U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere cya Afurika kigiye kujya gitwara abagenzi na drone

Guverinoma y’u Rwanda kubufatanye na sosiyete y’Abashinwa ‘China Road Bridge Corporation’, bagiye gutangiza ku nshuro ya mbere ingendo z’indege y’amashanyarazi zitagira abapilote zikora nka tagisi zitwara abantu mu buryo bwa rusange. Ku wa Kane tariki ya 4 Nzeri ubwo u Rwanda ruzaba rwakiriye Inama ya 9 yiga ku guteza imbere ingendo zo mu kirere, Aviation […]

Ibyiza byo gukundana n’umusore mugufi

Mu gihe cyose abantu bagiye bakunda gushyira imbere imiterere y’umubiri mu gukundana, ntihabuze amagambo avugwa ku burebure bw’abakunzi. Kuri bamwe, kugira umusore muremure bifatwa nk’ikimenyetso cy’ubwiza cyangwa ubushobozi, ariko ubushakashatsi n’ibitekerezo by’abahanga bwerekana ko gukundana n’umusore mugufi nabyo bifite ibyiza byinshi bikwiye kwitabwaho. Urukundo rutagamije imiterere y’inyuma Ubushakashatsi bwakozwe n’impuguke za sosiyoloji muri Kaminuza ya […]

Nyina wa Diplomate yapfuye

Umuraperi w’Umunyarwanda, Diplomate uzwi cyane nka Dip G, yatangaje inkuru ibabaje ko yabuze umubyeyi we ku mugoroba wo ku wa 3 Nzeri 2025. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yagaragaje agahinda gakomeye n’urukundo rudasanzwe yakundaga nyina, agira ati: “Ruhukira mu mahoro mama, urukundo, umurava n’ubugwaneza byawe bizahora bimbana. Wabaye intwari kugeza ku gasanduku k’umwuka kawe ka […]

Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi wa ASECNA witabiriye Aviation Africa Summit 2025

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu, itariki 3 Nzeri 2025, Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Prosper Zo’o Minto’o, Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe umutekano w’ingendo zo mu kirere muri Afurika na Madagascar (ASECNA) uri mu Rwanda aho yitabiriye ya Aviation Africa Summit 2025 izabera i Kigali muri Radisson Blu kuva ku itariki ya 4-5 […]

Ikinyoma kimaze ibinyejana ku ngano nyayo y’Umugabane wa Afurika

Ikarita ya Mercator, yakozwe bwa mbere mu kinyejana cya 16, imaze igihe kinini ari yo karita igenderwaho mu kugenda no mu burezi, ariko ukuri kwayo gukomeje gushidikanwaho. Urugero, Greenland ikunze kugaragara ari nini nka Afurika, mu gihe mu by’ukuri Afurika iyikubye inshuro 14. Ibindi bihugu byinshi byo mu majyaruguru bigaragazwa nk’aho byenda kungana n’umugabane wa […]

Umumasayi wo muri Kenya yiciwe muri DRC azira gusa n’Abatutsi

Umugabo wo mu bwoko bw’abamasayi ufite inkomoko mu gihugu cya Kenya wacururizaga mu bice byo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yishwe urwagashyinyaguro n’abenegihugu ba Congo bamuziza gusa n’Abatutsi. Yiciwe mu burasirazuba bwa RDC ku manywa yo kuri uyu wa kabiri tariki ya 02/09/2025 aho yacururizaga inkweto zirimo amasandale, imikandala n’ibindi, akaba ari […]

APR FC yatangiye CECAFA itsinda Bumamuru y’i Burundi

Ikipe ya APR FC yatangiye neza irushanwa rya CECAFA Kagame Cup riri kubera muri Tanzania, nyuma yo gutsinda Bumamuru FC y’i Burundi ibitego 2-0. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa mbere wo mu tsinda B wabereye kuri Stade ya KMC, i Dar Es Salaam. Umunya-Burkina Faso, Cheikh Djibril Ouattara ni we wafunguye amazamu ku […]

