Hezbollah iravuga ko yateye ibisasu mu majyaruguru ya Israel isubiza ibitero byayo muri Liban
Umutwe wa Hezbollah kuri iki Cyumweru wavuze ko warashe ibisasu bya rokete mu majyaruguru ya Israel nyuma y’umunsi umwe Israel igabye ibitero by’indege muri Liban bigahitana abantu batanu barimo abarwanyi batatu b’uyu mutwe. Umutwe wa Hamas ukorana bya hafi n’uwa Hezbollah ihujwe n’urwango yanga Israel, imaze igihe ihanganye na Israel mu buryo bumwe cyangwa ubundi […]
Abidjan: Gbagbo yemeje kuzahatana mu matora yo mu 2025 nyuma yo kugirwa umwere na ICC
Uwahoze ari Perezida wa Cote d’Ivoire, Laurent Gbagbo, yemeye ku wa Gatandatu kuzayobora ishyaka yashinze mu matora ya perezida yo mu 2025, nk’uko umuvugizi Katinan Kone yabitangarije Reuters nyuma y’inama ya komite nkuru y’ishyaka. Gbagbo, wabaye perezida w’igihugu cyo muri Afurika y’iburengerazuba kuva mu 2000 kugeza 2011, yatangije ishyaka rye, African People’s Party – Cote […]
Ya kipe y’i Burundi itewe mpaga izira kwanga kwamamaza u Rwanda

Ubuyobozi bwa Basketball Africa League bwatangaje ko bwamaze gutera mpaga ikipe ya Dynamo BBC y’i Burundi izira amakosa akomeye yo guhisha icyapa cyamamaza u Rwanda nk’umuterankunga w’irushanwa rya BAL 2024 riri kubera muri Afurika y’Epfo. Iyi kipe ya Dynamo BBC yari yakinnye ndetse inatsinda umukino wayo wa mbere ku wa 09 Werurwe 2024, ni umukino […]
Green Party yatoye abazayihagararira mu matora y’Abadepite mu Ntara y’Amajyepfo

Kuri iki cyumweru, itariki 10 Werurwe 2024, ishyaka Democratic Green Part of Rwanda ryatoye abakandida 16 bazarihagararira ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka. Muri aya matora, Akarere ka Kamonyi kari gahagarariwe na Murenzi Jean de Dieu na Ishimwe Denyse, mu gihe Muhanga yari ihagarariwe na Gasangwa Jean Luc na […]
Rusizi: Bahangayikishijwe n’Imvubu zikomeje kubica no kubonera
Abaturage bafite imirima hafi y’imigezi ya Ruhwa na Rusizi barasaba ko ikibazo cy’imvubu ziri muri iyi migezi zimaze igihe zibonera imyaka cyashakirwa umuti kuko kimaze gufata indi ntera ubwo zatangiye no gutwara ubuzima bw’abantu. Ni nyuma y’aho ku wa Gatanu w’iki cyumweru umuturage wo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi yishwe n’imvubu. Umugabo […]
Papa Francis asanga Ukraine ikwiye kugira ubutwari ikazamura ibendera ryera
Papa Francis mu kiganiro n’itangazamakuru yavuze ko Ukraine igomba kugira icyo yise ubutwari bw’ ‘”ibendera ryera” maze ikaganira ku guhagarika intambara n’u Burusiya yatangijwe na Moscou mu myaka ibiri ishize kandi ikaba imaze guhitana ibihumbi by’abantu. Umushumba wa kiliziya Gaturika, Papa Francis yagize icyo abivugaho mu kiganiro cyo mu kwezi gushize yagiranye na Radiyo yo […]
Biden aremeza ko Netanyahu ‘arimo kubabaza Israel’ kuruta kuyifasha muri Gaza
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko yemera ko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu “arimo kubabaza Israel kuruta gufasha Israel” binyuze mu buryo arimo gukoresha mu ntambara yo muri Gaza. Mu kiganiro Biden yagiranye na MSNBC, ubwo yabazwaga niba hari umurongo utukura kuri Israel, yagize ati: “Sinzigera mva kuri Israel. […]
Nyanza: Abarwanashyaka ba Green Party mu Majyepfo bitabiriye kongere y’ishyaka

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 10 Werurwe 2024, Abarwanashyaka ba Democratic Green Party of Rwanda baturuka mu Ntara y’Amajyepfo bateraniye mu Karere ka Nyanza aho bitabiriye kongere y’ishyaka ku rwego rw’intara, iza gusozwa hatowemo abazaribahagararira mu matora y’abadepite ateganyijwe uyu mwaka. Ku itariki 26 Mutarama 2024, Abayobozi bakuru n’abarwanashyaka ba Democratic Green Party of Rwanda […]
Sudani: RSF yishimiye icyifuzo cya Loni cyo gutanga agahenge mu Kwezi kwa Ramadhan
Ku wa Gatandatu, umutwe wa Rapid Support Forces muri Sudani wihutiye kwakira icyifuzo cy’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano cyo guhagarika imirwano mu kwezi gutagatifu kw’abayisilamu kwa Ramadhan, ibishobora gutanga agahenge nyuma y’intambara imaze amezi 11. Biteganijwe ko Ramazani itangira kuri iki Cyumweru nimugoroba. Mu itangazo ryayo, RSF yagaragaje ko yizeye ko imyanzuro y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye […]
Gasabo: Umugabo w’imyaka 66 yafatiwe mu cyuho atekeye Kanyanga mu gishanga
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Gasabo yafatiye mu cyuho umugabo w’imyaka 66 y’amavuko, wari utekeye ikiyobyabwenge cya Kanyanga mu gishanga. Yafatiwe mu mudugudu wa Kalisimbi, akagari ka Kabuga I, umurenge wa Rusororo, ahagana saa yine z’ijoro zo ku wa Gatatu tariki 6 Werurwe, atetse litiro 100 za Kanyanga […]
Zimbabwe irashinjwa gutoteza, gufunga no kwirukana Abanyamerika
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Zimbabwe gutoteza, gufunga no kwirukana Abanyamerika benshi bari bari muri icyo gihugu nk’abakozi batanga imfashanyo nyuma y’ibihano byafatiwe abarimo Perezida Mnangagwa. Ikigo gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga cya Amerika (USAID) cyavuze ko abayobozi ba Amerika hamwe n’abakozi bayo bakorera kuri kontaro zimara igihe runaka batewe ubwoba “mu magambo no ku mubiri”. […]