Turabizi ko n’Abagande bafasha M23: Vital Kamerhe
Minisitiri w’ubukungu wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Vital Kamerhe, yatangaje ko ubutegetsi bw’igihugu cye buzi neza ko Abanyarwanda n’Abagande bafasha umutwe witwaje intwaro wa M23. Kamerhe yabitangarije mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 1 Ukuboza 2023 ubwo yari mu bikorwa byo kwamamaza umukandida Perezida Félix Tshisekedi Tshilombo wifuza kuyobora manda ya kabiri. Mu […]
Ba Pasiteri 2 ba ADEPR batawe muri yombi
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abantu bane, barimo ba Pasiteri Karamuka Frodouard wahoze akuriye Komisiyo ishinzwe imiyoborere myiza muri ADEPR na mugenzi we Mazimpaka Janvier. Uru rwego rwemeje itabwa muri yombi ry’aba bantu mu butumwa rwanyujije ku rubuga rwarwo rwa X. Abatawe muri yombi nk’uko yabisobanuye, bakurikiranweho icyaha cyo “gukora no gukoresha inyandiko […]
Rwandan troops in Mozambique are successfully protecting civilians – By Ralph Shield
Rwanda’s involvement in peacekeeping operations for the United Nations (UN) and African Union (AU) has increased since 2004. The relatively small East African nation is Africa’s most active troop-contributing country and the fourth most active worldwide. It has nearly 6,000 soldiers and police committed to UN peacekeeping missions. In recent years, however, Rwanda has deployed […]
Yago agiye kujyana muri RIB abanyamakuru bakoresheje umukobwa umushinja kumutera inda
Mu kwezi gushize ku Ugushyingo nibwo ku muyoboro umwe wa You Tube hagaragaye umukobwa wumvikanye ashinja Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago amushinja ko yamuteye inda nyuma y’uko amwimye amafaranga yo kugura ikinini kica intanga ze. Uyu mukobwa yavuze ko ngo yaryamanye na Yago hanyuma ngo amusaba amafaranga ibihumbi bitanu byo kugura ikinini cyo kwica intanga […]
Mbarara: Hafashwe abagabo babiri bibaga imirambo mu bitaro
Igipolisi cya Uganda muri Mbarara cyataye muri yombi abagabo babiri bashinjwa kwiba imirambo mu Bitaro by’Icyitegererezo by’Akarere ka Mbarara. Umuvugizi w’ibi bitaro, Halson Kagure, kuri uyu wa kane ushize yavuze ko nubwo amabwiriza avuga ko umurambo w’umuntu wapfuye ugomba kubanza kunyuzwa mu bitaro ngo ukorerwe ibizamini, abakekwa n’ibyitso byabo bavugwaho kuba baribaga imirambo bakayiha benewabo […]
L’UA s’appràªte à récupérer les avoirs « volés » de l’Afrique
L’Union africaine (UA) a officiellement adopté jeudi la Position africaine commune sur le recouvrement des avoirs (Capar) lors de la 45e réunion du Conseil consultatif de l’UA contre la corruption (AUABC) tenue à Arusha, en Tanzanie, rapporte The Citizen. Capar est un instrument de récupération des avoirs volés en Afrique. La secrétaire exécutive de l’AUABC, […]
CECAFA: Amavubi U-18 yandagaje Sudani, agera muri ½
Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ y’abatarengeje imyaka 18 yageze muri ½ cy’irangiza cya CECAFA, nyuma yo kunyagira Sudani ibitego 3-0. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa ¼ cy’irangiza wabereye kuri Stade ya Kisumu muri Kenya. Byasabye umunota wa 36 w’umukino ngo abasore b’umutoza Kayiranga Baptiste bafungure amazamu, ku gitego cyatsinzwe na Ndayishimiye Didier. Amavubi yatsinze igitego […]
Gahunda y’u Rwanda izadufasha kurokora za miliyari: Sunak
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yatangaje ko gahunda y’ubufatanye bw’igihugu cye n’u Rwanda mu gukemura ibibazo by’abimukira n’iterambere ry’ubukungu izabafasha kurokora miliyari z’amapawundi. Sunak yabitangarije abanyamakuru kuri uyu wa 1 Ukuboza 2023 ubwo yari yerekeje i Dubai mu nama ya 28 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku guhangana n’ihindagurika ry’ibihe, izwi nka COP28. Uyu muyobozi yabameneyesheje […]
Master Fire yarangije Kaminuza yari amazemo imyaka 18
Hakizimana Innocent wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Master Fire, yasoje Kaminuza nyuma y’imyaka 18 yari amaze ayiga. Uyu muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo zirimo iyitwa mtoto wa kijiji, ari mu banyeshuri 788 kuri uyu wa Gatanu bahawe impamyabumenyi, nyuma yo gusoza amasomo muri Kaminuza ya UTAB. Umuhango wo guha impamyabumenyi aba banyeshuri wabereye ku cyicaro cy’iriya […]
3% by’abatuye u Rwanda bari hagati y’imyaka 15-19 bafite virusi itera SIDA.
