Imfungwa 11 zishwe zirashwe nyuma yo gutoroka gereza
Ejo hashize ku wa gatanu, nibwo abafungwa 11 bo muri gereza yo mu mujyi wa Saint-Marc uri ku nkombe za Haiti rwagati bishwe barashwe nyuma y’uko batorotse gereza. Mu kiganiro n’abanyamakuru i Port-au-Prince, umuvugizi wa polisi y’igihugu cya Haiti, Michel Ange Louis Jeune, yavuze ko abantu 11 bishwe na Polisi yo muri iki gihugu ubwo […]
Gen Muhoozi yasabye Amerika kwishyura bwangu Uganda $ miliyari 100
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yamenyesheje Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko zigomba kwishyura igihugu cye $ miliyari 100 nk’indishyi y’ibyo kimaze gutakariza muri Somalia aho cyohereje Ingabo zo guhashya Al Shabaab. Uyu musirikare mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko “$ miliyari 100 ni yo mafaranga make nsaba […]
Goma: Urusaku rw’amasasu rwatatanyije abari baje kwitabira igitaramo cya Fally Ipupa
Igitaramo cy’umuhanzi Fally Ipupa, cyari giteganijwe kuri uyu wa gatanu, tariki ya 16 Kanama mu mujyi wa Goma mu gace ka Ihusi (Amajyaruguru ya Kivu), nticyabaye nyuma y’uko aho cyari kubera humvikanye urufaya rw’amasasu. Abashyirwa mu majwi kuba baburijemo igitaramo, ni abiswe aba ‘Gomatraciens’. Impamvu ngo ni uko igiciro cy’itike cyari gihanitse kuri bamwe aho […]
Igitero cy’indege cya Israel cyahitanye abanya Liban 10 gikomeretsa abatari bacye
Minisiteri y’ubuzima ya Libani yavuze ko igitero cy’indege cya Isiraheli mu Majyepfo ya Libani cyahitanye byibuze abantu 10. Ni mu gihe Israel yo yari yavuze ko ingabo zayo zashenye ikigo kibika intwaro za Hezbollah. Muri abo 10 bahasize ubuzima, harimo umugore n’abana be bombi maze abandi barakomereka, babiri bakomeretse cyane, nk’uko minisiteri y’ubuzima muri Gaza […]
Lt. Col Para Para wahanganiye na M23 i Masisi yapfuye
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyabitse Lt Col Alain Para Para wahoze ari komanda wa Batayo yacyo ya 111 ubarizwamo ingabo zidasanzwe. FARDC mu itangazo yasohoye ku wa Kane yavuze ko yazize “uburwayi yari amaranye igihe gito”. Icyakora hari amakuru avuga ko yaba yaguye mu mirwano n’inyeshyamba za M23. Lt Col Para […]
Urwego rw’uburezi rwihariye 14 % by’ingengo y’imari
Mu ngengo y’imari ya 2024- 2025, biteganyijwe ko Urwego rw’uburezi ruziharira 14% yayo ni ukuvuga arenga Miliyari 500 z’amafaranga y’u Rwanda. Bisobanuye ko uru rwego arirwo ruzatwara amafaranga menshi mu ngengo y’imari. Minisiteri y’imari n’igenamigambi MINICOFINE ivuga ko uru rwego rwahawe iyi ngengo y’imari hagamijwe kongera ireme ry’uburezi buhabwa abanyeshuri mu Rwanda. Kubaka amashuri mashya […]
RDC: Minisitiri w’Ubutabera ntiyorohewe
Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Constant Mutamba ntiyorohewe n’abacamanza bamushinja kwica akazi. Abamunenga ni abacamanza baturuka mu rugaga rw’abacamanza bo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, SYNAMAC. Uru rugaga rusobanura ko rutemeranya n’amavugurura yashyizweho n’uyu minisitiri w’ubutabera, kuko ngo abangamira akazi bakora. Ni nyuma y’uko yaherukaga gushyiraho komisiyo ishinzwe gukurikirana imikorere y’abacamanza, […]
Akari ku mutima wa Irangabiye warekuwe nyuma y’igihe afungiwe ‘kuba intasi y’u Rwanda’
Umunyamakurukazi Floriane Irangabiye wari umaze imyaka ibiri afunzwe, yamaze kurekurwa nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi. Ku wa 14 Kanama ni bwo Perezida Ndayishimiye yamuhaye imbabazi, mbere y’uko amakuru amenyekana bucyeye bwaho. Uyu munyamakurukazi wahoze aba i Kigali mu Rwanda, nyuma yo kurekurwa yavuze ko “kuba mfunguwe nyuma y’imyaka hafi ibiri […]
Trump yagize Linda McMahon uhagarariye komite izamufasha mu ihererekanyabubasha n’aramuka atowe
Donald Trump yagize Linda McMahon, ukuriye itsinda rizamufasha gutegura ihererekanyabutegetsi mu gihe yaba atsinze Amatora y’umukuru w”Igihugu wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Uyu mugore yahoze ari umuyobozi mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe ibigo by’ubucuruzi bito bito, kuva mu 2017 kugera mu 2019 ku butegetsi bwa Perezida Trump. Trump abaye uwa mbere ushyizeho hakiri kare cyane […]
Gen. Muhoozi yacanye umuriro kuri Museveni amuhora kwifotozanya n”igisambo ruharwa’
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, akomeje gushyira igitutu kuri se Yoweri Kaguta Museveni amushinja gukorana n’igisambo ruharwa kurusha ibindi muri Uganda. Mu butumwa Gen Muhoozi yanditse ku rubuga rwe rwa X, yabwiye Museveni ati: “Mzee, wataye muri yombi inshuti yanjye Michael Mawanda none wishimiye kwifotozanya n’igisambo ruharwa kurusha ibindi muri Uganda?” Uwo […]
Rutsiro: Abaturage barasaba ko SEDO ubaka ruswa yimurwa
Hari abaturage batabaza basaba ko Umukozi ushinzwe Iterambere n’Imibereho myiza y’abaturage mu Kagari ka Nyagahinika, ho mu karere ka Rutsiro yimurwa, nyuma yo kubazengereza abaka ruswa. Akagari ka Nyagahinika gaherereye mu murenge wa Kigeyo, bamwe mu bagatuye baganiriye na BWIZA batangaje ko uyu muyobozi ubuyobozi bwamwimura, kuko ahamaze imyaka myinshi akaba yarabazengereje. Uwimana Maritini ati […]
Hashyizweho Guverinoma nshya itarimo abarimo Munyangaju

Perezida Paul Kagame afatanyije na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, kuri uyu wa Gatanu batangaje Guverinoma nshya y’u Rwanda igizwe na ba Minisitiri 21. Guverinoma nshya nk’uko bigaragarira mu itangazo ryasohowe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, igaragaramo ba Minisitiri bari basanzwe muri Guverinoma iheruka usibye batatu barimo uwa Siporo, uw’Ubucuruzi n’Inganda n’uw’Abakozi ba Leta n’Umurimo. Muri […]