherutse gukora cyitwa ‘Proper Utilization of Technology Particularly Mobile Phones’, yagaragaje ko ukoresha telefone ifite ‘rezo’ na interineti bigenda gake, aba […]

RDF yasobanuye icyo abasirikare barimo ba Jenerali bayirukanwemo bazize

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyasobanuye ko abasirikare barimo ba Jenerali bacyirukanwemo bazize impamvu zirimo ibyaha bakoze cyangwa imyitwarire mibi itajyanye n’umwuga wa gisirikare, ku buryo hari abazakurikiranwa n’inkiko. Mu ijoro ryakeye ni bwo Perezida Paul Kagame yirukanye muri RDF abasirikare bakuru 16; barimo babiri bo ku rwego rwa ba Jenerali. Aba ni Maj Gen Aloys […]

Byemejwe ko Kabuga atazongera kuburana

Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye, IRMCT, rwanzuye ko Kabuga Félicien ukurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atazarusubiramo ngo aburanishwe kuko atabifiye ubushobozi bw’umubiri. Uru rukiko ku rubuga rwarwo rwagize ruti: “Urukiko rwasanze Bwana Kabuga atagishoboye kwitabira urubanza rwe.” Kandi ngo nta cyizere cy’uko yazongera gutora agatege mu gihe kizaza. Abacamanza b’uru rukiko basobanura ko batavuga […]

Urukiko rwemeje bidasubirwaho ko Maj. Karangwa atazoherezwa mu Rwanda

Urukiko rw’ikirenga rwo mu Buholandi rwashimangiye icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda umwe mu bakekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Major Karangwa Pierre-Claver. Iki cyemezo cyari cyarafashwe n’urukiko rw’ibanze mu Gushyingo 2022. Rwasobanuye ko bitewe n’uko Karangwa ari umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, abaye yoherejwe i Kigali, ashobora kutabona ubutabera. Leta y’u Buholandi […]

Kenya: Ibiro bya Perezida bigiye kugurisha imodoka 13 kuri make

Ibiro bya Perezida wa Kenya byatangaje ko tariki ya 16 Kamenaa 2023 bizagurisha ku mafaranga make imodoka 13 mu zo byari bisanzwe bikoresha. Nk’uko itangazo ikinyamakuru The Kenyans kivuga ko cyabonye ribivuga, izi modoka zirimo: Toyota van imwe, Ranger Rover eshatu, Toyota Prado TX eshatu, Toyota Landcruiser V8, Mercedes Benz E200, Mitsubishi Pajero na Nissan […]

Kagame yazamuye mu ntera abapolisi barenga 4,000 barimo ba Komiseri

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’inzego z’umutekano z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abapolisi barenga 4,000 barimo ba Komiseri, Ofisiye bakuru, abato n’abapolisi basanzwe. Mu ijoro ryakeye ni bwo Umukuru w’Igihugu yazamuye mu ntera aba bapolisi. Byari nyuma y’uko Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Kabiri tariki ya 06 Kamena yemeje iteka rya Perezida rizamura mu […]

Dosiye ya Biselele ushinjwa gukorana n’u Rwanda yabuze

Urukiko rw’ubujurire rwa Kinshasa rwabuze dosiye ya Fortunat Biselele ushinjwa n’ubutegetsi bwa Repubulila ya demukarasi ya Congo gukorana n’u Rwanda. Radio Okapi yatangaje ko dosiye ya Biselele wabaye umujyanama wihariye wa Perezida Félix Tshisekedi yabuze mu bubiko bw’urukiko kuri uyu wa 6 Kamena 2023. Urukiko rwahise rufata umwanzuro wo gusubika urubanza, rukazasubukurwa ari uko iyi […]

Perezida Kagame yirukanye muri RDF ba Gen Aloys Muganga na Francis Mutiganda

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yazirukanyemo abarimo Maj Gen Aloys Muganga na Brig Gen Francis Mutiganda. Gen Muganga yakoze imirimo itandukanye mu ngabo z’u Rwanda irimo kuba Umuyobozi w’Ishuri rya Gisirikare ry’i Gako ndetse no kuba Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, ubwo muri 2018 yahabwaga izi nshingano asimbuye Gen. Fred […]