Ubushakashatsi bugaragaza ko umubare munini w’ubwandu bushya ugera kuri 3% by’abatuye u Rwanda bari hagati y’imyaka 15-19 bafite virusi itera SIDA. Abafite virusi itera SIDA baravuga ko ingamba zafashwe mu kwita ku banduye Raporo y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rirwanya Sida UNAIDS, igaragaza ko bitewe n’ingamba zafashwe n’abafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA ko kutagakwirakwiza bizatuma mu 2030 […]
Mu Rwanda mfite ifamu y’imbwa: Sina Gérard
Umushoramari Sina Gérard yatangaje ko guhorana udushya kwatumye atangira umushinga wo korora imbwa, kuri ubu akaba afite icyo yise « ifamu » yazo kandi ngo azikuramo amafaranga menshi arenze ava mu matungo menshi asanzwe. Ibi yabibwiye abanyeshuri bo muri kaminuza ya UTAB kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2023 ubwo biteguraga ibirori byo gusoza amasomo bizwi nka ‘graduation […]
RDC: Ububiko bwa Komisiyo y’amatora bwibasiwe n’inkongi y’umuriro
Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, itariki ya 29 Ugushyingo 2023, ahagana mu ma saa mbiri n’iminota 15 z’ijoro, inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ishami rya Komisiyo yigenga ishinzwe amatora ya RDC (CENI) ahitwa Bolobo, mu Ntara ya Mai Ndombe. Iyi nkongi yangije burundu inyubako y’ububiko, bitera igihombo kinini cy’ibikoresho kuri CENI. Mu bikoresho byahiye bigakongoka […]
Kwamamara bigiye kwica abahanzi ba Uganda-Eddy Kenzo
Eddy Kenzo uri mu byamamare bikomeye mu gihugu cya Uganda, aravuga ko ubwamamare mu bahanzi bo muri iki gihugu bigiye kubamara . Kenzo avuga ko ubundi umuhanzi yakabaye yicisha bugufi haba mu itangazamakuru no ku muturage ariko ngo kubahanzi bo muri Uganda si uko bimeze kuko usanga bazamura intugu iyo bagize amahirwe yo kumenyekana. Ati: […]
Umunyeshuri wiga muri Kaminuza y’u Rwanda akurikiranweho gukuramo inda
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 1 Ukuboza 2023, abashinzwe isuku muri Kaminuza y’u Rwanda i Huye basanze umwana w’uruhinja, bigaragara ko yari afite amezi 8 n’iminsi mikeya, mu gatebo k’imyanda kari ku macumbi y’abakobwa azwi nka Benghazi. Umwe mu banyeshuri ba kaminuza niwe ukekwaho gukuramo inda yarangiza akajugunya uruhinja mu gatebo […]
M23 yavuze ku makuru y’uko yaba yaritabaje abacancuro b’abazungu
Umutwe wa M23 wanyomoje amakuru amaze igihe avuga ko waba waritabaje abacancuro b’abazungu, kugira ngo bawufashe guhangana n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Kuva ku wa Gatatu w’iki cyumweru ku rubuga nkoranyambaga rwa X hakwirakwijwe amafoto n’amashusho agaragaza abasirikare b’abazungu. Umunyamakuru Daniel Michombero uri mu bakwirakwije ayo mafoto yavuze ko ari ay’abacancuro b’abazungu M23 […]
Abafite ubumuga barasaba ko amategeko y’umuhanda avugururwa
Mu Rwanda haracyumvikana imbogamizi ku bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ku kuba bahabwa ‘Permis’ zo gutwara ibinyabiziga ku buryo usanga ngo nta mahirwe bahabwa nk’abandi kandi biyumvamo ubushobozi. Ibi byagarutsweho n’aba bafite ubwo bumuga , bavuga ko batumva impamvu batemerewe gutunga impushya zo gutwara ibinyabiziga z’u Rwanda, kandi ahandi zitangwa, dore ko hari n’abakoresha […]
Abana ba Twahirwa baravuga ko bahunze ngo batamutangaho ubuhamya
Abana ba Twahirwa Séraphin, Twahirwa Emmanuel Trésor na Uwiduhaye Twahirwa Olive, babwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi ko bahunze u Rwanda kugira ngo badatanga ubuhamya bushinja umubyeyi wabo. Twahirwa Tresor, imfura ya Twahirwa, yatanze ubuhamya tariki ya 29 Ugushyingo 2023, asobanura ko yahungiye muri Afurika y’Epfo, ati: “Ubuhungiro mbumazemo igihe, n’ubu ndacyaburimo.” Uyu […]
