Hatangajwe igihe umuhanda Kigali-Muhanga uzatangira kuvugururwa unahabwe ibice bine
Umuhanda Kigali-Muhanga ugiye kuvugururwa no kwagurwa,iyi mirimo nk’uko biteganyijwe ikaba izatangira umwaka utaha muri Nyakanga 2025. Ibi bikazaba biturutse ku nguzanyo Banki ya EximBank yo muri Korea y’Epfo yemereye u Rwanda ya Miliyoni 120 z’Amadorari ya Amareka. Biteganyijwe ko hazasanwa ibilometero 45, hanagurwe igice cy’inzira enye kireshya n’ibilometero 12,2. Iyi mirimo izasozwa mu myaka ibiri […]
Kayonza: Bashima Leta yabahaye aho gukinga umusaya ariko kandi ngo barembejwe n’inzara
Hari abaturage bo mu Karere ka Kayonza bashima Leta yabahaye amazu yo guturamo ariko kandi ngo n’ubwo bakinga umusaya ntibabona ibyo kurya. Abavuga ibi ni abatujwe mu mudugudu wa Muganza mu Kagari ka Nkondo Umurenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza. Bavuga ko Leta nk’umubyeyi yabafasha ikabaha ubutaka bahingamo kuko uretse kuba baryama mu mazu […]
Ubwongereza bwafunguye abimukira basaga 70 bari mu bazaza mu Rwanda
Leta y’u Bwongereza yafunguye by’agateganyo abimukira 79 badafite ibyangombwa bari mu bazoherezwa mu Rwanda, hashingiwe ku masezerano ibihugu byombi byagiranye mu Ukuboza 2023. Abasaba ubuhungiro benshi barafunzwe kuva mu mpera ya Mata (4) uyu mwaka, nyuma y’uko Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza Rishi Sunak avuze ko indege zizabajyana mu Rwanda mu byumweru bya mbere bya Nyakanga 2024. […]
Kenya: Umupolisi yarasiye umucamanza mu rukiko nawe baramurasa ahita apfa
Mu gihugu cya Kenya hari kuvugwa inkuru y’umupolisi warashe umucamanza bari mu rukiko, nawe bagahita batanga itegeko ryo kumurasa agahita apfa. Ni inkuru yatangajwe kuri uyu wa kane tariki 13 Kamena 2024, ku rubuga rwa X rwa ‘Nairobi Law Monthly Magazine’. Umucamanza warashwe azwi ku mazina ya Kivuti Monica akaba asanzwe akorera mu rukiko rw’i […]
Icyo Col. Kazarama washinze M23 asaba Gen. Sultani Makenga
Colonel Kazarama Kanyamuhanda Vianney uri mu batangije umutwe wa M23, yasabye Gén. Sultani Makenga uyobora igisirikare cyawo kuhuriza hamwe abahoze muri uriya mutwe batakiwubamo bagakemura ibibazo bagiranye, mu rwego rwo kongera gufatanya urugendo rwo guharanira uburenganzira by’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda batangije mu myaka irenga 10 ishize. Kazarama wanabaye umuvugizi wa M23, we na Gen. Makenga bari […]
Perezida Zelensky yiteze ibyemezo by’ingenzi bizava mu nama ya G7

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, avuga ko yiteze ko “ibyemezo by’ingenzi” bizafatwa mu nama ya G7 y’abayobozi baturutse mu bihugu birindwi bikize ku Isi yatangiye kuri uyu wa Kane ikazasozwa kuwa Gatandatu mu mujyi wa Fasano mu Butaliyani . Mu nyandiko yanyujije kuri Telegram yagize ati: “Igice kinini kizahabwa Ukraine, ingabo zacu ndetse no kongera […]
Ikipe y’abakinnyi 11 beza i Burayi batazakina Euro 2024

