Gishwati-Mukura forest neighbors tasked to protect it

A total of 150 families living near Gishwati-Mukura forest in the Kigeyo, Mushonyi, and Nyabirasi sectors of Rutsiro district, have received significant support aimed at helping them preserve the park. The event of supporting these residents was organized with the help of Kivu Belt Village Tours, a community based company that collaborates with Rwanda Development […]
Bwa mbere M23 na Leta ya Congo bahuriye mu biganiro

Umutwe wa M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu cyumweru gishize bahuriye i Doha muri Qatar, iba inshuro ya mbere impande zombi zari zicaranye kuva intambara zihanganyemo yongeye kubura. Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza bivuga ko ibiganiro bya Kinshasa na M23 bigomba gukomeza mu cyumweru gitaha, na bwo bikazabera i Doha. Ni ibiganiro […]
RDC: Umudepite aramagana uko FARDC itoteza abaturage mu Ntara ya Tanganyika

Depite wo mu Ntara ya Tanganyika, Frédéric Kabunda, yamaganye ukuntu abasirikare ba FARDC bajujubya abaturage ku muhanda wa Kirungu-Kasenga, muri Teritwari ya Moba. Avuga ko abasirikare ba FARDC bashinze bariyeri kuri uyu muhanda kandi bagasaba amafaranga buri muntu uhita. Uyu mudepite ashimangira ko bariyeri eshatu zashinzwe n’abasirikare i Kalongo, Kinsuli na Kakera. Nk’uko yabivuze, buri […]
#Kwibuka31: Abanyamahanga bakina mu Rwanda batanze ubutumwa bw’ihumure

Mu gihe u Rwanda rwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 31, bamwe mu banyamahanga bakina cyangwa batoza mu Rwanda bifatanyije n’Abanyarwanda, batanga ubutumwa bw’ihumure n’amahoro. Frank Spittler, Umudage wahoze atoza Amavubi, yavuze ko amateka mabi u Budage bwanyuzemo yatumye asobanukirwa n’agaciro ko kwibuka. Ati: “Ni ingenzi kubwira abato ibyabaye kugira ngo bitazasubira.” Issah Yakubu […]
Kwibuka 31: Ikibi cyatubayeho ntabwo ntekereza ko cyakongera kutubaho-Perezida Kagame

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Mata 2025, mu gihugu hose hatangijwe icyumweru cy’icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni umuhango wabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi rushyinguyemo imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yakuwe mu turere tw’umujyi wa Kigali. Atanginza ku […]
Leta ya Congo hari abaturage bacu bacye yashukishije amafaranga ibatwara muri FDLR – Meya wa Rubavu

Mu gihe Leta ya Congo yakomezaga gutegura ibitero byayo yagaba ku Rwanda, hari abaturage bacu bacye, yashukishije akazi, ibashukisha amafaranga irabatwara, ibinjiza muri FDLR, ibinjiza muri Wazalendo…”, ibi ni ibyatangajwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, kuri uyu wa Mbere, itariki 7 Mata 2025, ubwo hatangizwaga icyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya […]
U Bubiligi bwifatanyije n’u Rwanda kwibuka

Guverinoma y’u Bubiligi kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Mata 2025, yifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi. U Bubiligi bwatambukije ubutumwa bwifatanya n’Abanyarwanda biciye muri Minisiteri yabwo y’Ububanyi n’Amahanga. Yagize iti: “Ku wa 7 Mata, turibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Kuri uyu munsi wo kwibuka, turunamira abazize […]
Loni yashimangiye ko Jenoside yakorewe Abatutsi itabaye ku bw’impanuka

Umuryango w’Abibumbye washimangiye ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itabaye ku bw’impanuka, usaba amahanga kuyikuramo isomo. Bikubiye mu butumwa Umunyamabanga Mukuru w’uriya muryango, Antonio Guterres yageneye Isi, mu gihe kuri uyu wa 7 Mata hibukwa ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Yagize ati: “Uyu munsi turunamira miliyoni imwe y’abana, abagore ndetse n’abagabo […]
Somalia: Umuyobozi w’ingabo yishwe arimo kugeza ijambo ku basirikare

Ku wa Gatandatu ushize, itariki 5 Mata 2025, Umuyobozi mukuru w’ingabo muri Somaliya yishwe ubwo yari arimo kugeza ijambo ku basirikare. Umuyobozi wa Brigade ya 14, Colonel Nur Farey, yishwe n’umugabo wari wambaye imyenda ya gisirikare mu gace ka Addow Dibille hafi y’Umujyi wa Afgo, mu karere ka Lower Shabelle. Iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga […]
Kwibuka31: Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bacanye urumuri rw’Icyizere