Israel yari izi ko Hamas irimo iritegura kuyitera iryumaho – New York Times
Israel ngo yari imaze umwaka urenga izi gahunda y’igitero cy’iterabwoba cya Hamas nk’uko byahishuwe n’ikinyamakuru New York Times cyabashije kubona iyi gahunda mu buryo burambuye. Nk’uko iki kinyamakuru gikomeye muri Amerika kibivuga, abayobozi ba Israel birengagije umuburo. Ni inyandiko y’impapuro 40, ijyanye mu ngingo zose, na gahunda irambuye y’igitero cy’iterabwoba cyo ku itariki ya 7 […]
RDF yahaye ikaze abasore n’inkumi bifuza kwinjira mu gisirikare

Igisirikare cy’u Rwanda cyafunguriye amarembo Abanyarwanda bose bifuza kukinjiramo ku rwego rw’abasirikare bato, aho kwiyandikisha ku turere no mu mirenge byatangiye kuri uyu wa Gatanu, itariki 01 Ukuboza bikazarangira ku itariki ya 31 Ukuboza 2023. Abahamagawe ni abasore n’inkumi b’Abanyarwanda, bari hagati y’imyaka 18 na 25, bafite ubuzima bwiza, batigeze bahamwa n’icyaha kandi badakurikiranweho ibyaha, […]
Guinea-Bissau: Agatsiko k’abasirikare kabohoje ku ngufu minisitiri wari wafashwe na polisi
Muri Guinea-Bissau, urusaku rw’amasasu rwinshi rwumvikanye mu ijoro ryo ku wa Kane, rishyira kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 1 Ukuboza, hafi y’ikigo cya gisirikare giherereye mu majyepfo y’umurwa mukuru ubwo itsinda ry’abasirikare ryabohozaga ku ngufu minisitiri wari watawe muri yombi na polisi. Abasirikare bo muri iki kigo mu ijoro ryakeye bagerageje kubohoza minisitiri n’umunyamabanga […]
Amafoto: Igisirikare cy’u Bushinwa na RDF bikomeje gushimangira ubufatanye

Kuri uyu wa Kane, itsinda ry’abasirikare bakuru n’abato mu Gisirikare cy’u Bushinwa, ziyobowe na Senior Col You Jian kandi aherekejwe n’umuyobozi wungirije muri Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, LIN Hang, basuye Igisirikare cy’u Rwanda (RDF). Iri tsinda ryakiriwe n’umuyobozi mukuru w’ingabo zirwanira mu kirere, Lt Gen J J Mupenzi. Ku cyicaro cya RDF, basobanuriwe urugendo […]
Ronaldinho ategerejwe mu Rwanda
Rurangiranwa Ronaldo de Assis Moreira wamenyekanye mu makipe arimo FC Barcelona n’Ikipe y’Igihugu ya Brésil nka Ronaldinho Gaucho, ategerejwe mu Rwanda. Uyu munyabigwi azaza mu Rwanda muri Nzeri 2024, aho azaba yitabiriye Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho muri ruhago. Dinho yemeje ko azaza i Kigali binyuze mu mashusho yamamaza ririya rushanwa yashyize hanze yifashishije imbuga nkoranyambaga ze. […]
Umuhungu wa Munyemana yabwiye urukiko ko urubanza rwa se ari urw’ibinyoma
Umuhungu wa muganga Dr Munyemana Sosthène witwa Gustave Ngabo yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Paris ko urubanza rw’umubyeyi we ari urw’ibinyoma gusa kuko ngo nta ruhare yagize muri jenoside yakorewe Abatutsi. Ngabo w’imyaka 41 y’amavuko yabivuze kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2023 ubwo yatangaga ubuhamya bushinjura umubyeyi we muri uru rukiko rwo mu Bufaransa. Nyuma […]
RDC: Kandida perezida Enoch Ngila azahemba umusirikare muto asaga 500,000 Frw natorwa
Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Enoch Ngila arashaka kugabanya umubare w’intara ukava kuri 26 ukagera kuri 11, ndetse no guhemba umwarimu wo hasi n’umusirikare muto asaga 500,000 Frw. Ibi yabitangaje ku wa Gatatu, itariki ya 29 Ugushyingo 2023, ubwo yerekanaga imigabo n’imigambi ye, abisabwe n’Inama Nkuru ishinzwe itangazamakuru n’itumanaho […]