Perezida Kagame yakomeye Amavubi amashyi
Perezida Paul Kagame yakomeye ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ amashyi, nyuma yo kunyagira Djibouti ibitego 3-0 akayisezerere ku giteranyo cy’ibitego 3-1. Amavubi yari yakiriye Djibouti kuri Stade Amahoro i Remera, mu mukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abakina imbere muri za shampiyona zabo (CHAN). Ni nyuma y’ubanza Djibouti yari yatsinzemo u Rwanda […]
Ingo 300 zashyikirijwe ingufu z’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’ibidukikije bashyikirije ingufu z’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba imiryango 300 y’abatishoboye bo mu midugudu ya Kigoyi na Bukamba mu kagari ka Kamukiza, umurenge wa Mukindo wo mu Karere ka Gisagara. Izi ngufu zisubira zikomoka ku mirasire zahawe abagenerwabikorwa batuye kure y’umurongo mugari w’amashanyarazi, kuri uyu wa Kabiri tariki […]
Yaka Mwana yongeye gutabwa muri yombi
Gasore Pacifique uzwi mu biganiro bitambuka kuri YouTube nka Yaka Mwana, yatawe muri yombi kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Ukwakira 2024. Yaka yafatiwe ahakorera Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aho yari yagiye gukurikirana iburanisha ry’imanza ziregwamo Miss Nshuti Divine Muheto na Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta. Yaka yatawe muri yombi azira guteza akavuyo […]
Kinshasa: Hatangiye imyigaragambyo yamagana guhindura itegeko nshinga
Abaturage ba Kinshasa bitabiriye imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa Kane, itariki 31 Ukwakira 2024, mu Karere ka Tshangu, cyane cyane kuri Boulevard Lumumba. Iri ni itsinda ry’urubyiruko rwatwitse amapine kandi ruhagarika ibinyabiziga kugirango ruvuge ngo “Oya” ku kugerageza kuvugurura itegeko nshinga kwagaragajwe na Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi. Nyuma y’iminota irenga […]
Korea ya Ruguru yagerageje igisasu gishobora kugera muri Amerika
Kuri uyu wa Kane, Koreya ya Ruguru yarashe misile yo mu bwoko bwa ballistique yambukira imigabane yerekeza mu nyanja ku mabwiriza y’Umuyobozi Kim Jong Un, nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru bya Leta, KCNA, byongeraho ko igisasu cyageze kure kurusha igerageza ryabanje. KCNA yatangaje ko Kim yari ari aharasiwe iki gisasu. Ibiro Ntaramakuru by’Abanyakoreya byatangaje ko Kim […]
Miss Muheto yaburanye asabirwa n’igihano
Kuri uyu wa 31 Ukwakira 2024, Miss Nshuti Muheto Divine yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, aho ari kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku byaha akurikiranyweho n’Ubushinjacyaha. Uyu mukobwa waburanaga yunganiwe n’abanyamategeko batatu, yabwiye Urukiko ko yemera ibyaha ari kuregwa uvanyemo icyo guhunga nyuma yo gukora impanuka. Ubushinjacyaha nyuma yo guhabwa umwanya, bwavuze ko uyu mukobwa […]
Kirehe: Padiri Diregiteri ushinjwa gusambanya umwana yakatiwe iminsi 30 y’agateganyo
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarubuye rwategetse ko Padiri Katabogama Phocas wayoboraga Lyc?e de Rusumo mu Karere ka Kirehe ukurikiranyweho gusambanya umwana, akurikiranwa afunzwe iminsi 30 y’agateganyo mu gihe iperereza ku byo ashinjwa rigikomeje. Uwo mupadiri acyekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 15 wigaga muri icyo kigo yayoboraga, yatawe muri yombi ku wa 9 Ukwakira 2024. Ubushinjacyaha […]