Perezida wa Tanzania yohereje intumwa idasanzwe muri DRC

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 2 Nzeli 2025 Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzaniya, wari uzanye ubutumwa bwihariye bwa mugenziwe Perezida Samia Suluhu Hassan. Mahmoud Thabit Kombo, intumwa idasanzwe iturutse muri Tanzaniya yasobanuye ko azaniye Perezida wa Congo Felix Tshisekedi wa DRC ubutumwa bwa […]

Police ya M23 yatangiye akazi ko gucunga umutekano mu mujyi wa Bukavu

Mu mujyi wa Bukavu kuri ubu uri mu maboko y’umutwe wa AFC/M23 hagejejwe igipolisi gishya cyahawe amahugurwa kandi gitozwa n’inyeshyamba z’umutwe wa M23 usanzwe ugenzura uyu mujyi mu gihe cy’amezi atandatu kubijyanye no gucunga umutekano w’abaturage n’ibintu byabo. Aba bapolisi berekanywe n’ubuyobozi bw’Intara ya  Kivu y’Amajyepfo bwashyizweho na AFC/M23 buvuga ko intego ari ugucunga umutekano […]

RDC: Mbeki ntakibonwa nk’umuhuza utabogamye nubwo bemera uruhare rwe mu biganiro bya Sun City

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 2 Nzeri, kuri Radio na Televiziyo bya Congo (RTNC), Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru, akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, yongeye gusobanura aho Guverinoma ya Congo ihagaze ku kijyanye n’ibiganiro by’amahoro byateguwe na Fondasiyo ya Thabo Mbeki wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo. Mu gihe yemera uruhare […]

Abanyamakuru mu Burundi babujijwe ko ngera gukandagiza ikirenge mu nteko

Gelase Ndabirabe yatangaje ko Nta munyamakuru w’ikinyamakuru kigenga uzongera gukandagiza ikirenge cye mu nteko ishingamategeko mu Burundi kereka abanyamakuru ba Leta ariko nabo bagenwe. Uyu ni umwanzuro wafashwe kandi utangazwa n’Umuyobozi mukuru w’inteko ishingamateka mu Burundi Daniel Gelase Ndabirabe umwanzuro utakiriwe neza bivuga ko ugamije  gusubiza inyuma igihugu n’ubwigenge bw’abarundi bose, abanje guhonyanga amategeko aha […]

Uvira: Imyigaragambyo yo kwirukana Gen. Gasita yahagaritse ubuzima

Kuva ku wa Kabiri tariki ya 2 Nzeri 2025, ubuzima mu mujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo bwahagaze kubera imyigaragambyo yo kuhirukana Général de Brigade Olivier Gasita. Imyigaragambyo isaba ko uyu musirikare ava muri uriya mujyi yabanje gukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo barwana ku ruhande rwa Leta ya RDC, mbere yo […]

Trump yacyuriye Xi Jinping abasirikare ba Amerika bapfiriye u Bushinwa

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yacyuriye mugenzi we Xi Jinping w’u Bushinwa abasirikare ba Amerika babumeneye amaraso, ubwo bwari buhanganye mu ntambara n’u Buyapani. Trump yabitangaje nyuma y’akarasisi ingabo z’u Bushinwa zakoze, mu rwego rwo kwizihiza imyaka 80 ishize u Bushinwa butsinze u Buyapani mu ntambara ya kabiri y’Isi. Ni akarasisi […]

Miss Naomie wagize agahinda gakabije nyuma y’amanota y’ikizami cya leta

Miss Nishimwe Naomie, Nyampinga w’u Rwanda 2020 yagarutse ku bihe bikomeye yanyuzemo nyuma yo gucibwa intege n’abantu bamucyuriraga amanota make yagize mu kizamini cya Leta, ibintu avuga ko byamugizeho ingaruka zo kwiheba no kugira agahinda gakabije. Ibi yabivuze ku wa 2 Nzeri 2025 mu kiganiro cyiswe Girls Impact Gathering, cyateguwe na Women Foundation Ministries, aho […]

