Amavubi yanganyije na Lesotho

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yanganyije na Lesotho igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 25 Werurwe 2025, mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi. Amavubi yafunguye amazamu ku munota wa 57 aho Kwizera Jojea yatsinze igitego nyuma y’umupira muremure wari utanzwe na Muhire Kevin. Gusa ku munota wa 82, […]
Thomas Lubanga na we yashinze umutwe ugamije guhirika Tshisekedi

Thomas Lubanga Dylo wigeze gufungirwa muri gereza y’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC), yashinze umutwe w’inyeshyamba mushya ugamije gukuraho ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni umutwe yise la Convention pour la Révolution Populaire (CRP), ukaba ufite icyicaro mu ntara ya Ituri. Uyu mutwe mu itangazo wasohoye ku wa Mbere tariki ya 24 Werurwe, wavuze ko […]
Sudani y’Epfo: Visi Perezida arashinja Uganda kurenga kuri embargo yafatiwe igihugu cye
Visi Perezida wa mbere wa Sudani y’Epfo, Riek Machar, yashinje Uganda kurenga ku cyemezo cy’Umuryango w’Abibumbye kibuza kwinjiza intwaro mu gihugu (embargo), yinjiza mu gihugu ingabo zirwanira mu kirere n’ibikoresho, ndetse no kugaba ibitero by’indege hirya no hino mu gihugu. Mu ibaruwa yandikiye Umuryango w’Abibumbye, Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango w’akarere ka IGAD, Machar yavuze ko […]
Umujyi wa Paris wasabye ihagarikwa ry’igitaramo cya Maître Gims cyashyizwe ku munsi w’Icyunamo

Umujyi wa Paris wasabye Polisi gukumira igitaramo cy’umuhanzi Maître Gims cyari giteganyijwe ku wa 7 Mata 2025 kuko gihuriranye n’umunsi mpuzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. Iki gitaramo cyiswe “Solidarité Congo” cyari kigamije gukusanya inkunga yo gufasha abana bo mu burasirazuba bwa RDC bahuye n’ingaruka z’intambara. Gusa, Abanyarwanda n’imiryango irwanya Jenoside yakorewe Abatutsi bagaragaje […]
U Burundi si bwo bukwiye kubazwa impamvu M23 ikomeje gufata imijyi: Ndayishimiye

Perezida Evariste Ndayishimiye yatangaje ko u Burundi atari bwo bukwiye kuzira kuba umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira uduce ndetse n’imijyi yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko ahubwo bikwiye kubazwa iki gihugu bwagiye gufasha. Kuva muri 2023 amakuru avuga ko u Burundi bumaze kohereza muri Congo ingabo zibarirwa mu 15,000 zagiye guha umusada iza […]
Ituri: Imirwano hagati ya CODECO na UPDF yaguyemo nibura abantu 9

Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko byibuze abarwanyi icyenda ba CODECO kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 25 Werurwe, bishwe abandi bane barakomereka mu mirwano hagati yabo n’Ingabo za Uganda (UPDF), mu Mudugudu wa Beteleem muri Fataki, muri Teritwari ya Djugu, mu Ntara ya Ituri, mu gihe UPDF ibabajwe n’umusirikare wakomeretse bikabije. Nk’uko aya […]
RIB ifunze 3 bari bamaze kuriganya abantu arenga Frw miliyoni 70 babizeza kubashakira akazi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rufunze uwitwa Mungaruriye Eric n’abafatanyacyaha be babiri ari bo Beneyo Jean Norbert na Iradukunda Aliane, bakaba bakurikiranyweho gushakira inyungu ku bandi hakoreshejwe uburiganya hamwe n’iyezandonke. RIB ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yatangaje ko iperereza ry’ibanze yakoze rigaragaza ko Mungaruriye yafunguje ibigo by’ubucuruzi (company) byizeza abantu kubashakira akazi muri […]
Kayikwamba yaba yagiye gushaka amaboko kwa Ndayishimiye?

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi kuri uyu wa Kabiri yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Wagner Kayikwamba. Perezidansi y’u Burundi yatangaje ko Kayikwamba yari ashyikirije Ndayishimiye ubutumwa bwa mugenzi we wa RDC, Félix Antoine Tshisekedi. Nta byinshi iyi Perezidansi yatangaje ku byagenzaga uriya mukuru wa dipolomasi ya Congo i Burundi. […]
Cabo Delgado: Ingabo za RDF na FADM zatabaye abaturage bari bashimuswe

Ku Cyumweru gishize, inzego z’umutekano za Mozambique n’u Rwanda zaburijemo umugambi wo gushimuta abasivili mu Karere ka Macomia, Intara ya Cabo Delgado, nk’uko amakuru aturuka muri ako gace yabitangarije Lusa. Ibi byabaye ahagana mu ma saa kumi za mu gitondo ku muhanda munini uhuza imidugudu ya Chai na V Congresso ku Muhanda w’igihugu 380, ubwo […]
Rwamagana: Baratabariza umukobwa bivugwa ko yakubiswe n’umugore w’umucuruzi uvugwaho kwigamba kumugura