Mu gihe amarushanwa ya Euro2024 abura amasaha make ngo itangire, hari abakinnyi benshi bazwi cyane batazayitabira kubera impamvu zigiye zitandukanye zitandukanye Iyi mikino igiye gukinwa ku nshuro ya 17 aratangira kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Kamena kugeza 14 Nyakanga 2024 mu gihugu cy’Ubudage. Muri iri rushanwa hari amazina menshi y’abakinnyi batazayagaragaramo kubera impamvu […]
Isezerano rya Nduhungirehe kuri Kagame wamugize Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga
Minisitiri mushya w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yijeje Perezida Paul Kagame wamuhaye izo nshingano kuzakoresha uburambe afite mu bubanyi n’amahanga no muri politiki mu guteza imbere umubano w’u Rwanda n’amahanga. Ku wa Gatatu tariki ya 12 Kamena ni bwo Nduhungirehe wari usanzwe ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi yagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda. Ni […]
Babu yasabiwe gufungwa umwaka
Nyuma y’uko akubise uwo bahuriye mu kabari Babu ukora ikiganiro cy’imyidagaduro ku Isibo Tv cyitwa ’The Choice Live’ yasabiwe gufungwa umwaka umwe muri gereza n’ihazabu y’ibihumbi 300Frw. Rugemana Amen uzwi nka Babu ukora ikiganiro cy’imyidagaduro ku Isibo Tv cyitwa ’The Choice Live’ yasabiwe n’Ubushinjacyaha igihano cyo gufungwa umwaka n’ihazabu y’ibihumbi 300Frw kubera icyaha cyo gukubita […]
Ndayishimiye agomba kumenya ko Abarundi atari injiji – Bamvuginyumvira
Abanyapolitiki batandukanye n’impirimbanyi z’Abarundi batngiye guhaguruka no kugaragaza ko barambiwe ubutegetsi bwa CNDD-FDD bashinja kunanirwa gukemura ibibazo uruhuri byugarije igihugu bakaba basanga igihe kigeze cyo guhindura ibintu . « Igihe kirageze cyo gukora impinduka mu Burundi, kubera ko ubutegetsi buriho bumaze kwerekana ko budafite ubushobozi bwo kuyobora igihugu no gutuma Abarundi batera imbere », Ishyaka […]
Muhadjiri na Omborenga basinyiye Rayon Sports
Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Omborenga Fitina wakiniraga APR FC na Hakizimana Muhadjiri wari uri muri Police FC mu gihe habura umunsi umwe ngo habe umukino wo kuganura Stade Amahoro mu cyiswe “Umuhuro w’Amahoro”. Muhadjiri yashyize umukono ku masezerano y’imyaka ibiri muri iyi kipe bamusanze iwe mu rugo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, […]
Amerika na Loni bashinje Uganda gufasha M23
Umuryango w’Abibumbye biciye muri raporo y’impuguke zawo kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, washinje Leta ya Uganda guha ubufasha umutwe wa M23 ndetse no guha imyitozo abarwanyi bawo. Raporo y’izi mpuguke yagiye hanze by’impanuka ikinyamakuru Daily Monitor kivuga ko cyabonye ni yo yemeza ayo makuru. Ubutegetsi bw’i Kinshasa bumaze imyaka irenga ibiri bushinja Leta y’u […]
#EURO2024: Abakinnyi 24 bashya bo guhanga amaso

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Kamena 2024 mu gihugu cy’Ubudage haratangira imikino y’igikombe cy’Uburayi igiye kuba ku nshuro ya 17. Iyi mikino itegerezanyijwe amatsiko na benshi ku isi. Kuri ubu abakunzi ba ruhago bose biteguye gukurikira iyi mikino yose kugeza irangiye dore ko izakinwa mu gihe cy’ukwezi kumwe. Tukurarikira kuzayikurikira kuri BwizaTv ku […]
Uburundi na DRC bongeye kwiheza mu bikorwa cya EAC
Ibihugu by’Uburundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byongeye kutitabira igikorwa cy’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba, Ni ku nshuro ya kabiri ibi bihugu byiheje muri uyu muryango mu gihe kitageze no ku cyumweru ibishimangira ko byaba bishaka kwikura muri uyu muryango. Kuva kuri uyu wa 13 Kamena 2024, Mu Rwanda hari kubera amahugurwa y’ingabo zo mu bihugu […]
Mu Rwanda hatangiye imyitozo ya Gisirikare yahuje ibihugu bine byo muri EAC -AMAFOTO

Ibihugu bine byo muri mu bihugu 4 bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, byitabiriye imyitozo ya Gisirikare, iba igamije guhuza imikorere n’igenamigambi, no kwishyira hamwe kw’ibihugu bigize EAC. Abasaga 1,130 barimo abasirikare, abapolisi n’abasivili bo , kuri uyu wa Kane, nibo batangiye iyo myitozo ya Gisirikare izwi nka “Ushirikiano” izamara ibyumweru bibiri ibera mu Ishuri […]
Imirwano hagati ya M23 na FARDC yongeye kubura muri Rutshuru
Imirwano yongeye kubura hagati ya M23 na FARDC n’abafatanyabikorwa bayo muri iki gitondo mu mudugudu wa Butalongola, nko mu birometero icumi uvuye muri komini yo mu cyaro ya Kanyabayonga muri Teritwari ya Rutshuru . Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace atangazwa n’uruhande rwegereye leta avuga, ngo inyeshyamba za M23 zateye ibirindiro bya FARDC mbere yo […]
Abaturage ba Korea ya Ruguru babayeho mu muruho- ONU
Umuryango w’Abibumbye wita ku burenganzira bwa muntu utangaza ko abaturage bo muri Korea ya Ruguru babayeho nabi kuko bamaze kwisanga mu buzima bw’umuruho wa buri munsi. Ibi ni ibyagarutsweho n’umuyobozi w’iri shami, Volker Turk , aho yabwiye inteko ishinzwe umutekano kw’isi ko baturage ba Koreya ya Ruguru kugeza ubu nta cyizere bafite bitewe n’ubuzima babayemo. […]
Bwa mbere Hezbollah yarashe roketi nyinshi muri Israel mu munsi umwe