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bunamiye Abatutsi bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, banacana urumuri rutazima mu rwego rwo gutangiza Icyumweru cy’icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi. Imva ishyinguyemo imibiri y’ Abatutsi barenga 250,000 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 […]
Kicukiro: Ku Rwibutso rwa Gikondo habereye igikorwa cyo kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gikondo, mu Karere ka Kicukiro, mu Mujyi wa Kigali, habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside Yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Iki gikorwa cyitabiriwe n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi n’abandi bayobozi batandukanye. Igikorwa cyo Kwibuka cyabanzirijwe no gushyira indabo ku mva iruhukiyemo imibiri y’Abatutsi […]
Israel yahambirije abadepitekazi 2 b’u Bwongereza bashakaga gusura West Bank

Abadepite babiri b’abongereza basubijwe mu Bwongereza nyuma yo kugerageza kwinjira muri Israel banenze icyemezo cy’iki gihugu kuri iki Cyumweru gishize, itariki 6 Mata 2025. Aba bombi, bo mu ishyaka ry’Abakozi riri ku butegetsi mu Bwongereza, bashakaga gusura agace ka West Bank kigaruriwe, Israel ivuga ko bashakaga guteza ibibazo. Abtisam Mohamed na Yuan Yang, bombi bakomoka […]
#Kwibuka31: Arsenal yifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Ikipe y’umupira w’amaguru yo mu Bwongereza, Arsenal yifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo, Arsenal yagize iti: “‘Kwibuka’ bisobanura ‘Kwibuka’. Uyu munsi turibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.” Ubutumwa bwa Arsenal bwakiriwe neza n’Abanyarwanda batandukanye, bashimira iyi kipe uburyo ikomeje kwifatanya n’u […]
Umuryango w’Abibumbye watangaje ko Umubare w’abagore bapfa batwite n’abapfa babyara ushobora kwiyongera mu minsi iri Imbere

Muri Raporo Umuryango w’abibumbye washyize ahagaragara kuri uyu wa Mbere, igaragaza ko gukurwaho kw’ingengo y’imari y’inkunga biri gushyira mu kaga intambwe zatewe mu myaka myinshi ishize mu kugabanya umubare w’abagore bapfa mu gihe cyo gutwita no kubyara, kandi ngo ibi bishobora gutuma hongera kuzamuka imfu z’abagore batwite n’abapfa babyara mu minsi iri imbere, nk’uko Umuryango […]
RIB yaburiye abashaka gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi bitwaje gutebya

Mu gihe u Rwanda rwinjiye mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) n’inzego z’umutekano bibukije ko guhakana, gupfobya cyangwa guhohotera abarokotse Jenoside ari icyaha gikomeye. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko nta muntu ugomba kwitwaza gutebya kugira ngo ashyigikire cyangwa asebye Jenoside. […]
Iyo hatabaho kwivanga kw’Abanyaburayi mu Rwanda ntabwo twari kuba turi gukora inama nk’iyi – Dr Bizimana

Minisitiri w’ubumwe bw’igihugu n’uburere mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, mu Nama Mpuzamahanga yo Kwibuka, yabereye i Kigali kuri iki Cyumweru, itariki 6 Mata 2025, yanenze kwivanga kw’Abanyaburayi mu bibazo by’u Rwanda na Afurika, ndetse no guceceka kw’amahanga ku kibazo gikomeje kugaragara mu gihugu cy’igituranyi cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abona bisa neza nk’uko yabigenje […]
Kinshasa: Abatari bake bishwe n’imyuzure

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko abantu 33 ari bo byamenyekanye ko bahitanwe n’imyuzure yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu mujyi wa Kinshasa. Ni imvura yaguye mu mpera z’icyumweru gishize. Minisiteri y’Umutekano w’Imbere muri RDC yatangaje ko abantu 33 ari bo byamenyekanye ko bamaze gupfa, mu gihe abandi 46 bajyanwa kwa muganga. Imyuzure […]
Ukekwaho kwica Muhongerwa warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yatawe muri yombi

Umugabo wo mu karere ka Bugesera ukekwaho kwica Muhongerwa Chantal wari wararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yatawe muri yombi. Amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu mugabo yemejwe na Polisi y’igihugu. Mu ijoro ryo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo Muhongerwa wari ufite imyaka 47 y’amavuko akanaba umubyeyi w’abana bane yiciwe mu nzira ari gutaha. […]
Tariki ya 7 Mata 1994: Umunsi utazapfa wibagiranye mu mateka y’Abanyarwanda

Nyuma y’imyaka 31 ishize hakozwe Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri uyu wa 7 Mata 2025 Isi yose muri rusange ndetse n’Abanyarwanda by’umwihariko baribuka ubwicanyi ndengakamere bwakorewe bamwe mu Banyarwanda bazira uko baremwe cyangwa bazira ibitekerezo byabo bitandukanye n’iby’abahezanguni b’Abahutu bari bafite umugambi wo kurimbura inyokotutsi. Kuri iyo tariki ni bwo Interahamwe n’Impuzamugambi zari ibikoresho bya Perezida […]