Perezida Kagame na Madamu bakurikiye umukino Amavubi yatsinzwemo na Nigeria

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi yatsinzwe na Nigeria ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 21 Werurwe 2025. Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari mu barebye uyu mukino w’umunsi wa Gatanu wo mu itsinda C ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026. Nigeria yafunguye amazamu ku […]
Nyaruguru: Abayobozi 2 b’akarere barafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abayobozi bo mu karere ka Nyaruguru, rukaba rubakekaho ubufatanyacyaha mu kunyereza umutungo ndetse no gukoresha inyandiko zitavugisha ukuri. Abafunzwe nk’uko RIB yabitangaje ibicishije ku rubuga rwayo rwa X ni Ndungutse Leon, usanzwe ari Umuyobozi w’imirimo rusange mu Karere ka Nyaruguru na Amahe Arthur ushinzwe imibereho myiza muri ako […]
Intumwa yihariye ya Trump kwa Perezida Kagame nyuma yo guhura na Tshisekedi

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Werurwe, yakiriye anagirana ibiganiro na Dr. Ronny Jackson uyobora Komisiyo Ishinzwe Ubutasi n’ibikorwa byihariye bya gisirikare mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Umukuru w’Igihugu ubwo yamwakiraga muri Village Urugwiro yari kumwe n’abarimo Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Umutekano […]
Perezida wa Tunisia yirukanye Minisitiri w’Intebe

Perezida wa Tunisia, Kais Saied, yirukanye Minisitiri w’Intebe, Kamel Maddouri, nyuma y’igihe kitarenze umwaka amushyizeho mu gihe ubukungu bwifashe nabi ndetse n’ikibazo cy’abimukira biyongera baturuka mu bihugu byo muri Afurika yo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara. Maddouri yasimbuwe na Sara Zaafarani, injeniyeri wari minisitiri w’ibikoresho n’imiturire kuva mu 2021.Ni minisitiri w’intebe wa gatatu wa Tunisia mu […]
Perezida Mnangagwa yemereye ikipe y’igihugu Miliyoni 212 Frw nibatsinda Nigeria

Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa yasezeranyije ikipe y’igihugu, The Warriors igihembo cya $150,000 [212,041,695 RWF] nibatsinda Nigeria mu mukino wo guhatanira itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026. Iyi nkunga yemejwe na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Zimbabwe (ZIFA), Nqobile Magwizi, aho igihugu cyashyize imbere intego yo kubona itike ya mbere y’Igikombe cy’Isi. Mu itangazo ryasohowe na ZIFA, Guverinoma ya […]
Kanye West arashinja Kim Kardashian uburaya no gucuruza abantu bo gusambanywa

Umuraperi w’umunyamerika, Kanye West yatangaje ko uwahoze ari umugore we, Kim Kardashian n’umuryango we bacuruza abantu by’umwihariko abana b’abirabura bo kujya basambanywa n’abagabo cyangwa abagore. Aya magambo akakaye yayatangaje mu gihe akomeje urugamba rwo guhatanira uburenganzira bwo kurera abana bane yabyaranye na Kim Kardashian. Nk’uko byatangajwe na TMZ, Kim Kardashian yahagaritse urugendo rw’umukobwa wabo, North […]
Umuhanzi Orezi wijeje umukobwa inzu kugira ngo baryamane

Umuhanzi w’umunya-Nigeria, Orezi yatangaje ko yigeze kwizeza umukobwa inzu ariko ntiyabasha kuzuza iryo sezerano yakoze ubwo yashakaga kuryamana n’uwo mukobwa. Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Echo Room aho yatanze igitekerezo cye ku bibazo bivugwa ku muhanzi Burna Boy n’umunyamideli Sophia Egbueje ku bijyanye na Lamborghini uyu muhanzi yamwemereye ubwo yashakaga ko baryamana. Orezi yavuze […]
Kera kabaye ingabo za Sudani zambuye RSF Perezidansi

Igisirikare cya Sudani kuri uyu wa Gatanu cyigaruriye ingoro ya Perezida wa kiriya gihugu, nyuma yo kuyirukanamo umutwe wa RSF wari umaze igihe warayigaruriye. Mu myaka ibiri ishize ni bwo Rapid Support Force yari yarigaruriye Perezidansi ya Sudani ndetse n’inyubako nyinshi za za Minisiteri zitandukanye. Umuvugizi w’Igisirikare cya Sudani, Nabil Abdallah, yatangarije kuri Televiziyo ko […]
RIB yasabye abakoresha telefoni kugira amakenga

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, (RIB), rurasaba abantu kugira amakenga ndetse bakanamenya uko bakoresha telefoni zabo, kuko hari abatekamutwe basigaye bashuka abaturage bikarangira babacucuye. RIB yatanze uwo muburo ku wa Kane tariki ya 20 Werurwe, ubwo yari mu bukangurambaga bugamije gukangurira abaturage kurwanya ibyaha birimo iby’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ibyifashisha ikoranabuhanga n’ibindi. Ni ubukangurambaga bwabereye mu murenge […]
Umujyi wa Kigali washyizeho imodoka n’amatike by’ubuntu ku bashaka gushyigikira Amavubi

Umujyi wa Kigali watangaje ko hari imodoka zatunganijwe kugira ngo zifashe abaturage kugera kuri Stade Amahoro, aho Ikipe y’Igihugu, Amavubi irakira Nigeria kuri uyu wa Gatanu. Meya w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel yavuze ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo korohereza abifuza gushyigikira Amavubi cyane ko uyu mukino ufite agaciro gakomeye. Mu kiganiro yagiranye na […]
Gicumbi: Umukobwa w’imyaka 22 arashinjwa kubyara umwana akamutera icyuma

