Dr Kayumba wari waragizwe umwere yasabiwe gufungwa imyaka 10 n’igice

Ubushinjacyaha bwasabye urukiko rukuru guhamya Dr Kayumba Christopher wabaye umwarimu muri kaminuza y’u Rwanda, icyaha cyo gusambanya umuntu ku gahato, maze rukamukatira igifungo cy’imyaka 10 n’amezi 6. Dr Kayumba uregwa gusambanya uwari umukozi mu rugo rwe no kugerageza gusambanya uwari umunyeshuri we muri kaminuza, yagizwe umwere n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge tariki ya 22 Gashyantare 2023, […]

Umuyobozi wa Rayon Sports wutswe inabi azira APR FC yeguye

Rukundo Patrick wari ukuriye komite nkemurampaka muri Rayon Sports, yeguye kuri izo nshingano nyuma yo kotswa igitutu n’abafana b’iriya kipe. Uyu mugabo yiswe “umunyenda nini ndetse n’umugambanyi” n’abafana ba Rayon Sports, nyuma yo kugaragara mu ruhame yambaye umwambaro wa APR FC. Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu yari yagiye kuyishyigikira ku Cyumweru, ubwo yari yakiriye Pyramids FC […]

Lt Col. Higiro yarahiriye gufata abo yise ‘inzererezi z’abanyamahanga’ babunza ibicuruzwa

Umuyobozi w’agateganyo w’Inkeragutabara mu ntara y’Amajyaruguru, Lieutenant Colonel Higiro Vianney, yasabye ko abanyamahanga yise “inzererezi” babunza ibicuruzwa mu Rwanda kandi bitemewe, bafatwa. Lt Col. Higiro waganirizaga abaturage bo mu karere ka Musanze, yavuze ko aba banyamahanga bazwi bacuruza imiti bavuga ngo ivura ubugabo, ibintu Leta y’u Rwanda itemera. Yagize ati: “Tumaze iminsi duhura n’abantu b’inzererezi […]

Uko Ndayishimiye yapfubije gahunda ya SADC yo kohereza ingabo zayo muri Congo

Ku itariki ya 05 Nzeri 2023 Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yafashe icyemezo cyo kongera manda y’Ingabo za EAC zoherejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugeza mu Ukuboza. Ni icyemezo Congo yafashe mu gihe hari hashize igihe gito Perezida Félix Antoine Tshisekedi anenga umusaruro w’izi ngabo, nyuma y’uko zanze kujya mu mirwano n’inyeshyamba zo […]

15 FARDC soldiers killed during clashes with Mobondo militiamen

Soldiers from the 11th military region of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo were killed during violent clashes with Mobondo militiamen. The events took place during the day of Sunday September 17 in the village of Mulosi, located between Kabuba and Batshongo, in the territory of Kenge (Kwango). The information was delivered […]

Nyamirambo:Inkongi y’umuriro yibasiye isoko ryo mu Miduha

Inkongi yangije byinshi ariko Polisi yahise ihagoboka

Kuri uyu wa Mbere taliki 18 Nzeri 2023 mu karere ka Nyarugenge umurenge wa Nyamirambo Akagali ka Rugarama hagaragaye inkongi y’umuriro yibasiye Isoko rizwi nk’irya Miduha yangiza ibirimo imyaka n’ibindi bikoresho. Ni inkongi yabaye ahagana mu masaha ya Saa 14h:00 aho benshi bahise bakwira imishwaro bakimara kubona uwo muriro bagerageza kwirwanaho barokora bimwe mu bicuruzwa […]

Kagame a présidé le Conseil consultatif présidentiel à  New York

Le président Paul Kagame a présidé dimanche 17 septembre la réunion du Conseil consultatif présidentiel (PAC) qui a discuté de solutions innovantes et pratiques pour soutenir le progrès socio-économique du Rwanda. La réunion qui a réuni des experts rwandais et internationaux qui offrent des conseils stratégiques au président et au gouvernement a également discuté des […]

Abasirikare 15 ba FARDC biciwe mu mirwano yabahuje n’inyeshyamba za Mobondo

Abasirikare 15 bo mu karere ka 11 ka gisirikare k’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo baguye mu mirwano ikaze yabahuje n’inyeshyamba za Mobondo. Ibi byabereye ku munsi wo ku Cyumweru, itariki ya 17 Nzeri mu mudugudu wa Mulosi, uherereye hagati ya Kabuba na Batshongo, muri Teritwari ya Kenge mu Ntara ya Kwango. Aya makuru […]

Ikibazo cyo kurangiza vuba: Uburyo bwiza bwo gutera akabariro no gushimisha uwo mwashakanye

Kurangiza vuba (Premature ejaculation) ni ikibazo gikomerera abashakanye ahanini kiri guteza impagara no gusenyuka ku ngo nyinshi. Kurangiza vuba bivugwa igihe umugabo arangiza (asohora) mbere y’uko akora imibonano cyangwa se hatarashira iminota ibiri ari mu gikorwa. Ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere kubijyanye n’ubuzima bwi’imyororokere kukinyamakuru (Healthline.com) bugaragaza ko nibura umugabo umwe mugabo batatu aba afite iyo nenge, […]

