U Rwanda rwanenze EU ikomeje kuruca ikarumira ku bacanshuro b’abazungu bari muri RDC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, yanenze Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wokeje u Rwanda igitutu urusaba guhagarika ubufasha uvuga ko ruha M23 ndetse rukavana ingabo zarwo ku butaka bwa RDC, gusa ukaba ukomeje kuruca ukarumira ku kibazo cy’Abacanshuro b’Abazungu bari mu bagize ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo zirwana na M23. EU yokeje M23 n’u […]

Rubavu: Abarwanyi batatu ba FDLR bishyikirije RDF n’intwaro zabo

Abarwanyi 3 bo muri FDLR irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bambutse umupaka uhuza u Rwanda na RDC, bishyikiriza Igisirikari cy’u Rwanda bitwaje intwaro zabo n’icyombo cy’itumanaho. Amakuru BWIZA ivana mu baturage bi mu murenge wa Busasamana, n’uko bambutse muri iki gitondo cyo kuwa 07 Mutarama 2025, mu masaha ya saa moya z’igitondo banyuze mu kibaya gihuza […]

Kagame na Tshisekedi i Accra 

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri yageze i Accra muri Ghana, aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida mushya w’iki gihugu, John Mahama Dramani. Perezida Mahama watsinze amatora ku majwi 56.3%, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mutarama ni bwo arahirira gusimbura ku butegetsi Nana Akufo-Addo. Mu Ukuboza ubwo yatangazwaga nk’uwatsinze amatora, Perezida Paul […]

Uganda: Kiliziya yanze gusengera Lt. Ariho wa UPDF uherutse gupfa yiyahuye

Umurambo wa Lt. Amon Ariho, umusirikare w’ingabo z’igihugu cya Uganda (UPDF) wiyambuye ubuzima mu cyumweru gishize, yashyinguwe mu muhango wabereye mu isambu ya ba sekuruza be mu Kagari ka Mwanjari, Paruwasi ya Kibanda, mu Murenge wa Kamwezi, mu Karere ka Rukiga. Umurambo wa Lt. Ariho, wakoraga muri Brigade y’Ubwubatsi ya UPDF, bivugwa ko yerekeje i […]

Uburyo 8 bwo kubaka urugo rwiza

Umubano w’abashakanye ntushingira gusa ku rukundo, gukururana cyangwa kugira ibyo bahuriyeho. Nubwo umubano mwiza udashobora kuba mwiza mu buryo bwuzuye abashakanye bashobora guharanira kubaka urugo rurambye bifashishije ingamba zihamye. Nk’uko abantu batandukanye bafite uko babona urugo rutunganye hari ibintu by’ingenzi bishobora gushyirwa mu bikorwa kugira ngo umubano ugire imbaraga kandi uhamye. Hano hari uburyo umunani […]

Zabyaye amahari hagati ya Sénégal, Tchad na Macron wise abategetsi ba Afurika indashima

Ibihugu bya Sénégal na Tchad byibasiye Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, nyuma yo kuvuga amagambo yafashwe nko kwishongora ku bategetsi ba Afurika yise indashima. Macron ku wa Mbere ubwo yaganiraga na ba Ambasaderi bahagarariye ibihugu byabo mu Bufaransa, yagaragaje ko abategetsi ba Afurika bibagiwe gushimira u Bufaransa avuga ko bwahaye Afurika umusanzu wo kurwanya iterabwoba […]

Umubyinnyi General Benda arembeye mu bitaro nyuma y’imburo ya Minisitiri w’Ubuzima

Umubyinnyi General Benda yahuye n’uburwayi bwa Malaria bwatumye bamujyana mu bitaro aho arimo kwitabwaho n’abaganga. Ibi bibaye nyuma y’iminsi Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana asabye Abanyarwanda gukaza ingamba zo kwirinda Malaria, bitewe n’uko iyi ndwara yongeye gufata intera. Mu mashusho mato akomeje gukwirakwira ku mbugankoranyambaga yerekana uyu musore aryamye mu gitanda afite selumu ku kuboko […]