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gicumbi, kuwa Kabiri, itariki 18 Werurwe, bwaregeye Urukiko rw’ Ibanze rwa Byumba ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, Umukobwa w’imyaka 22 y’amavuko utuye mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Rutare, ukurikiranyweho icyaha cyo kwica Umwana yibyariye amuteye icyuma. Icyaha akurikiranyweho yagikoze ku itariki 25 Gashyantare 2025 ubwo yabyaraga umwana ugejeje igihe cyo […]
Tanzaniya: Impunzi y’Umurundi yasanzwe yishwe yaciwe umutwe hafi y’inkambi

Ubwoba bwongeye kwibasira inkambi y’impunzi ya Nduta muri Tanzaniya, nyuma y’uko Rémy Ndayikeza, impunzi y’Umurundi iri mu kigero cy’imyaka 30, basanze yapfuye kandi yaciwe umutwe nyuma yo kuburirwa irengero hamwe na bagenzi be babiri mu byumweru bibiri bishize. Umurambo we watangiye kwangirika wavumbuwe mu mudugudu uri hafi aho, bitera impungenge z’ibyaha byateguwe. Nk’uko ubuhamya butandukanye […]
Alex Muhangi ntakozwa ibyo kwishyura Bebe Cool yita umupagasi we

Umunyarwenya Alex Muhangi amaze ukwezi mu makimbirane n’umuhanzi Bebe Cool yatangiye nyuma y’uko Bebe Cool yangaga kuririmba mu gitaramo cya Comedy Store kubera ko atari yishyuwe amafaranga yose bumvikanye. Nyuma y’ibi, aba bombi batangiye guterana amagambo akomeye ndetse Bebe Cool atangaza ko agiye kurega Muhangi ku cyaha cyo kwigwizaho amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko binyuze […]
M23 nyuma yo gufata Walikale harakurikiraho iki?

Ku wa Gatatu tariki ya 19 Werurwe, umutwe wa M23 ni bwo wigaruriye Centre ya Walikale isanzwe ari umurwa mukuru wa Teritwari ya Walikale iri muri esheshatu zigize intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Uyu mutwe wigaruriye kariya gace utarwanye, kuko wagiye kukageramo ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zari zikarimo zamaze guhunga zigana […]
Wigeze wumva ninjiye mu bitaro mu myaka 38 maze ndi Perezida? – Museveni

Ku wa Gatatu, itariki ya 19 Werurwe 2025, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yahuye n’abanyamakuru bo mu Karere ka Bunyoro kuri State Lodge muri Masindi, aho yavuze ku bibazo by’ingenzi birimo ubuvuzi, kurwanya ubukene, kwimura abantu ku butaka no guhindura ubukungu. Aha ni naho yatangarije ko mu myaka hafi 40 amaze ku butegetsi atarajyanwa mu bitaro. […]
Kinshasa: Urubanza rw’abasirikare bahunze M23 byatangiye rushyizwe mu muhezo

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Kinshasa rwemeje, kuri uyu wa Kane, itariki ya 20 Werurwe, ko iburanisha ry’urubanza rw’abasirikare bakuru ba FARDC na Polisi y’igihugu cya bashinjwa cyane cyane guhunga umwanzi, M23, no guta ibikoresho i Goma na Bukavu rizakomereza mu muhezo mu gihe ubwo ryatangiraga kuwa 13 Werurwe 2025 ryari ryashyizwe mu ruhame. Abanyamakuru […]
M23 itegerejwe i Doha

Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23, rigiye kohereza i Doha muri Qatar mu biganiro bigamije gukemura amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni ibiganiro AFC/M23 yatumiwemo na n’ubwami bwa Qatar, nyuma y’ibiheruka kuhahuriza ba Perezida Paul Kagame na Félix Antoine Tshisekedi. Bivugwa ko Doha yahaye ubutumire M23 mu rwego […]
Abayobozi b’ingabo muri RDF na UPDF bahuriye mu nama i Mbarara

Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’Ingabo z’igihugu cya Uganda (UPDF) bahuriye mu nama ya kane y’abayobozi b’ingabo zikorera hafi y’imipaka kuva ku itariki ya 20-22 Werurwe 2025 mu Mujyi wa Mbarara, muri Uganda. Bagamije gusuzuma uko umutekano uhagaze ubu, gukemura ibibazo n’ibyuho bigira ingaruka ku mipaka hagamijwe kubungabunga umutekano ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda. […]
Rubavu: Abapolisi basoje amahugurwa y’ibanze mu gucunga umutekano wo mu mazi

Kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Werurwe, mu Karere ka Rubavu habereye umuhango wo gusoza amahugurwa ajyanye n’ibikorwa byo gucunga umutekano wo mu mazi no kurohora abarohamye (Basic diving course), yari amaze amezi atatu abera mu kiyaga cya Kivu. Ni amahugurwa yitabiriwe n’abapolisi 10 bo mu ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi […]
Angola ntiyakiriye neza umuhuro wa Perezida Kagame na Tshisekedi w’i Doha

Leta ya Angola yatangaje ko yatunguwe no kubona ba Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda bahurira i Doha. Byatangajwe kuri uyu wa Kane na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu, Amb. Tete Antonio. Umukuru wa dipolomasi ya Angola yavuze ko batunguwe cyane n’uriya muhuro “mu […]