Byiringiro Lague yareze Ngabo Roben muri RIB

Rutahizamu Byiringiro Lague ukinira ikipe ya Police FC, yatangaje ko yamaze kurega umunyamakuru Ngabo Roben mu rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), nyuma yo kumushinja kumuharabika. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 1 Mata ubwo Ngabo Roben na bagenzi be bari mu kiganiro cya siporo gitambuka kuri Radio/TV10, uyu munyamakuru yatangaje ko hari abakinnyi […]

Marina yavuze impamvu yasibishije indirimbo yakoranye na Yampano

Umuhanzikazi Marina Deborah yasobanuye impamvu yatumye asaba gukuraho indirimbo yakoranye na Yampano kuri YouTube, avuga ko byatewe no kutubahirizwa kw’amasezerano yari yashyizweho mbere y’uko isohoka. Mu itangazo yashyize hanze, Marina yagaragaje ko ari umuntu ukunda gukorana n’abandi bahanzi, ariko ko ashyira imbere ubunyamwuga no kubahiriza amasezerano. Yavuze ko iyi ndirimbo yasohotse mu buryo butandukanye n’ibyari […]

Uganda yavanye ingabo zayo i Butembo

Igisirikare cya Uganda, UPDF, kuri uyu wa Kabiri cyavanye ingabo zacyo mu mujyi wa Butembo uherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ni bwo ingabo za Uganda zavuye muri uyu mujyi. Umujyi w’ubucuruzi wa Butembo uherereye muri Teritwari ya Lubero, ukaba umwe mu igize intara ya Kivu y’Amajyaruguru imaze […]

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ikaze hagati ya FARDC na M23

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Kabiri waramukiye mu mirwano ikomeye n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu bice bitandukanye by’Intara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru avuga ko kuri uyu wa Kabiri M23 yigaruriye Centre ya Rusuku, ugana Baraka. Usibye imirwano yo mu Minembwe, amakuru kandi avuga ko inyeshyamba za Gen Sultani […]

RDC: Abadepite barashinja Kamerhe gukingira leta ikibaba aho gukora akazi ke

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu nteko ishinga amategeko bahagurukiye kurwanya ubuyobozi bwayo bwa Vital Kamerhe n’abambari be. Imbere y’itangazamakuru, ku wa Mbere, itariki ya 31 Werurwe 2025, Christian Mwando Nsimba, perezida w’itsinda ry’abadepite bakomoka mu ishyaka Ensemble pour la République, yamaganye kuba inteko ishinga amategeko itagenzura guverinoma, cyane cyane ku bijyanye n’ishyirwa mu bikorwa ry’ingengo y’imari. […]

Abaturage batangiye kugera amajanja Perezida Mnangagwa

Leta ya Zimbabwe yitabaje amagana y’abapolisi ngo baburizemo imyigaragambyo abaturage bamaze gutegura basaba ko Perezida Emmerson Mnangagwa w’iki gihugu yava ku butegetsi. Ni imyigaragambyo yateguwe, nyuma y’uko ishyaka ZANU-PF riri ku butegetsi ritangaje ko rifite gahunda yo kwemerera Mnangagwa gukomeza kuyobora igihugu kugeza muri 2030. Ni Mnangagwa ugomba kurangiza manda ye muri 2028; ibisobanuye ko […]

U Bushinwa bwahaye uburenganzira indege zitagira abapilote zitwara abagenzi

Ikigo gishinzwe iby’indege za gisivili mu Bushinwa (CAAC) cyemeje ibyemezo by’indege zitagira abapilote zo mu bwoko bwa tagisi ziguruka bwa mbere, nk’uko byatangajwe na South Morning Post (SCMP). Iki cyemezo cyemerera Nasdaq EHang Holdings na Hefei Hey Airlines gukoresha ibinyabiziga byo mu kirere bidafite abadereva muri serivisi zo gutwara abagenzi mu bucuruzi, harimo no gutembera […]

Ngozi: Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika yatawe muri yombi

Urubanza rushya rwa ruswa rwongeye kunyeganyeza ubutabera bw’u Burundi, aho Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika mu Ntara ya Ngozi, Prosper Yamuremye, yatawe muri yombi ku gicamunsi cyo ku itariki ya 27 Werurwe, ubu akaba afungiye muri Gereza Nkuru ya Bujumbura izwi ku izina rya Mpimba. Amakuru agera kuri SOS Media Burundi avuga ko Prosper Yamuremye akekwaho […]

Wayne Rooney yafashwe anyara ku rukuta rw’umuhanda i Londres (Amafoto)

Wayne Rooney, umwongereza w’icyamamare mu mupira w’amaguru, yafashwe anyara ku rukuta rw’umuhanda mu mujyi wa Londres, ari kumwe n’inshuti ze mu ijoro ryo ku cyumweru. Uyu mugabo wigeze gukinira Manchester United, yahagaze inyuma y’igikuta cyiri ku muhanda ahanyura abanyamaguru ni uko maze atangira kucyinyaraho. Ibi yabikoze nyuma yo gusohokera mu kabari kitwa The Nest rooftop […]

