Rubavu: Umusore wavugwagaho ubutinganyi yishwe atewe ibyuma n’uwo bararanye

Umusore witwa Bizumuremyi Eric uri mu kigero cy’imyaka 25 wari ucumbitse mu karere ka Rubavu wavugwagaho kuba umutinganyi yishwe na mugenzi we bararanye amuteye ibyuma mu musaya. Ni mu gihe ubuyobozi buvuga ko amakuru yerekeye iby’ubutinganyi ntayo bahawe. Aya makuru yamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu, tariki 07 werurwe 2025, aho byabereye mu […]

Polisi y’u Rwanda yafashe umunya-Liberia wahondaguye abasekirite bo muri kaminuza

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe umunyeshuri ukomoka muri Liberia nyuma yo gushyamirana n’abashinzwe umutekano wa Kaminuza ya East African University Rwanda. Ibyo bibaye nyuma y’uko amashusho y’iyo mirwano yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uwo munyeshuri arwana n’abasekirite b’iyo kaminuza. David Ikechukwu, wari umunyeshuri mu mwaka wa mbere, bivugwa ko yari amaze iminsi yarirukanwe n’akanama […]

MIFOTRA yatangaje impinduka mu mikorere y’ibizamini by’akazi

Minisiteri y’imirimo ya leta, MIFOTRA iramenyesha abashaka kwinjira mu kazi ka Leta, ko bagiye kujya bakora ikizamini cy’isuzumabushobozi (psychometric test). Iki ni cyo kizamini kizajya kibanza, uwagize nibura amanota 50/100 ni we uzakomeza ku bindi bizamini (icyanditse na interview). Itangazo rya MIFOTRA rivuga Iki kizamini giteganywa mu ngingo ya 7 y’Iteka rya Perezida N° 128/01 […]

Lubero: Ingabo za Uganda zafashe agace M23 yavuyemo

Umutwe wa M23 ku wa Kane tariki ya 6 Werurwe wavuye mu gace ka Kagheri ko muri Teritwari ya Lubero ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Sosiyete Sivile yo muri ako gace yabwiye Radio Okapi ko M23 yavuye muri kariya gace itarwanye, mu gihe yari yarakigaririye ku wa 2 Gashyantare nyuma y’imirwano yayisakiranyije n’Ingabo za […]

Centrafrica: Gen Nyakarundi yasuye Ingabo za Minusca

Kuri uyu wa Kane, itariki 6 Werurwe 2025, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, hamwe n’Umuvugizi w’Ingabo, Brig Gen Ronald Rwivanga, Umuyobozi ushinzwe Amahugurwa muri RDF, Lt Col Laurent Kabutura, hamwe n’abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda zikorera ku cyicaro gikuru cya MINUSCA, basuye Umuyobozi w’Ingabo za Minusca, Lieutenant General Humphrey Nyone ku […]

Bwa mbere Ukraine yakoresheje Mirage 2000 yahawe n’u Bufaransa 

Igisirikare cya Ukraine cyatangaje ko cyaraye cyifashishije indege z’intambara zo mu bwoko bwa Mirage 2000 yahawe n’u Bufaransa, mu guhanura za missiles na drones u Burusiya bwakoresheje buyirasaho. Ukraine ivuga ko missiles 58 na drones 194 ari zo yasohoye. Ni bwo bwa mbere iki gihugu cyari cyifashishije ziriya ndege cyahawe n’u Bufaransa mu kwezi gushize.

Rwamagana: Umugore ari gusohorwa mu nzu n’umuryango w’umugabo we wishwe n’impanuka

Mu Kagali ka Cyanya, mu Murenge wa Kigabiro, mu Karere ka Rwamagana, kuri uyu wa Gatanu haravugwa  umuryango wapfushije umutware wishwe n’impanuka none havutse impaka za ngo turwane nyuma yaho umuryango wa nyakwigendera uhageze ugashaka gusohora umugore wabanaga nawe banabyaranye uvuga ko utamuzi, ndetse ugashaka kujya gushyingura mu Karere ka Ngoma aho kumushyingura i Rwamagana […]

Uwayoboye Komisiyo ya EU aremeza ko kwinjiza Ukraine muri NATO byaba ari ikosa

Jean-Claude Juncker wahoze ari Perezida wa Komisiyo y’u Burayi, yaburiye ko Ukraine idakwiye kwinjira muri NATO kuri ubu mu rwego rw’umutekano kuko bishobora guteza intambara yeruye hagati yabo n’u Burusiya. Juncker wanabaye Minisitiri w’Intebe wa Luxembourg, yatangaje ko kwinjira mu Muryango wa NATO kwa Ukraine bishobora gukurura ingingo ya 5 (article 5), ingingo ya NATO […]

Bukavu: Ikindi gitero cyiciwemo abantu

Amakuru aturuka mu mujyi wa Bukavu aravuga ko mu ijoro ryacyeye hagabwe igitero cyiciwemo abantu, abandi benshi barakomereka. Byabaye mu ijoro ryacyeye ubwo abantu bitwaje intwaro batahise bamenyekana bateraga ingo z’abaturage muri Komine za Ibanda na Kadutu, bakica bamwe muri ba nyiri urugo mbere yo kwiba bimwe mu bintu by’agaciro bari batunze. Amakuru kandi avuga […]