Umutwe wa Hezbollah wo muri Liban warashe ibisasu byinshi bya roketi mu majyaruguru ya Israel mu rwego rwo kwihorera igitero cyahitanye umwe mu bayobozi bakuru bayo. Kuri uyu wa Gatatu, itariki 12 Kamena, ingabo z’igihugu cya Israel (IDF) zabaze byibuze ibisasu birenga 200 byambutse umupaka. Bimwe byateje inkongi y’umuriro, ariko nta muntu byahitanye. Biravugwa ko […]
Diane Rwigara yitandukanyije na nyina ushinja Leta y’u Rwanda kuba ari yo yishe se
Umunyapolitiki Shima Diane Rwigara yatangaje ko yitandukanyije na nyina umubyara, Adeline Mukangemanyi, nyuma y’ibirego bitandukanye amaze iminsi ashyira kuri leta y’u Rwanda birimo iby’uko yamwiciye umugabo. Mukangemanyi mu kiganiro aheruka kugirana n’umuyoboro wa YouTube witwa Radio Iteme yumvikanye ashinja “ubutegetsi bwa FPR buyobowe na Kagame” kuba ari bwo bwishe Rwigara Asinapol wahoze ari umugabo we; […]
Abantu 40 bishwe n’inkongi y’umuriro muri Koweti
Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako yari irimo abakozi b’abanyamahanga muri Koweti mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu, ihitana byibuze abenegihugu 40 b’Abahinde abandi barenga 50 barakomereka. Abayobozi b’inzego z’ibanze bavuze ko iyi nkongi y’umuriro ifitanye isano no kurenga ku mategeko. Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Sheikh Fahad Al-Yousuf Al-Sabah , yategetse ko nyir’inyubako atabwa muri yombi ,ubwo […]
Ubusuwisi: Indege za gisirikare zakoreye imyitozo mu muhanda munini
Mu myitozo ya gisirikari ya NATO idasanzwe imenyerewe,kuri uyu wa gatatu, ingabo zirwanira mu kirere z’Ubusuwisi zakoze ibitari bisanzwe bimenyerewe zigusha kandi zihagurutsa indege eshatu zo mu bwoko bwa bombardier F/A-18 mu muhanda munini (autoroute) neza. Imyitozo y’izi ndege za gisilikali ikaba yari imaze imyaka ibarirwa muri za mirongo itagaragera mu gihugu cy’Ubusuwisi. Izo ndege […]
Rubavu: PSF yoroje imiryango 76, inatanga igishoro ku miryango 20

Urugaga rw’abikorera mu karere ka Rubavu mu kwifatanya ni abanyarwanda muri gahunda yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30, baremeye imiryango 76 itishoboye, ndetse banatanga igishoro ku miryango 20. Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa gatatu, tariki 12 Kamena 2024 cyaherekejwe no kunamira Imiryango y’abatutsi bazize Jenoside ishinguye mu Rwibutso rwa Gisenyi rwa […]
Abapolisi bo muri Nigeria bahawe inkwenene nyuma yo kugorwa no kuririmba indirimbo nshya y’igihugu
Bamwe mu bapolisi bo muri Nigeria bahawe inkwenene nyuma y’uko bagaragaye bagorwa no kuririmba indirimbo nshya y’igihugu iherutse gushyirwaho na guverinoma ya Nigeria. Ku wa 29 Gicurasi 2024 nibwo ubuyobozi bukuru bwa Nigeria bwatangaje ko bashyizeho indirimbo nshya yubahiriza igihugu, ni ibintu bitakiriwe neza na bamwe mu baturage gusa ntacyo gukora bari bafite. Nyuma y’uko […]
Ngoma: Inda zitateganyijwe ziravuza ubuhuha mu bangavu
Mu mezi atanu gusa, hagati ya Mutarama na Gicurasi 2024, mu Karere ka Ngoma abakobwa b’abangavu 300 batewe inda zitateganyijwe . Inzego zinyuranye mu Karere ka Ngoma ziremeranya ko ikibazo cy’abangavu baterwa inda gikwiye guhagurukirwa na buri wese kuko giteza ingaruka mu muryango Nyarwanda. Ubukene, indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, impfu n’igwingira ku bana bavutse […]
RDC: Minisitiri w’Intebe mushya n’ucyuye igihe bahererekanyije ububasha

