U Rwanda na Senegal byiyemeje gufatanya mu bya serivisi z’ingendo zo mu kirere

Kuri uyu wa Mbere, itariki 8 Nzeri, u Rwanda na Senegal byashyize umukono ku masezerano y’uufatanye mu bijyanye na serivisi z’ingendo zo mu kirere, agamije gushimangira no koroshya ubwikorezi bwo mu kirere hagati y’ibihugu byombi. Amasezerano yashyizweho umukono yerekana intambwe ikomeye mu gushimangira umubano, guteza imbere ubufatanye mu bukungu, no kongera amahirwe y’ubucuruzi hagati yu […]

FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi bongeye kugaba ibitero bya drones mu baturage

Ubuyobozi bwa AFC/M23 buratangaza ko kuri uyu wa Mbere Ingabo z’ihuriro rya Kinshasa zagabye ibitero birimo urugomo rukabije hirya no hino ku mirongo y’urugamba, byibasiye ahanini ahantu hatuwe cyane. Ibi byatangajwe mu itangazo ryihutirwa ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 ibinyujije kuri X ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere. Iri tangazo rigira riti: “Mu rukerera rwo […]

Uvira: Nta munyamulenge wemerewe kuvoma amazi, Tshisekedi yategujwe ko bishobora korohereza M23 kuhafata

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyepfo bwatanze impuruza kuri Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku mwuka mubi ushingiye ku moko watangiye kugaragara mu mujyi wa Uvira; buteguza ko ibi bishobora gutuma M23 itangiza intambara yo gufata uriya mujyi. Kinshasa yahawe iriya mpuruza binyuze mu ibaruwa Minisitiri Ushinzwe Ubutegetsi bw’Igihugu, Umutekano no Kwegereza Ubuyobozi Abaturage […]

Rayon Sports igiye gufata inguzanyo yo kuyitunga

Ku Cyumweru, tariki ya 7 Nzeri 2025, habaye inama y’inteko rusange ya Rayon Sports, imyanzuro yayo ikaba yashyizwe hanze ku wa Mbere tariki ya 8 Nzeri 2025. Muri iyo nama hafashwe umwanzuro wo kuganiriza no kumva impande za Twagirayezu Thadee na Muhirwa Prosper kugira ngo amakimbirane yabo arangizwe. Icyakora, ikibazo cyabo ntabwo cyakemuwe burundu, ahubwo […]

RIB yerekanye abantu bashinjwa ubwambuzi inagaruza agera kuri 15,000,000 Frw

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Mbere, itariki 8 Nzeri 2025, rwerekanye abantu batawe muri yombi bashinjwa ibyaha by’ubwambuzi bushukana inagaruza agera kuri miliyoni 15 z’Amafaranga y’u Rwanda batwaye muri ubwo buryo. Ibinyujije kuri X, RIB yagize iti: “Hashingiwe ku birego bitandukanye bijyanye n’ubwambuzi bushukana bukorerwa kuri telephone, RIB ku bufatanye na Polisi y’Igihugu […]

Gen. Makenga yaciye amarenga y’uko M23 igomba gufata indi mijyi 3 ikomeye

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, Gen. Sultani Makenga, yaciye amarenga y’uko uriya mutwe ugomba kwigarurira imijyi ya Kisangani, Kalemie na Kindu. Makenga yabitangaje ubwo we n’umuhuzabikorwa wa AFC/M23 basozaga amahugurwa y’abayoboke bashya baheruka kwinjira muri ririya huriro. Mu byumweru bibiri bariya bayoboke bamaze bahugurwa, bahawe ubumenyi butandukanye burimo amayeri ya gisirikare, amateka ya RDC, […]

Uvira: Imyigaragambyo isaba kuhavana Gen. Gasita yaba yiciwemo abantu

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 8 Nzeri, muri Uvira, muri Kivu y’Amajyepfo, Wazalendo, , hamwe n’imiryango itegamiye kuri leta bateguye imyigaragambyo yo kwirukana Gen. Gasita, biba ngombwa ko FARDC itatanya abari mu myigaragambyo ndetse bikaba bivugwa ko hari n’abantu nibura batanu bahasize ubuzima. Ni imyigaragambyo yateguwe mu rwego rwo gusaba ko Gen. Olivier Gasita, […]

