Perezida Kagame yashimiye Trump watorewe kuyobora Amerika
Perezida Paul Kagame yashimiye Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yo kongera gutorerwa kuyobora iki gihugu. Trump wayoboye Amerika hagati ya 2016 na 2020, yongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu ahigitse Kamala Harris usanzwe ari Visi-Perezida wacyo bari bahatanye mu matora. Perezida Paul Kagame mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe […]
Waba wiruka ku kintu kizaguteza agahinda?
Kuko ubwenge bwinshi burimo agahinda kenshi, kandi uwunguka ubwenge yunguka n’umubabaro. (Umubwiriza 1:18) Iki igice cya mbere cy’igitabo cy’umubyiriza kiratwigisha neza ko mu isi byose n’ubusa kandi n’ukwiruka nyuma y’umuyaga. Ngo nta gishya, Imana igarura ibyahozeho. Uko uzi byinshi, ni nako wikorera byinshi. Mu isi ibintu byose byinyuranamo, agahinda n’umunezero, ibibazo n’ibisubizo, mbese byose byiranyuranamo. […]
Kirehe: Uwagiye gukorera undi “Provisoire” yatawe muri yombi
Umusore w’imyaka 18 wo mu Karere ka Kirehe yatawe muri yombi nyuma yo kujya gukorera undi ikizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’agateganyo ruzwi nka Provisoire. Uyu musore agifatwa yemeye ko yari yahawe ibihumbi 50 Frw n’undi muntu benda gusa kugira ngo amukorere iki kizami kuko cyari cyaramunaniye. Uyu musore yatawe muri yombi kuri uyu wa […]
Itangazo ryo guhindura izina akitwa Manzi Ambroise

Mahama: Ubwiyongere bw’impunzi z’Abanyekongo bwateje ikibazo cy’aho bacumbikirwa
Impunzi nshya zirimo kugera mu Rwanda, cyane cyane Abanyekongo, biravugwa ko zigowe kubona amazu yo gucumbikamo mu nkambi ya Mahama. Ubuyobozi buri kubaka amazu mashya arenga 500 mu rwego rwo gushakira aho kuba izi mpunzi. Abafite ikibazo cyane ni Abanyekongo bimuriwe muri iyi nkambi bava mu nkambi ya Nkamira. Kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka, abarenga […]
Fatakumavuta yoherejwe muri gereza y’ i Mageragere
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Ukwakira 2024,rwategetse ko Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta afungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30, agakurikiranwa afunze. Uyu mugabo akurikiranweho gusebanya akoresheje imiyoboro ya YouTube yakoreraga kimwe no ku rubuga nkoranyambaga rwa X; ibyatumye aregwa n’abantu batandukanye. Mu bamureze nk’uko ubushinjacyaha bwabivuze ubwo yaburanaga […]
Miss Muheto yafunguwe
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Ugushyingo 2024, rwategetse ko Nyampinga w’u Rwanda wa 2022, Nshuti Divine Muheto afungurwa. Ni mu mwanzuro w’urubanza rwaregwagamo uyu mukobwa urukiko rwasomye kuri uyu wa Gatatu. Miss Muheto yari amaze igihe afunzwe nyuma yo gutabwa muri yombi akurikiranweho ibyaha birimo gutwara imodoka yanyoye ibisindisha […]
APR FC yatewe mpaga
Komisiyo y’amarushanwa mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yateye mpaga y’ibitego 3-0 APR FC nyuma yo gukora amakosa yo gukinisha abanyamahanga 7 mu kibuga mu mukino wayihuje na Gorilla FC. Ni umwanzuro iyi Komisiyo yafashe kuri uyu wa Gatanu nyuma y’ikirego Gorilla FC yari yaratanze. APR FC yakinishije abanyamahanga barindwi mu gihe umubare ntarengwa […]
Ukraine iravuga ko ingabo zayo zakozanyijeho n’iza Koreya ya Ruguru bwa mbere
Abayobozi bakuru ba Ukraine batangaje ko Abasirikare ba Koreya ya Ruguru bakozanyijeho n’Ingabo za Ukraine ku nshuro yabo ya mbere. Mu kiganiro yagiranye na Radio na Televiziyo bya Koreya y’Epfo, KBS, Minisitiri w’Ingabo muri Ukraine, Rustem Umerov, yavuze ko “itsinda rito” ry’abasirikare ba Koreya ya Ruguru ryagabweho igitero. Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, uherutse kwamagana […]
Nta gihugu na kimwe nigeze mbona gisabwa kuganira n’Abanazi – Nduhungirehe kuri FDLR
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, mu kiganiro yahaye BBC yongeye kwamagana ibivugwa n’Umuryango w’Abibumbye ko rufite ingabo zigera ku 4000 mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bari gufasha umutwe wa M23 ubu umaze kwigarurira igice kinini aha hantu, yongera gushimangira ko u Rwanda rutazigera rugirana imishyikirano na FDLR. Ni nyuma y’uko mugenzi we […]
Donald Trump yongeye gutorerwa kuyobora Amerika
Umunyapolitiki Donald wo mu ishyaka ry’aba Républicain yongeye gutorerwa kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yo gutsinda Kamala Harris bari bahatanye mu matora. Trump yegukanye intsinzi nyuma yo kugeza ku majwi 270 asabwa ugomba gutorerwa kuyobora Amerika. Ni amajwi atangwa hagendeye kuri Leta 50 zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika, by’umwihariko zirindwi zigira uruhare […]
RDC: Umusore w’imyaka 25 w’umucuruzi yiciwe i Minova