Umukunzi we yanze kumwitaba maze ahita avanaho amashanyarazi y’umudugudu wose

Umusore utatangajwe amazina ye mu itangazamakuru yakoze agashya ubwo yavanagaho umuriro wo mu mudugudu wose kubera ko umukunzi we yanze kumwitaba kuri telefoni  Ibi byabereye mu ntara ya Bihar mu Buhinde ubwo umusore umwe yacaga insinga z’amashanyarazi y’aho atuye yose, ngo kuko umukunzi we atigeze amusubiza kuri telefone. Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana uyu […]

Umuneke ukozwe mu ishusho y’igitsina cy’umugore wagurishijwe miliyoni 16 Frw

Umuhanzi w’ibibumbano wo muri Danimarike, Thyra Hilden yakoze igihangano cy’igitangaza: umuneke ushushanyije mu ishusho isa n’imyanya ndangagitsina y’umugore. Iki gihangano cyatangaje benshi ubwo cyagurishwaga mu imurikagurisha mpuzamahanga Enter Art Fair ryabereye i Copenhagen, ku cyumweru, tariki 31 Kanama 2025. Iki guhangano cyaguzwe na Anders Andersen, watangije co-working spaces aho yishyuye mafaranga angana na asaga miliyoni […]

Michelle Yeoh wamamaye muri filimi z’imirwano yasuye u Rwanda 

Michelle Yeoh, umukinnyikazi w’icyamamare muri sinema n’umugabo we Jean Todt bageze mu Rwanda, aho basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ndetse n’ingagi zo mu birunga. Uyu mugore w’imyaka 63 uzwi cyane mu mafilimi y’imirwano, yanditse ubutumwa agaragaza ko akigera mu Rwanda yahise ajya ku rwibutso, aho yahakuye isomo ryo kwibuka, gukomeza ubuzima mu bumwe, imbabazi […]

Igisirikare cy’u Burundi gikomeje kohereza ingabo n’ibikoresho byinshi muri Kivu y’Amajyepfo

Uruhererekane rw’imodoka nyinshi zuzuye Abasirikare b’Abarundi n’ibikoresho zimaze iminsi zigaragara mu gace ka Kaburantwa, mu Ntara ya Cibitoke, mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi, zerekeza muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Bivugwa ko abo basirikare bitwaje intwaro nyinshi boherejwe kongerera ingufu Ingabo z’u Burundi ziri mu Karere ka Minembwe, muri Kivu y’Amajyepfo, aho zikorana n’Ingabo z’igihugu […]

Juba: Umugaba wungirije wa UNMISS yasezeye Ingabo za RDF

Umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe ibikorwa na gahunda mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Brig Gen. Kanobayire; akaba anakora nk’Intumwa Nkuru y’igihugu; kuri uyu wa Kabiri yasuye abashinzwe kubungabunga amahoro b’Abanyarwanda babarizwa muri RWANBATT3 iherereye i Durupi, mu nkengero za Juba, mu rwego rwo kubasezeraho. Yakiriwe n’umuyobozi w’Ingabo za RWANBATT3, Colonel Leodomir Uwizeyimana, ahabwa […]

RDC: Umunyapolitiki Kibala yabujijwe kwitabira ibiganiro byateguwe na Thabo Mbeki

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 2 Nzeri, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Jean-Claude Kibala ntiyashoboye kujya muri Afurika y’Epfo mu biganiro byateguwe na Thabo Mbeki, byatumiwemo abanyapolitiki batandukanye bo muri RDC barimo na Corneille Nangaa. Uyu wahoze ari Minisitiri w’abakozi ba Leta yafatiriwe pasiporo ye y’abadipolomate ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Ndjili n’ubuyobozi bukuru bushinzwe […]