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Kamena, ku cyicaro cya Minisitiri w’intebe, habaye umuhango wo guhererekanya ububasha hagati ya Jean-Michel Sama Lukonde Kyenge na Judith Suminwa Tuluka. Uyu muhango wabaye uyobowe na Jean-Albert Ekumbaki Ombata, umunyamabanga mukuru wa guverinoma. Ibintu byinshi by’ingenzi byaranze iki gikorwa. Harimo guhura hagati y’aba bantu bombi b’ingenzi kure ya […]
Umuseriveri yirukanwe azira gusohora amashusho y’umugabo wasohokanye igipupe asambanya
Umukozi wakoraga muri resitora yo muri Carolina y’Amajyaruguru yirukanwe kubera ko yashyize ku rubuga rwa TikTok amashusho y’umukiriya waje gufata icyo kurya yitwaje igipupe akoresha mu mibonano mpuzabitsina. Tara Bjork umukozi wo muri resitora yasohoye aya mashusho ku ya 27 Gicurasi 2024 ubwo yamaraga kuyafatira mu kazi aho yakoraga. Ubwo yamaraga gusohora aya mashusho yarengejeho […]
Itsinda ry’Intumwa zo muri Zambia zasuye Polisi y’u Rwanda
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda Wungirije (DIGP) ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza, kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena, yakiriye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, intumwa zo muri Repubulika ya Zambia ziri mu ruzinduko mu Rwanda . Izi ntumwa zikorera mu bigo bitandukanye byo muri iki gihugu, ziyobowe n’Umuhuzabikorwa ku […]
Amato y’intambara y’u Burusiya mu marembo ya Amerika mu myitozo na Cuba
Kuri uyu wa Gatatu ushize amato y’intambara y’u Burusiya yageze mu gice cy’inyanja kigenzurwa na Cuba mbere y’imyitozo ihuriyemo ingabo z’ibihugu byombi iteganyijwe muri Karayibe. Iyi myitozo bamwe barayibona nk’uburyo bw’u Burusiya bwo kwerekana ingufu zabwo mu gihe hakomeje ukutumvikana ku byerekeye inkunga iterwa igihugu cya Ukraine. Ku ruhande rwazo, Leta Zunze Ubumwe za Amerika […]
Rubavu: Aborozi barembejwe n’abajura biba inka bakajya kugurisha inyama zazo muri Congo
Aborozi b’inka mu Karere ka Rubavu baratabaza nyuma y’uko inka zirenga 100, zimaze kwibwa mu mirenge ya Rubavu na Rugerero , mu gihe kitarenze amezi atandatu. Ubu bujura ngo bukorwa n’abantu bitwikira ijoro bakazibagira hafi y’aho zibwe maze inyama bakazijyana kuzigurisha mu gihugu cy’abaturanyi. Amakuru atangwa n’abaturage biganjemo aborozi bagiye bibwa , baganiriye n’itangazamakuru, bahamya […]
Mu Rwanda hagiye kubakwa Ikigo mpuzamahanga gishinzwe inkingo ku isi
U Rwanda rwemeye kuba icyicaro gikuru cy’igo mpuzamahanga cy’inkingo (IVI) muri Afurika. Ni nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Inkingo ku isi (IVI) Aya masezerano yasinywe kuri uyu wa Kabiri na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin n’Umuyobozi wa IVI (International Vaccine Institute), Dr Jerome H. Kim. Iki kigo cya IVI ubusanzwe […]
Indege zitagira abapilote zashyize igorora aborozi b’ingurube

Uko iterembere riza niko rizana n’ibyaryo, iryo mu Rwanda ntiryibagiwe n’umworozi w’ingurube uri i Mibirizi ho mu karere ka Rusizi, aho hasigaye hifashishwa indege zitagira umupilote (Drone) kugira ngo agezweho intanga mu gihe zarinze mu gihe kitarenze isaha mu gihe imodoka ihagenda amasaha 8 uvuye i Muhanga. Binyuze muri gahunda y’ubutwererane hagati ya Leta y’u […]