Abantu bitwaje intwaro bataramenyekana bishe umusore w’imyaka 25 i Minova mu karere ka Kalehe, mu birometero 50 uvuye i Goma ndetse n’ibirometero 150 uvuye i Bukavu (muri Kivu y’Amajyepfo). Ibi byago byabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 4 Ugushyingo 2024, nk’uko byatangajwe n’Inama y’abagize sosiyete sivile ya Kalehe. Delphin Birimbi, Perezida w’inama […]
Gicumbi: Umugore yiyahuye nyuma yo kubwirwa n’umugabo we ko inguzanyo bahawe yibwe
Umugore w’imyaka 22 wo mu Mudugudu wa Burindi, Akagari ka Nyaruka mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi, yishwe n’ibinini byica imbeba yanyoye, aho bivugwa ko byaturutse ku madeni y’inguzanyo. Byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa 04 Ugushyingo 2024. Uyu mugore abamubonye bwa mbere atabaza bihutiye kumujyana ku kigo Nderabuzima cya Cyumba. Mu […]
Ibiti birenga ibihumbi 214 bigiye guterwa ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu

Mu turere twa Rutsiro na Rubavu hagiye guterwa ibiti birenga ibihumbi 214 byiganjemo iby’imbuto ziribwa ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, ngo bikumire isuri yototera utu duce tw’imisozi miremire yibasirwa n’ibiza, ari nako bigira uruhare mu guhangana n’imirire mibi yiganje mu bana. Ni ibikorwa biri gukorwa mu miganda idasanze yahawe insanganyamatsiko “Igiti ni ukubaho” mu mirenge […]
EU yahakanye uruhare mu guhashya imyigaragambyo muri Mozambike nk’u Rwanda
Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi (EU) ubinyujije mu butumwa bwawo bw’ubufasha bwa gisirikare muri Mozambike, watangaje ko “ushyigikiye” iyoherezwa ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF) zoherejwe muri Cabo Delgado, kandi udatera inkunga ibikorwa byose byaba bivugwa ku Banyarwanda byo “guhashya” imyigaragambyo yabereye i Maputo. Ubutumwa bwa gisirikare, buzwi mu magambo ahinnye nka EUMAM MOZ (Ubutumwa bw’ubufasha bwa […]
Burkina Faso: Abasirikare bakuru barimo uwabaye perezida birukanwe mu gisirikare
Muri Burkina Faso, abasirikare bakuru benshi, barimo uwahoze ari perezida w’inzibacyuho, Paul-Henri Sandaogo Damiba, birukanwe mu gisirikare n’Umuyobozi uriho muri iki gihe, Captain Ibrahim Traoré, binyuze mu byemezo byinshi byashyizweho umukono ku itariki ya 30 Ukwakira. Aba basirikare baregwa icyaha gifatwa nk’icyaha gikomeye: igitero ku cyubahiro cya gisirikare, cyaranzwe no gushaka gufata intwaro mu kurwanya […]
Sudani: RSF iravugwaho kugotera abaturage mu mujyi wa al-Hilaliya no kubahohotera
Abarwanyi b’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) baravugwaho gukomeza ibikorwa byo guhohotera abasivili mu burasirazuba bwa leta ya al-Jazirah, aho bagaba igitero ku baturage. Muri iyi Leta, ubu bugizi bwa nabi bwakwirakwiriye ku rugero runini cyane. Urugero, muri al-Hilaliya, ku birometero 70 uvuye i Wad Madani, abaturage baragoswe. Ubwicanyi, gufata ku ngufu, gutukirwa hamwe, kwimurwa […]
Imodoka zikonjesha imboga n’imbuto zitezweho kongera ubwiza bw’umusaruro
Abacuruzi bo mu Rwanda bohereza mu mahanga imboga n’imbuto, bagiye gushyikirizwa imodoka 9 z’amakamyo akonjesha. Izi modoka zitezweho gufasha mu kongera ingano ndetse n’ubwiza bw’umusaruro ujyanwa mu mahanga. Amakuru dukesha RBA aravuga ko izi modoka zizahabwa abacuruzi zitanzwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi mu Rwanda ‘NAEB’. Biteganyijwe ko kuri uyu […]
Amatora yo muri Amerika: Trump ari imbere ya Kamala Harris mu majwi yabaruwe
Amajwi yatangiye kubarurwa nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Kabiri tariki ya 5 Ugushyingo, arerekana ko Donald Trump wo mu ishyaka ry’aba-Republicain ari imbere ya mukeba we, Kamala Harris wo ku ruhande rw’aba-Democrates. Kugeza ubu aba bakandida bombi bari gutanguranwa kugeza ku majwi 270 atangwa hagendewe ku mubare […]
APR FC yahagaritse Capt (Rtd) Ntazinda
Ikipe ya APR FC ku wa Kabiri yahagaritse ku mirimo Capt (Rtd) Ntazinda Eric wari umukozi wayo ushinzwe gukurikirana ubuzima bwa buri munsi bw’ikipe (Team Manager). Capt Ntazinda yahagaritswe nyuma y’amakosa yabaye ku mukino wa shampiyona APR FC iheruka kugwamo miswi na Gorilla FC 0-0. Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu yakoze amakosa yo gukinisha abakinnyi barindwi […]
RBA yirukanye abakozi 12,abandi 6 baragabirwa
Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) kirukanye abari abakozi bacyo 12 biganjemo abari abayobozi mu nzego zitandukanye, barimo Umwanditsi Mukuru, Umuyobozi wa Radiyo Rwanda, abayobozi ba Radiyo Musanze na Rusizi, Uwari ukuriye ishami rishinzwe abakozi n’abandi. Mu itangazo ryahawe abakora muri urwo rwego rigaragaza abirukanywe barimo Gakuru Sammy wari uyoboye ishami ry’Imari muri RBA, Ndahiro Uwase Liliane […]