U Burusiya bwashyikirije Ukraine imirambo y’abasirikare 502 bayo
Ukraine kuri uyu wa Gatanu yatangaje ko yashyikirijwe n’u Burusiya imirambo 502 biciwe mu ntambara ibihugu byombi bihanganyemo. Ni amakuru yemejwe n’ibiro bikuru bya Ukraine bishinzwe guhuza ibikorwa byerekeye amasezerano y’imfungwa z’intambara, muri raporo byasohoye kuri uyu wa Gatanu. Iyo raporo ivuga ko “nk’umusaruro w’ingamba zo gucyura [abasirikare], imirambo y’abasirikare 502 baguye ku rugamba yagaruye […]
Philippines: Visi Perezida yanze kwitaba ngo asobanure uko yavuze ko azica perezida
Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 29 Ugushyingo 2024, Visi Perezida wa Philippines, Sara Duterte, yanze kwitaba ngo atange ibisobanuro ku magambo aherutse gutangaza yiyemerera ko yasabye umwicanyi kuzica Perezida, Ferdinand “Bongbong” Marcos Jr naramuka nawe yishwe. Ubufatanye hagati ya Sara Duterte (umukobwa wa Rodrigo Duterte wahoze ari perezida) na Marcos (nawe ufite se wabaye […]
Dore uko imikino y’Umunsi wa 11 wa Shampiyona y’u Rwanda ipanze
Umunsi wa 11 wa shampiyona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru (Rwanda Premier League) wageze, aho amakipe akomeye arimo Police FC, Rayon Sports, APR FC, na AS Kigali, aramanuka mu kibuga. Police FC na Amagaju FC zatangiye umunsi wa 11 zesurana uuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Ugushyingo 2024, Police FC. Rayon Sports na Vision […]
RRA yerekanye ibicuruzwa bya magendu byafatiwe ku mupaka w’u Rwanda na Tanzania

Ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, na Polisi y’Igihugu, RNP, kuri uyu wa Gatanu, itariki 29 Ugushyingo 2024, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe, Imisoro n’Amahoro, RRA, cyagaragaje ibicuruzwa byafatiwe ku mupaka wa Rusumo byinjizwa mu gihugu mu buryo bwa magendu. Ibyo bicuruzwa ni ibyuma by’imodoka (spare parts), amavuta yo kwisiga n’inkweto byagombaga gusora asaga miliyoni 77 Frw. Umwe […]
Rubavu: Aborojwe na DASSO bavuze imyato Perezida Kagame

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rubavu bakomoka mu miryango itishoboye, bavuze imyato Perezida Kagame nyuma yo korozwa n’abakozi b’urwego rwunganira akarere ka Rubavu mu by’umutekano rwa Dasso. Mu mwaka wa 2006 nibwo Perezida Paul Kagame yatangije gahunda ya Girinka Munyarwanda igamije ko buri rugo rw’umuturage utunzwe n’ubuhinzi cyangwa ubworozi rugira inka irukamirwa. Imibare […]
Somaliya: Leta ya Jubaland yacanye umubano na guverinoma nkuru ya Mogadishu
Leta ya Jubaland yo mu majyepfo ya Somaliya yatangaje ko yacanye umubano na guverinoma nkuru ya Mogadishu. Ibi byatangajwe ku wa Kane nyuma y’inama y’abaminisitiri bo muri iyi leta bakoreye i Kismayo, umurwa mukuru w’ubutegetsi bwa Leta ya Jubaland. Leta ya Jubaland, imaze igihe itavuga rumwe na guverinoma nkuru, yashinje Perezida wa Somaliya, Hassan Sheikh […]
Umugande ahanganiye igihembo cya FIFA n’abarimo Garnacho wa Man U