ADEPR irahamya ko nta nkunga yahabwa yatuma yemera ubutinganyi

Umushumba Mukuru w’itorero ADEPR, Rev. Past. Ndayizeye Isaie, aravuga ko nta nkunga ryahabwa ryatumye ryemera abari mu muryango w’abaryamana bahuje ibitsina witwa LGBTQ, bazwi nk’abatinganyi. Ibi Pasiteri Ndayizeye yabivuze asobanura ku makuru yahwihwishijwe ko yaba yarahawe “amafaranga kugira ngo yakire abatinganyi”, bigendanye n’inkuru y’Umunyamerikakazi Kake Cheys wagaragaye azunguza igitarambaro cy’amabara avanze mu rusengero rwa Nyarugenge. […]

USA iratabaza abaturage, bayifashe gushakisha indege yayo y’intambara

Igisirikare cya Leta zunze ubumwe za Amerika kiratabaza abaturage ngo bagifashe gushakisha indege yayo y’intambara, ya Falcon F-35, yaburiwe irengero muri Leta ya South Calorina. Nk’uko BBC ibivuga, umupilote yatwaraga iyi ndege mu masaha y’ikigoroba cyo kuri uyu wa 17 Nzeri 2023, aza kuyisohokamo, arasimbuka, yo irabura. Abayobozi muri iki gisirikare baravuga ko bashakira iyi […]

Kiyovu Sports yatakambye isaba kurenganurwa

20230918_120023.jpg

Ikipe ya Kiyovu Sports yandikiye FERWAFA iyisaba kuyirenganura, nyuma y’”akarengane” imaze iminsi ikorerwa n’abasifizi. Ni ibikubiye mu ibaruwa Perezida w’iyi kipe, Ndorimana Franà§ois Régis ‘Jenerali’ yandikiye FERWAFA. Muri iyi baruwa Kiyovu Sports yavuye imuzi uburyo yagiye yibirwa mu mikino ya shampiyona iheruka guhuriramo n’amakipe ya Muhazi United na Gasogi United; ibyo ivuga byatumye itakaza amanota […]

U Burundi buri gutegura ingabo zizoherezwa muri Kivu y’Amajyaruguru iza EAC nizihava

Igisirikare cy’u Burundi kiri gutegura ingabo zizoherezwa muri Kivu y’Amajyaruguru gufasha Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo igihe ingabo za EAC zizaba zivuye muri iki gihugu nk’uko byatangajwe n’umwe mu basirikare b’u Burundi. Mu gihe kirekire, amasezerano y’ibanga hagati y’ibihugu byombi yemereye u Burundi kohereza ingabo zo guhiga imitwe y’inyeshyamba z’Abarundi za RED-Tabara na […]

Kirehe:Rurageretse hagati y’abaturage na Gitifu hafi gufatana mu mashati

Mu Ntara y’Iburasirazuba mu karere ka Kirehe umurenge wa Kirehe, haravugwa ubushyamirane bw’umumurengera hagati y’abaturage n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Nyabikokora, aho uyu muyobozi abatuka mu ruhame. Aba baturage bashinja uyu gitifu ko abatuka akanabacyocyora mu ruhame kugeza ubwo hari umuturage bari bagiye gufatana mu mashati ariko bakabakiza ku bw’amahirwe bigarukira hafi.Aha abaturage batanga urugero ko […]

Nyaruguru: Umubyeyi yabyaye impanga eshatu

Uwimana Josiane w’imyaka 32, mu ijoro ryo ku wa 15 Nzeri 2023 yabyariye neza abana batatu (babiri b’abahungu n’umwe w’umukobwa) mu kigo nderabuzima cya Kabilizi giherereye mu murenge wa Rusenge mu karere ka Nyaruguru. Ni ibintu bidasanzwe kuko ubusanzwe amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima, avuga ko umubyeyi agomba kwipimisha agitwite, yasanga ari impanga akazabyarira mu bitaro. […]

Hagiye kwifashishwa drones mu kurwanya ibikorwa byangiza ibidukikije

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) na Minisiteri y’ibidukikije byatangije ikoreshwa ry’indege zitagira abapilote mu kurwanya ibyaha byibasira ibidukikije. Ibyaha byibasira ibidukikije ni igikorwa kitemewe cyangiza ibidukikije kandi nicyo cyaha cya kane gikorwa n’abantu benshi ku Isi. Ni icyaha cyiyongera ku rugero rwa gatanu na karindwi ku ijana buri mwaka, nk’uko raporo zibitangaza. Indege zitagira abadereva (drones) […]

Gusenga biri mu bintu bifasha umuntu ufite uburwayi bwo mu mutwe-Ubushakashatsi

Ubushakashatsi bugaragaza ko gufata umwanya ugasenga biri mu bintu bifasha umuntu ufite uburwayi bwo mu mutwe ariko ku bantu bataragera ku rwego rwo gufata imiti. Inzobere mu mitekererezo ya muntu muri minisiteri y’Ubuzima, bavuga ko uburyo bwiza bwo gukira uburwayi bwo mu mutwe harimo no gusenga, ariko bikarushaho iyo ufite umuntu ubwira ibibazo byawe wizeye […]