U Bushinwa bwongeye kugotesha Taiwan amato 19 mu myitozo

Minisiteri y’ingabo y’igihugu ya Taiwan yavuze ko yakurikiranye amato 19 y’Ingabo z’u Bushinwa zirwanira mu mazi akikije icyo kirwa mu gihe cy’amasaha 24 guhera saa kumi n’ebyiri za mu gitondo kuwa Mbere kugeza saa kumi n’ebyiri za mu gitondo kuri uyu wa Kabiri. Kuri uyu wa Kabiri, Igisirikare cy’u Bushinwa cyatangaje ko cyatangiye imyitozo yagutse […]

Umuhanzikazi unywa amasohoro y’inzoka kugira ngo agire ijwi ryiza

Umuhanzikazi Jessica Simpson akaba n’umukinnyi wa filime, yatangaje uburyo bworoshye ariko budasanzwe bwo kwita ku ijwi rye, burimo kunywa amasohoro y’inzoka. Simpson yashyize hanze iyi nkuru itangaje ku mbuga nkoranyambaga muri iki cyumweru, avuga ko atari azi neza  uwo muvuno wo kunywa amasohoro y’inzoka kugeza ubwo yawurangirwaga n’inshuti ye. Akibibona yaratunguwe gusa nta kibazo na […]

Col. Kaina wahoze muri M23 yasubiye mu ishyamba

Colonel Innocent Kaina wahoze ari mu basirikare bakuru b’umutwe wa M23, yamaze gushinga undi mutwe ugamije kurwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu mpera za 2012 ubwo M23 yigaruriraga ibice byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo birimo Umujyi wa Goma, Kaina ari mu basirikare bakuru bari bayoboye ingabo z’uyu mutwe. […]

Abakinnnyi bagabwemo igitero n’abagizi ba nabi babashinja kugurisha imikino

Abakinnyi b’ikipe ya Lobi Stars FC yo mu mujyi wa Makurdi, muri Leta ya Benue muri Nigeria, bagabweho igitero n’abagizi ba nabi ubwo bari mu myitozo ku kibuga cya Government Model Secondary School Pitch. Nk’uko byatangajwe, abo bagizi ba nabi bakubise abakinnyi ndetse n’abakozi b’iyo kipe, babashinja kuba baragurishije imikino, cyane cyane umukino Lobi Stars […]

Tshisekedi yavuze ko Abanyekongo miliyoni 10 bamaze gupfa kubera u Rwanda na M23

Perezida Félix-Antoine Tshisekedi yagereranije ko mu myaka ya vuba aha abantu barenga miliyoni 10 bamaze gutakaza ubuzima kubera u Rwanda ndetse na M23 / AFC mu ihohoterwa ryakorewe mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC). Yabitangaje mu gihe cyo kuganira, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 31 Werurwe i Kinshasa, ku byo bise […]

Minisitiri Nduhungirehe yashimye album nshya ya Ariel Wayz

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko yanyuzwe n’indirimbo zigize album nshya y’umuhanzikazi Ariel Wayz ndetse agaragaza izo yakunze kurushaho. Ni nyuma y’uko uyu muhanzi ashyize hanze album ye ya mbere yise ‘Hear To Stay’, iri gukundwa na benshi. Minisitiri Nduhungirehe, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yavuze ko yayumvise yose uko yakabaye, maze yemeza […]

Ruhango: Umugabo yishe inzoka arayotsa arayirya

Mu karere ka Ruhango, humvikanye inkuru idasanzwe y’umugabo witwa Ntawumenyumunsi François, wishe inzoka maze aho kuyijugunya arayotsa arayirya. Ibi byatangaje benshi mu baturage baho, bamwe babifata nk’ibisanzwe, mu gihe abandi babibonye nk’ibidahuje n’umuco nyarwanda. Nk’uko bitangazwa n’abatangabuhamya baganiriye na BTN TV, uyu mugabo yishe iyo nzoka ubwo yari mu mirimo ye ya buri munsi. Aho […]

Rwamagana: Bagaragarije perezida wa Sena ibyifuzo byabo banamusaba kubakorera ubuvugizi

Nyuma y’umuganda rusange wabereye ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 rwa Mwulire ,kuwa Gatandatu tariki ya 29 Werurwe 2025, abatuye mu Murenge wa Mwulire bagaragarije abagize Ishinga Amategeko, ibikorwa remezo bifuza . Uwo muganda witabiriwe na perezida wa Sena Kalinda Francois Xavier na Senateri Bibiane Gahamanyi Mbaye ndetse visi perezida w’inteko Ishinga Amategeko umutwe […]