Amerika yasabye M23 guhita ihagarika imirwano no kubahiriza agahenge

Kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 6 Mutarama 2025, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye icyo zise “guhonyora bikabije ihagarikwa ry’imirwano” muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kw’inyeshyamba za M23 zafashe Umujyi wa Masisi-Centre, umujyi ukomeye mu burasirazuba bw’igihugu. Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Matthew Miller yagize ati: “Iterambere rikomeje gukorwa na M23, harimo […]

Rubavu: Ikamyo yo mu bwoko bwa Howo yongeye kugonga ibitaro bya Gisenyi

Ikamyo yo mu bwoko bwa Howo yongeye kugonga ibitaro bya Gisenyi, biherereye mu karere ka Rubavu ikomerekeramo bane. Iyi mpanuka yabaye mu gitondo, cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Mutarama 2025, mu murenge wa Gisenyi, akagari ka Nengo ho mu mudugudu wa Gikarani yakozwe n’imodoka yari yambaye Purake RAF 698 Z, amakuru akaba avuga […]

U Burusiya buravuga ko bwafashe Umujyi wa Kurakhove wo muri Donetsk

U Burusiya buravuga ko ingabo zabwo zafashe Umujyi wa Kurakhove uri mu burasirazuba bwa Ukraine mu karere ka Donetsk. Uyu mujyi wahuye n’iterambere ry’ingabo z’u Burusiya mu mezi ashize kandi ni inzira igana mu mu mujyi w’ingenzi wa Pokrovsk. Ukraine ntiyigeze yemera ifatwa rya Kurakhove, umujyi uri ku birometero 35 mu majyepfo ya Pokrovsk nk’uko […]

Abakristo bo mu Burayi bari mu mazi abira

Abakristo hirya no hino mu Burayi baratangaza ko bahura n’ibibazo birimo gukubitwa, gutukwa, kwirukanwa ku kazi, ndetse no gusabwa guceceka ku myemerere yabo mu biganiro byihariye cyangwa ku mbuga nkoranyambaga zabo bwite nk’uko raporo nshya y’imiryango irengera uburenganzira bw’abantu ibigaragaza. Mu Bufaransa abihayimana babiri bahisemo kwimuka mu gace babagamo nyuma yo gukubitwa, kubacira no gutukwa […]

Gen. Masunzu yatangiye imirimo ku mugaragaro yizeza guhangana na RDF na Twirwaneho

Lt. Gen. Pacifique Masunzu, uherutse kugirwa Komanda wa zone ya 3 y’ubwirinzi mu Gisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere, itariki 6 Mutarama 2025, yatangiye imirimo ye ku mugaragaro nyuma yo guhererekanya ububasha n’uwo yasimbuye mu muhango wabereye i Kisangani witabiriwe na ba komanda bose b’imitwe y’ingenzi. Lt. Gen. Masunzu ugiye […]

Jennifer Lopez yatandukanye n’umugabo we bamaranye imyaka 2

Jennifer Lopez na Ben Affleck bamaze kurangiza ibyerekeye gutandukana kwabo, aho basabye urukiko rwo muri Los Angeles kwemeza burundu gatanya yabo. Lopez yashyikirije urukiko inyandiko ku wa Mbere zigaragaza ko we na Affleck bamaze kumvikana ku byerekeye umutungo n’ibindi byose bijyanye no gutandukana kwabo. Ubu bwumvikane bwabaye mu Nzeri 2024 amezi make nyuma y’uko Jennifer […]

Umunya-Canada yapfiriye muri Kenya nyuma yo kumara ijoro yikinisha

Umunya-Canada witwa Gregory John Kilgour, w’imyaka 66 yasanzwe yapfuye mu cyumba cye giherereye i Shanzu, Mombasa muri Kenya mu gitondo cyo ku wa Mbere. Bikekwa ko urupfu rwe rwatewe n’ibikorwa byo kwikinisha yarayemo mu ijoro ryo ku cyumweru rishyira ku wa Mbere yapfiriyeho. Nk’uko Polisi yo muri Kenya yabitangaje, umurambo wa Kilgour wasanzwe mu nzu, […]