Gasabo: Umugore yiyiciye umwana agira ngo ababaze umugabo we
Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo, kuwa Kabiri, itariki 29 Ukwakira 2024, bwakiriye dosiye y’umugore wiyiciye umwana we w’umukobwa ufite umwaka umwe n’amezi atandatu. Uregwa atuye mu Mudugudu wa Mbabe, Akagari ka Mbabe, Umurenge wa Masaka, mu Karere ka Kicukiro. Icyaha akurikiranyweho cyakozwe ku itariki 20 Ukwakira2024 ubwo yicaga umwana we akamuryamisha ku buriri yararagaho […]
Paris: Rwamucyo yakatiwe imyaka 27 nyuma yo kumuhamya uruhare muri jenoside
Kuwa Gatatu, itariki 30 Ukwakira 2024, Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwakatiye Umunyarwanda Eugène Rwamucyo gufungwa imyaka 27 nyuma yo kumuhamya kugira uruhare muri Jenoside yakoreye Abatutsi . Ni mu isomwa ry’urubanza ryitabiriwe n’abantu benshi. Abaje gushyigikira uregwa, bagaragaje uburakari rurangiye, n’abaje gushyigikira abamureze bagaragaje ibyishimo. Polisi yagiye hagati yabo ngo hatabaho gushyamirana. Uru ni […]
Hezbollah yabonye umuyobozi mushya wari umaze imyaka 33 yungirije
Umutwe wa Hezbollah kuwa Kabiri washyizeho Naim Qassem w’imyaka 71 nk’umuyobozi mukuru mushya wawo nyuma y’iyicwa ry’uwawuyoboraga, Hassan Nasrallah wish we na Israel mu munsi ishize. Uwari umukuru wa Hezbollah, Abbas al-Musawi, mu 1991 yamugize umwungirije. Musawi amaze kwicwa na Israel mu 1992, Qassem yagumye mu mwanya we, Hassan Nasrallah asimbuye Musawi. Ku itariki 27 […]
Rubavu: Umukuru w’umudugudu afunzwe akekwaho kwiba inka z’abaturage
Umukuru w’umudugudu wa Rushubi, mu kagari Gikombe, umurenge wa Nyakiliba ho mu karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwiba inka z’abaturage. BWIZA amakuru yavanye ahantu hizewe ni uko Ndagijimana Rukwene afunzwe akekwaho kwiba inka mu murenge wa Mudende. Imbarutso yo gutabwa muri yombi, ni amakuru Ubuyobozi bwamenye mu masaha y’igitondo, yo kuri uyu wa 30 Ukwakira […]
Gakenke : Babiri bafatanywe amabalo 40 ya caguwa bari bapakiye mu mashu
Abagabo babiri b’imyaka 30 na 31 y’amavuko bari batwaye mu modoka yo mu bwoko bwa Daihatsu, amabalo 40 y’imyenda ya caguwa yinjijwe mu gihugu mu buryo bwa magendu, bafatiwe mu Karere ka Gakenke bayapakiye hagati y’amashu. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Superintendent of Police (SP) Jean Bosco Mwiseneza yemeje amakuru y’ifatwa ryabo, avuga ko […]
Nyuma yo kuva i Kampala, Tshisekedi yaraye i Burundi
Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yaraye i Bujumbura mu Burundi, aho yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bihuriwe mu isoko rusange rya Afurika y’iburasirazuba n’iy’amajyepfo (COMESA). Tshisekedi yageze i Bujumbura akubutse i Kampala aho ku wa Gatatu yagiriye uruzinduko rw’amasaha make. Ni uruzinduko rwasize we na Perezida Yoweri Kaguta Museveni baganiriye ku […]
MINALOC yinjiye mu gisa no kumvana imitsi kiri hagati ya NPSC na Meya wa Rulindo
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), yatangaje ko igiye kuganira ku gisa n’ihangana rimaze iminsi riri hagati ya Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta (NPSC) n’ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo batajya imbizi ku mwanzuro wo gusubiza mu kazi uwari Gitifu w’Umurenge wa Mbogo umaze igihe yarirukanwe. Minisitiri mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dr Mugenzi Patrice, mu kiganiro yahaye Kigali Today yavuze […]