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Uganda, Uganda Cranes, ndetse na Kitara FC, Denis Omedi, ari guhatanira igihembo cya FIFA Puskás Award cya 2024, nyum y’igitego yatsinze muri mu mikino ya FUFA Super 8 ahanganye na KCCA FC cyatoranyijwe nka kimwe mu bitego byiza bizahatana muri 2024. Ku itariki 26 Kanama 2023, Omedi yatsinze igitego kidasanzwe mu […]
Umuramyi Sinach yajyanwe mu nkiko ashinjwa kwiba
Ikirego nomero FHC / L / CS / 402/2024 cyagejejwe mu Rukiko rwa Leta i Lagos, cyiregwamo Osinachi Kalu Okoro Egbu, uzwi nka Sinach, umwe mu bahanzi b’icyamamare mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, aho yarezwe na Michael Oluwole, umuhanzi akaba n’utunganya imiziki (Producer) umushinja kumwiba indirimbo “Way Maker”, yakunzwe ku rwego mpuzamahanga. Oluwole, […]
Yasambanyije abana 70 anabafata amashusho y’urukozasoni
Ashley Paul Griffith, wahoze ari umukozi wo kwita ku bana mu gihugu cya Ositaraliya, yakatiwe gufungwa burundu nyuma yo kwemera ibyaha byo gufata ku ngufu no guhohotera abana bagera kuri 70 bari hagati y’imyaka 1 na 7. Byatangajwe ko ibi byaha byakorewe mu bigo byita ku bana muri leta ya Queensland no mu mahanga, harimo […]
Filime 9 zagufasha ku ngingo yo gutera akabariro

Mu gihe benshi batekereza ko filime zigamije gutanga ibyishimo no gususurutsa gusa, izindi zikoreshwa mu gusobanura insanganyamatsiko zikomeye no kwigisha. By’umwihariko, filime zivuga ku mibanire n’imyitwarire y’imibonano mpuzabitsina zifasha cyane ababa bashaka kumenya no kwakira neza uwo bari we. Dore filime zatoranyijwe zivuga ku nsanganyamatsiko y’imibanire y’abantu mu buryo bwimbitse, zishobora gutuma umuntu yisobanukirwa cyangwa […]
China: Uwakoreye ibinyamakuru bikomeye bya leta yakatiwe imyaka 7 y’igifungo kubera ubutasi
Kuri uyu wa Gatanu, uwahoze ari umunyamakuru w’ibitangazamakuru bya Leta y’u Bushinwa yakatiwe igifungo cy’imyaka irindwi kubera ubutasi, nk’uko umuryango we wabitangarije BBC . Dong Yuyu, w’imyaka 62, wafunzwe kuva mu 2022, yakoraga mu nzego z’uburezi n’itangazamakuru muri Amerika no mu Buyapani kandi yabonanaga buri gihe n’abadipolomate b’abanyamahanga batandukanye. Ubwo yafatwaga n’abapolisi i Beijing, Dong […]
Lourenço na Perezida Kagame baganiriye ku bibazo bya RDC n’u Rwanda
Perezida João Lourenço wa Angola ku wa Kane tariki ya 28 Ugushyingo yahamagaye kuri telefoni mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda, baganira ku bibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC ndetse no ku bibazo icyo gihugu gifitanye n’u Rwanda. Nta byinshi Angola yigeze itangaza ku byo Kagame na Lourenço baganiriyeho, gusa ikiganiro cy’abakuru b’ibihugu byombi […]
RDC: Uganda yasubije muri Congo insoresore 18 bivugwa ko zari zijyanywe muri M23
Muri Ituri, abasore 18 bafatiwe muri Uganda bazira kuhaguma mu buryo butemewe boherezwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Ku wa kabiri, bagejejwe imbere y’ubuyobozi bwa gisirikare muri Bunia, bashinjwa kuba barakuwe mu nkambi y’abavanwe mu byabo muri Teritwari ya Djugu n’umuntu ukekwaho gukorana n’umutwe wa M23. Nk’uko abategetsi ba Congo babitangaza ngo uru rubyiruko […]
Perezida Faye yasabye ingabo z’u Bufaransa kumuvira mu gihugu
Perezida Bassirou Diomadaye Faye wa Sénégal, yasabye ingabo z’u Bufaransa zimaze igihe ziba mu gihugu cye kuhava zigasubira iwabo. Perezida Faye waganiraga n’ikinyamakuru Le Monde, yavuze ko kuba ingabo z’u Bufaransa ziri muri Sénégal bidahura n’uko iki gihugu kibona ko cyakabaye cyigenga cyangwa gifite ubusugire. Muri Sénégal hari Ingabo z’Abafaransa zibarirwa muri 350. Ni ingabo […]
Pastor Robert Kayanja ari mu Rwanda

Mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 29 Ugushyingo 2024, Pastor Robert Kayanja yageze i Kigali, yakirwa ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali n’itsinda rirangajwe imbere na Apostle Mignonne Kabera wamwakiriye nk’inshuti ndetse nk’umushyitsi w’imena mu giterane cya Thanksgiving. Umuryango wa Gikristo Women Foundation Ministries, washinzwe mu 2006 na Apostle Kabera Alice […]
Nyagatare: Amazi y’ibirohwa bavoma abatera indwara ziterwa n’umwanda
Abatuye mu mirenge ya Rukomo na Gatunda mu karere ka Nyagatare bavuga ko babangamiwe no gukoresha amazi mabi abatera indwara ,bagasaba ubuyobozi gukemura ikibazo cy’amazi muri iyo mirenge . Bamwe mu baturage bavuga ko nubwo hari hashyizwe amavomo ariko yangiritse kuburyo babura aho bavoma amazi meza bakavoma amazi yo mu gishanga nayo arimo isayo . […]
Uganda: Polisi itangaza ko 113 aribo baburiye mu nkangu
Polisi ya Uganda ivuga ko abantu 113 baburiwe irengero, naho abandi 24 bamenyekanye ko bapfuye nyuma y’inkangu yabereye mu burasirazuba bwa Uganda. Iyo nkangu, yatewe n’imvura nyinshi, yibasiye ibyaro byinshi byo mu karere ka Bulambuli, kari mu ntera ya kilometero hafi 280 uvuye mu murwa mukuru wa Kampala. Umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge watangaje ku […]
RSSB yakubye 2 umusanzu wa pansiyo ku bakozi ba Leta
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), cyatangaje ko guhera muri Mutarama 2025 amafaranga y’umusanzu w’Ubwiteganyirize abakozi ba Leta bajyaga bishyura azikuba kabiri. Ni mu itangazo rigenewe abanyamakuru iki kigo cyasohoye ku wa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2024. Mu busanzwe hashingiwe ku tegeko rigenga pansiyo risaba abakozi n’abakoresha gutanga umusanzu ku gipimo kingana, igipimo rusange cy’umusanzu umukozi […]
Tchad yasheshe amasezerano ya gisirikare yari ifitanye n’u Bufaransa
Igihugu cya Tchad ku wa Kane tariki ya 28 Ugushyingo cyatangaje ko cyashyize iherezo ku masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare cyari kimaze igihe gifitanye n’u Bufaransa. Tchad yemeje ayo makuru biciye mu itangazo ryasohowe na Minisiteri yayo ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, nyuma y’uruzinduko rw’akazi Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Jean-Noël Barrot yagiriye i Ndjamena. Minisitiri w’Ububanyi […]
Burundi:65% by’imfungwa zahawe imbabazi na Perezida Ndayishimiye ziracyari mu buroko mu buryo budasobanutse
Umuyobozi w’Ishyirahamwe Aluchoto Burundi mu kiganiro yagiranye n’itangamakuru yatangaje ko mu mfungwa zahawe imbabazi na Perezida Evariste Ndayishimiye abagera kuri 35 % nibo bonyine bamaze kurekurwa mu gihe 65% bakiri mu buroko . Muri icyo kiganiro cyabaye ku wa Gatatu, tariki 27 Gashyantare 2024, Ndayisaba Vienney uyobora Ishyirahamwe rirwanya ibikorwa by’iyicarurubozo Aluchoto Burundi,yagaragagaje ko abagororwa […]
Nyagatare:Umukuru w’umudugudu yahishuye uko yafungishije umuturage mu kigo cy’inzererezi
Umukuru w’umudugudu wa Nsheke, Nayizesi Providence ho mu karere ka Nyagatare yahishuye uburyo bajyanye umuturage witwa Ndayisaba Elias uherutse kuzamura inkoni ngo agiye ku mukubita ariko ntabigereho bamujyanye mu kigo cy’inzererezi ngo abanze agororoke. Ibi Nayizesi yabigarutseho mu kiganiro Isanzure gitambuka kuri BWIZA TV, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki 28 Ugushyingo 2024. […]