Inzoka yarumye igitsina cy’umugabo yanga kucyirekura

Umugabo wo muri Brazil yahuye n’akaga gakomeye ubwo inzoka yamurumaga ku gitsina ikanga kumurekura nk’uko bigaragara mashusho yo kuri murandasi akomeje gutangaza abantu benshi. Uyu mugabo, wari uryamye hasi ababara cyane, yagaragaye mu mashusho yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga mu gihe mugenzi we yamufataga amashusho ari kure. Undi muntu witanze yagerageje gukiza uyu mugabo akoresheje inkoni, […]

Yiyitiriye kuba umusirikare akajya yizeza abantu akazi ko mu gisirikare

Umugabo witwa Nchambi Nsungwa Mapanda uzwi ku izina rya Emanuel Gangala w’imyaka 24 wo mu mugi wa Bariadi mu Ntara ya Simiyu, yagejejwe imbere y’urukiko akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo kwiyitirira umusirikare wa Tanzania. Ubushinjacyaha, buhagarariwe na Betrice Mboya bwabwiye Urukiko Rukuru rwa Simiyu, ruyobowe n’Umucamanza Alex Mtenga, ko ku itariki ya 14 Gashyantare 2025, uyu […]

Batandatu bapfiriye mu iturika ry’ikamyo yari itwaye lisansi

Abantu batandatu bapfuye nyuma y’uko ikamyo itwaye lisansi iturikiye mu gace ka Karami Rami, muri Babban Rami Ward, mu Karere ka Mashegu ho mu gihugu cya Niger. Iyo mpanuka yabaye ubwo iyo kamyo yari itwaye lisansi iyijyanye muri Niger yarengaga umuhanda ikagwa, maze lisansi igatemba ari na bwo habaye iturika rikomeye. Abatangabuhamya bavuze ko impamvu […]

Minisitiri wa Siporo yaganiriye na El-Hadji Diouf

Umunyabigwi mu mupira w’amaguru wo muri Sénégal, El-Hadji Diouf yagiranye ibiganiro na Minisitiri wa Siporo w’u Rwanda, Nelly Mukazayire ku mahirwe ari mu ishoramari ry’imikino mu gihugu. Ibi biganiro byabaye ku wa Kane, tariki ya 6 Werurwe 2025 byagarutse ku buryo siporo nyarwanda ishobora gutezwa imbere binyuze mu bufatanye n’abashoramari mpuzamahanga. Minisitiri Mukazayire na Diouf […]

Itorero ryabatije DJ Brianne ryahagaritswe

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwatangaje ko “Elayono Pentecostal Blessing Church” na “Sons of Korah International” zitemerewe gukorera mu Rwanda kuko zitanditswe nk’uko amategeko abisaba. Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 6 Werurwe 2025, rigaragaza ko ibikorwa by’iyi miryango bigomba guhita bihagarara. Elayono Pentecostal Blessing Church yari iyobowe na Prophet Erneste Nyirindekwe, umuhanuzi uzwi mu Rwanda. […]

Sudani yajyanye UAE mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera

Sudani irashinja Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) jenoside. Mu kirego cyatanzwe kuri uyu wa Kane, itariki 6 Werurwe 2025, imbere y’Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera, urwego rw’ubucamanza rukuru rwa Loni, Khartoum irasaba gutegeka ingamba zihutirwa. Khartoum irasaba abacamanza gutegeka Abu Dhabi kubuza imitwe yitwara gisirikare ishyigikira gukora jenoside. Abayobozi ba Sudani barashinja Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu kurenga […]

Tanzania: Perezida Samia yemeye arena ya miliyoni 172 $ yo guhangana na BK Arena

Mu ntambwe ishimishije yo kuzamura ibikorwa remezo bya siporo n’imyidagaduro muri Tanzania, Perezida Samia Suluhu Hassan yatangaje ishoramari rya miliyoni 172 z’amadolari yo kubaka ikibuga cya siporo n’imyidagaduro cy’imbere mu nzu. Uyu mushinga ukomeye ugamije kubaka inyubako yo guhangana n’iy’u Rwanda imaze kumenyekana cyane izwi nka BK Arena no gushyira Tanzaniya ku rutonde rw’ahantu ha […]

Micomyiza yasabye ibimenyetso bimushinjura biri ku cyicaro cya FPR

Ubwo yongeraga kwitaba urukiko kuri uyu wa Kane, itariki ya 6 Werurwe 2025, Micomyiza Jean Paul uregwa ibyaha bya jenoside yavuze ko kuba mbere ya jenoside yaragiye ku Mulindi ahari ikicaro gikuru cya FPR ari ikimenyetso cy’uko nta rwango yari afitiye Abatutsi. Umwe mu bunganira Micomyiza Maître Salomon Karuranga yavuze ko abatangabuhamya bashinjura Micomyiza ishinjwa […]