EU yababajwe no kuba M23 yarafashe Masisi

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), ku wa Mbere wamaganye ifatwa ry’umujyi wa Masisi n’inkengero zawo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma yo kwigarurirwa n’inyeshyamba za M23. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo M23 yemeje ko yigaruriye Masisi Centre. EU mu itangazo yasohoye, yasabye M23 kuva muri kariya gace by’ako kanya ndetse […]

Gen. Tshiwewe yahererekanyije ububasha n’Umugaba Mukuru mushya wa FARDC

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 6 Mutarama, mu kigo cya gisirikare cya Kokolo, i Kinshasa, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, habaye umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Gen, Christian Tshiwewe Songesha wari umaze imyaka 2 ari Umugaba Mukuru wa FARDC  na Lieutenant General Jules Banza Mwilambwe wamusimbuye ku itariki ya 16 Ukuboza 2024. Mw’ijambo rye […]

Byagenze gute ngo Rayon Sports iterete birangire Police FC irongoye

Mu masaha make cyane Byiringiro Lague wari utegerejwe nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports yatangajwe nk’umukinnyi wa Police FC, aho yasinye amasezerano azarangira mu mpeshyi ya 2026. Ku wa Mbere tariki ya 6 Mutarama 2025 nibwo Byiringiro yageze i Kigali aho yakiriwe n’ubuyobozi bwa Rayon Sports bwari bumaze iminsi mu biganiro na we. Akigera i Kigali […]

Colonel Paluku wa FARDC n’abasirikare barenga 100 biyunze kuri M23

Amakuru Aturuka muri Kivu y’Amajyaruguru aravuga ko Colonel Schadrack Paluku wari umusirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abasirikare barenga 100 yari ayoboye bamaze kwiyunga kuri M23. Ku wa Mbere tariki ya 6 Mutarama ni bwo uyu Colonel n’abasirikare 124 bakiriwe muri M23, nk’uko amakuru agera kuri BWIZA abivuga. Aba kandi bari […]

Amerika yashinje u Burusiya gutera inkunga impande zombi zirwana muri Sudani

Kuri uyu wa Mbere ushize, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje u Burusiya mu Muryango w’Abibumbye gutera inkunga impande zombi zirwana muri Sudani, iyi ikaba ari intambwe ishimangira ibyo Washington yari yavuze mbere ko Moscou ikina ku mpande zombi mu makimbirane kugira ngo igere ku ntego zayo za politiki. Intambara yadutse muri Mata 2023 kubera […]

Umugabo n’umugore we bishe abana babo nabo bariyahura

Umugabo witwa Anup Kumar w’imyaka 38 n’umugore we Rahki w’imyaka 35, bari batuye ahitwa Bengaluru mu Gihugu cy’u Buhinde bishe abana babo bakoresheje uburozi nabo bahita biyahura barapfa. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Mutarma 2025 ,nibwo abakozi bakoreraga Anupa na RAshiki imirimo yo kubatekera n’abitaga kuri abo bana aribo batanze amakuru nyuma yo […]

Transit Center zikwiye kuvaho, abazijyanwamo bagahabwa indishyi z’akababaro: Dr Habineza

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Dr Frank Habineza, asanga ibigo ngororamuco bizwi nka Transit Centers binyuzwamo abantu by’igihe gito bikwiye kuvaho, ngo kuko bikora binyuranyije n’amategeko. Dr Habineza yongeye gutanga iki cyifuzo, mu gihe hari abanenga imikorere ya biriya bigo.Bamwe mu babinyuzwamo binubira ku kuba ubuzima bushaririye bubirangwamo burimo gukubitwa, ku […]