Abatuye mu Kagari ka Sasabirago, mu Karere ka Rwamagana, barasabira ubutabera umukobwa uvuga ko yakubiswe n’umugore w’umucuruzi akamuvuna ukuguru none akaba arembeye mu nzu. Uwo mukobwa witwa Ntakirutimana Divine ufite imyaka 22, utuye mu Mudugudu wa Birembo, Akagari ka Sasabirago, Umurenge wa Fumbwe, Akarere Rwamagana, avuga ko ku itariki ya 11 Werurwe 2025, yakubiswe n’umugore […]
Gahunda z’ibanga z’igisirikare cya Amerika zashyizwe ku karubanda mu kiganiro mu itsinda

Kuri uyu wa Mbere, itariki 24 Werurwe 2025, White House yemeje ko abayobozi mu buyobozi bwa Trump, batabigizemo uruhare, bashyize umunyamakuru mu kiganiro cy’itsinda ku byerekeye gahunda z’Ingabo za Amerika. Ikiganiro kuri porogaramu yo kohererezanya ubutumwa ku bijyanye n’ibitero bya gisirikare biri imbere bivugwa ko cyari kirimo abantu benshi bagize Guverinoma ya Perezida Donald Trump, […]
Perezida Museveni yateye inkunga igitaramo cya The Ben

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yateye inkunga igitaramo cy’umuhanzi The Ben kizabera i Kampala ku wa 17 Gicurasi 2025 muri Kampala Serena Hotel. Iki gitaramo ni kimwe mu bikubiye mu rugendo rwe ‘Plenty Love World Tour’, rugamije kumenyekanisha Album nshya ya The Ben yitwa ‘Plenty Love’, iriho indirimbo 12. Perezida Museveni azaba umushyitsi mukuru […]
SADC-EAC: Hashyizweho itsinda ry’abahuza bashya mu bibazo bya DRC

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 24 Werurwe, abakuru b’ibihugu bya SADC na EAC bashyizeho itsinda ry’abahuza bashya batatu mu kibazo cy’iburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu rwego rw’ibiganiro byahurijwe hamwe bya Luanda na Nairobi. Abahuza bashya batatu ni Kgalema Motlanthe wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, Catherine Samba Panza wahoze ari Perezida […]
Umujenerali wa Sudani yavuze ko bashobora gutera Tchad na Sudani y’Epfo

Sudani y’Epfo na Tchad byamaganye iterabwoba ryakozwe n’umujenerali wo muri Sudani wo hejuru, baburira ko hashobora kwiyongera amakimbirane mu karere. Mu ijambo rye ku mugoroba wo ku Cyumweru, Umugaba mukuru wungirije w’Ingabo za Sudani, General Yasir al-Atta, yavuze ko ibibuga by’indege bya Tchad muri N’Djamena na Amdjarass bashobora kubigabaho “ibitero bya gisirikare byemewe” kandi ashinja […]
Kabarebe twari n’inshuti, ariko kuba yaransebeje byarambabaje: Ndayishimiye

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yababajwe cyane no kuba Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubutwererane bw’akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe yaramushinje guhamagarira abanye-Congo bo kwica bagenzi babo bo mu bwoko bw’Amanyamulenge. Kabarebe yabigarutseho mu minsi ishize, ubwo yari mu nama nyunguranabitekerezo n’abagize Inteko Ishinga Amategeko. Icyo gihe yavuze ko Ndayishimiye yagiriye inama amwe mu […]
Umukinnyi w’umupira w’amaguru w’imyaka 19 yapfuye azize impanuka y’imodoka

Yvann Martins, umukinnyi w’umupira w’amaguru wakiniraga ikipe ya UD Oliveirense yo mu cyiciro cya kabiri muri Portugal, yitabye Imana afite imyaka 19 azize impanuka y’imodoka. Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru byo muri Portugal avuga ko iyi mpanuka yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo imodoka yari atwaye yahirimaga mu muhanda wa Tunnel do Covelo i Porto. Nubwo ubutabazi […]
Uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Goodluck Jonathan yatsindiye igihembo cy’amahoro

Uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Goodluck Jonathan, yatangajwe nk’uwatsindiye igihembo cya Founder’s Sunhak Peace Award 2025, gitangwa na Sunhak Peace Prize Foundation i Seoul muri Koreya y’Epfo. Itangazo ryasohowe n’umujyanama we, Ikechukwu Eze ku wa Mbere, tariki ya 24 Werurwe 2025, ryemeje ko Jonathan abaye umuyobozi wa mbere w’Umugabane wa Afurika uhawe iki gihembo, nyuma […]
U Rwanda turacyafite impungenge ku mutekano wacu: Kagame

Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rugifite impungenge z’uko umutekano warwo ushobora guhungabanywa kubera intambara ikomeje kubera mu burasirazuba bwa Congo, agaragaza ko ari ngombwa ko izo mpungenge zikemurwa. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ku wa Mbere tariki ya 24 Mutarama, ubwo yari yitabiriye mu buryo bw’ikoranabuhanga inama ihuriweho yahuje imiryango ya EAC na SADC. Iyi […]
Ndayishimiye yatangaje umugambi wo gutera i Kigali

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko afite umugambi wo gutera u Rwanda akagera i Kigali, mu gihe Umujyi wa Bujumbura waba utewe. Ndayishimiye yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na BBC Gahuzamiryango. Iki gitangazamakuru cyasubiyemo amagambo ye avuga ko u Rwanda ruri gutegura gutera u Burundi rubicishije mu mutwe wa RED-Tabara, avuga ko uwo mutwe […]