Umubiligi uvuga ko ubutegetsi bwa Kinshasa bushaka kumwica yasabye kurindwa

Impuguke mu bya gisirikare y’Umubiligi ukomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Jean-Jacques Wondo, yagejeje ikirego kuri Polisi y’u Bubiligi nyuma yo gushyirwaho iterabwoba akangishwa kwicwa. Ku wa Gatanu, yasabye abategetsi b’u Bubiligi n’u Burayi kumurinda kandi ahamagarira Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga “guha ubutumwa busobanutse Kinshasa” ku bijyanye no “kohereza urugomo ruranga politiki ya Congo mu […]

Menya igihe umusivile yakwambara imyambaro y’inzego z’umutekano z’u Rwanda ntabihanirwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), mu cyumweru gishize rwataye muri yombi umusore wo mu karere ka Musanze wifashe amashusho yambaye impuzankano y’abakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ayakwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga. Amakuru y’itabwa muri yombi rya Ndagijimana Straton yakiriwe mu buryo butandukanye mu Banyarwanda biganjemo abakoresha imbuga nkoranyambaga, ku buryo hari bamwe mu bagaragaje ko atakabaye afungwa […]

Miss Akaliza Amanda yarongowe mu Bufaransa

Akaliza Amanda, wabaye igisonga cya mbere cya Miss Rwanda 2021, yakoze ubukwe n’umukunzi we Jonas Treize mu birori byahuje inshuti n’imiryango byabereye mu Mujyi wa Chinon, mu Bufaransa, ku wa Gatandatu tariki 6 Nzeri 2025. Mbere yaho, imihango yo gusaba no gukwa yabereye mu Rwanda ku wa 17 Gicurasi 2025. Urukundo rw’aba bombi rwatangiye kumenyekana […]

Masisi: M23 yigaruriye imidugudu 8

Umutwe wa AFC/M23 ku Cyumweru tariki ya 7 Nzeri 2025, wigaruriye imidugudu umunani yo muri Teritwari ya Masisi nyuma y’imirwano yawusakiranyije n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Umuturage wavuganye na ACTUALITE.CD dukesha iyi nkuru, yavuze ko “kuva ku mugoroba, abarwanyi ba AFC/M23 bagaragara muri Mafuo, Biholo, Shoa na Bwambaliro.” Uyu yakomeje […]

Burundi: Abatuye mu Gatumba basabwe kudakangwa n’urusaku rw’intwaro bumva

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 8 Nzeri 2025, Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) cyatangaje ko hateganyijwe imyitozo ya gisirikare isanzwe ibera mu kigo cya Batayo ya 111 y’ingabo zirwanira ku butaka i Gatumba. Igisirikare cy’u Burundi mu itangazo ryacyo cyatangaje ko haza kumvikana urusaku rw’intwaro zitandukanye gisaba abaturage bahaturiye kudakuka umutima. “Ntawe ukwiye guhagarika umutima; […]

Brig. Gen Tom Kabuye yasanzwe yapfuye

Brigadier General Tom Kikoyo Kabuye wari umuyobozi wungirije ushinzwe ubutasi bwa gisirikare mu ngabo za Uganda, yasanzwe yapfuye. Ku Cyumweru tariki ya 7 Nzeri ni bwo umurambo wa Kabuye mu mujyi wa Kikyusa ho mu karere ka Luwero, nk’uko bitangazwa n’umuryango we. Itangazo umuryango wasohoye rigira riti: “Mbabajwe gutangaza n’umutima uremereye urupfu rutunguranye rw’umwe muri […]

Abayobozi ba Congo barifuza ko MONUSCO iguma muri RDC – Lacroix

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 7 Nzeri, ubwo yari muri Beni (Kivu y’Amajyaruguru), mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, Umunyamabanga wungirije w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro, Jean-Pierre Lacroix, yatanze ibisobanuro ku nama yagiranye n’abayobozi bo mu rwego rwo hejuru bo muri Congo aho yemeje ko bifuza ko ingabo z’uyu muryango zitahava. Muri uru ruzinduko rwe, […]

Uburusiya bwavumbuye urukingo rwa kanseri

Mu kintu kivugwa nk’igitangaza gishobora kurokora ubuzima bwa benshi ku isi, Uburusiya bwatangaje ko urukingo rushya rwa kanseri rwiswe Enteromix rwerekanye ubushobozi bungana na 100% mu igeragezwa ryarwo rya nyuma. Urukingo Enteromix rukozwe ku ikoranabuhanga rishya rya mRNA, nk’irirangaje izindi mu gukora inkingo za COVID-19, rukaba rutegura umubiri w’umuntu kumenya no kurwanya selire za kanseri. […]