Umuhanzi w’Umunyarwanda yapfiriye muri Canada

Kagahe Ngabo Calvin wamenyekanye mu muziki nyarwanda nka Young CK, yapfiriye muri Canada. Kugeza ubu ntibizwi intandaro y’urupfu rw’uyu muhanzi byamenyekanye ko yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Nzeri 2023. Young CK wamenyekanye mu ndirimbo nka ‘Umurava’, ‘Umugabo,…yari atuye i Ottawa mu murwa mukuru wa Canada. Yaherukaga kwitabira igitaramo yahuriyemo […]

Yataye urugo agaruka nyuma y’imyaka 51 baramwibagiwe

Umuryango utuye mu gace ka Homa Bay Sub-County urimo kwishimira kugaruka k’umusaza w’imyaka 81 wari warataye urugo imyaka 51 nyuma yo kutumvikana na murumunawe ahagana mu 1972. Joseph Odongo yavuye iwe mu mudugudu wa Riwa, mu burengerazuba bwa Kanya afite imyaka 30. Ibi byabaye nyuma yo kutumvikana na bamwe mu bagize umuryango we ariko by’umwihariko […]

Gen. Cirimwami ‘wafashaga’ Wazalendo agiye gusubizwa muri Kivu y’Amajyaruguru

Gen. Maj. Peter Cirimwami uvugwaho gufasha imitwe yitwaje intwaro ihuriye muri Wazalendo agiye gusubizwa ku buyobozi bw’ibikorwa bya gisirikare mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC). Cirimwami yahawe iyi nshingano n’Umugaba Mukuru w’ingabo za RDC, Lt Gen. Christian Tshiwewe, abitegetswe na Perezida Félix Tshisekedi. Ni ko amakuru aturuka muri RDC […]

Aba-Rayon bakije umuriro ku muyobozi wabo wagaragaye yaserutse mu mwambaro wa APR FC

Abafana b’ikipe ya Rayon Sports bibasiye bikomeye Rukundo Patrick ukuriye komite nkemurampaka muri iriya kipe, nyuma yo kugaragara yambaye umwambaro wa APR FC. Ku Cyumweru tariki ya 17 Nzeri ni bwo Rukundo yagaragaye muri Kigali Pele yambaye umupira w’ibara ryera w’Ikipe ya APR FC. Uyu mugabo ni umwe mu bari bagiye gushyigikira iyi kipe y’Ingabo […]

Ikirango cy’Umujyi wa Khartoum cyafashwe n’inkongi nyuma y’imirwano ikaze

Inyubako zafashwe n’inkongi y’umuriro mu murwa mukuru wa Sudani nyuma y’imirwano ikaze hagati y’ingabo za leta n’ingabo z’umutwe wa RSF bahanganye. Amashusho yashyizwe kuri internet ku Cyumweru yerekanye umuturirwa w’icyitegererezo i Khartoum wa Greater Nile Petrole Oil Company urimo uragurumana. Mu butumwa yanditse kuri X, yahoze yitwa Twitter, Tagreed Abdin, umwubatsi w’iyi nyubako, yagize ati: […]

Congo yanyomoje iby’ihirikwa ku butegetsi rya Perezida Sassou N’guesso

Guverinoma ya Repubulika ya Congo-Brazzaville yanyomoje amakuru yavugaga ko muri kiriya gihugu habayeho kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Perezida Denis Sassou N’guesso. Inkuru y’uko i Brazzaville haba hageragejwe Coup d’état ya gisirikare yavuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga no muri bimwe mu bitangazamakuru, ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 17 Nzeri 2023. Byavugwaga ko Gen Serge […]

Umujyi wa Kigali: Visi Meya na Perezida wa Njyanama ntibemeranya ku kiraro Gisozi-Karuruma kitarubakwa

Iki ni cyo kiraro cya Gisozi-Karuruma kivugwa mu nkuru

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe ibikorwaremezo, Dr Mpabwanamaguru Merard na Perezida w’inama njyanama, Dr Kayihura Muganga Didas, ntibemeranya ku mushinga w’iyubakwa ry’ikiraro cya Gisozi-Karuruma watinze gushyirwa mu bikorwa. Tariki ya 15 Nzeri 2023 ubwo abayobozi n’abakozi b’uyu mujyi bari imbere ya komisiyo y’inteko ishinga amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu, PAC, bibukijwe ko […]

Kim jong Un yasoje uruzinduko rwe mu Burusiya atahana drones z’impano

Ibiro Ntaramakuru by’u Burusiya byatangaje ko umuyobozi wa Koreya ya Ruguru Kim Jong Un yavuye mu Burusiya kuri iki Cyumweru, itariki 17 Nzeri, muri gari ya moshi ye y’umutamenwa , ubwo yasozaga urugendo rw’iminsi itandatu rwibanze ahanini ku bibazo bya gisirikare. Uru ruzinduko rwa mbere rwa Kim mu mahanga kuva icyorezo cya coronavirus cyaduka rwateye […]