DCG Ujeneza yatangije inama igenzura ubushobozi bw’ibikoresho bw’inzego zoherezwa mu butumwa bw’amahoro

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza, kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nzeri, yatangije ku mugaragaro inama y’iminsi itatu igenzura ubushobozi mu rwego rw’ibikoresho n’amahugurwa bihabwa Polisi n’Ingabo boherezwa mu butumwa bw’amahoro. Inama yabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru. Ni inama iba mu […]
Umusesenguzi Rabin yashimuswe n’ubutasi bw’u Burundi

Umunyamakuru n’umusesenguzi w’Umurundi wabaga mu Rwanda nk’impunzi, Niyukuri Dieudonne wari uzwi ku izina rya Rabin, akaba yarakoranye n’ibinyamakuru bitandukanye hano mu Rwanda, birimo nka Bwiza News, biravugwa ko yashimuswe n’inzego z’umutekano z’u Burundi. Hari hashize iminsi atavugana na bagenzi be bo mu Rwanda, ariko mu gukomeza kubaririza biza kumenyekana ko yashimuswe kuri ubu ari ku […]
Umukinnyi wa APR FC yatowe nk’umukinnyi wa CECAFA Kagame Cup

Umunya-Burkina Faso Memel Raouf Dao ukinira ikipe ya APR FC, ni we watowe nk’umukinnyi mwiza wa CECAFA Kagame Cup yakinirwaga mu gihugu cya Tanzania. Iri rushanwa ryegukanywe n’ikipe ya Singida Black Stars yatsinze Al Hilal ibitego 2-1 bya Clatous Chama waje kurusha abandi bose gutsinda ibitego byinshi muri iri rushanwa. APR FC yatwaye umudari wa […]
FBI yerekanye urwandiko ruteye ubwoba rwanditswe n’umurashi wishe Krik

Urwego rw’Ubugenzacyaha rwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (FBI) rwatangaje ko rufite ibimenyetso bikomeye bihamya ko Tyler Robinson, w’imyaka 22, ari we wivuganye umunyapolitiki Charlie Kirk mu birori byabereye kuri Utah Valley University. Umuyobozi wa FBI, Kash Patel yavuze kuri uyu wa Mbere ko ADN (DNA) yabonetse ku isume yari ipfunyitse imbunda yasanzwe mu gace Robinson […]
Zambia: Abapfumu 2 bakatiwe bazira kugerageza kuroga perezida

Kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nzeri, urukiko muri Zambia rwakatiye abaganga gakondo babiri b’abapfumu kubera kugerageza kuroga Perezida w’iki gihugu, Hakainde Hichilema. Leonard Phiri w’imyaka 43 wo muri Zambia na Jasten Mabulesse Candunde w’imyaka 42 ukomoka muri Mozambique, bahamwe n’icyaha cyo gutunga ibintu bitandukanye bikoreshwa mu kuroga birimo uruvu ruzima, cyangwa umuserebanya w’amabara, kandi […]
Singida yegukanye CECAFA mbere yo kwesurana na Rayon Sports

Ikipe ya Singida Black Stars yo muri Tanzania yegukanye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ryaberaga i Dar Es Salaam, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Al Hilal Omdurman yo muri Sudani ibitego 2-1. Ibitego bibiri byombi byatsinzwe n’umunya-Zambia Clatous Chota Chama, ni byo byafashije Singida kwegukana bwa mbere mu mateka igikombe cya ririya rushanwa. […]
Masisi: M23 yafashe bwa mbere Umudugudu wa Ronga nyuma y’imirwano ikaze

Umudugudu wa Ronga, uherereye mu gace ka Hembe, muri Sheferi ya Bashali Mokoto, Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru, wafashwe ku nshuro ya mbere n’abarwanyi ba AFC/M23 nyuma y’imirwano ikaze na Wazalendo/FARDC umunsi wose wo ku Cyumweru, itariki 14 Nzeri 2025. Amakuru agera ku rubuga Kivu Morning Post aturuka muri ako gace, avuga ko mu […]
HRW yatanze impuruza ku bugizi bwa nabi FARDC na Wazalendo bakomeje gukorera Abanyamulenge n’Abatutsi

Umuryango Human Rights Watch watanze impuruza ku bugizi bwa nabi Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo bamaze igihe bakorera abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge ndetse n’Abatutsi. Ni impuruza uyu muryango watanze muri raporo wasohoye kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025. Muri iyi raporo HRW yasobanuye […]
USA: Abayobozi n’abanyapolitiki bamaze kwicwa cyangwa kururokoka mu mateka

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika haherutse kwicwa Charlie Kirk, umwe mu bafatanyabikorwa ba politiki ba hafi ba Perezida Donald Trump. Iyi mpirimbanyi yo gutsimbarara ku matwara ya kera yishwe kuwa Gatatu yiciwe aho yari muri Kaminuza ya Utah arimo gusobanura ibyo aharanira ubwo yaraswaga mu ijosi bikavugwa ko yapfuye nyuma gato. Iyicwa rya Kirk […]
Icyo Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ivuga ku busabe bwa EU bwo kurekura Ingabire Victoire

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025, imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yateranye isesengura umwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) usaba ko Ingabire Victoire arekurwa bidatinze. Mu bitekerezo byatanzwe n’abagize Inteko, bavuze ko uwo mwanzuro wa EU ari ugusuzugura igihugu cyigenga nk’u Rwanda no kwivanga mu mikorere y’ubucamanza […]
Abarwanya Israheli bahagaritse isiganwa i Madrid

Ku Cyumweru, isiganwa ry’amagare rya Vuelta a España ryasojwe ritarangiye bitewe n’imyigaragambyo ikomeye yabereye i Madrid. Abigaragambya, bari bafite amabendera ya Palestina, binjiye mu muhanda w’abarushanwaga basaba ko ikipe ya Israel-Premier Tech ikurwa mu irushanwa kubera intambara yo muri Gaza. Polisi ya Esipanye yashyize abasaga 1,000 mu mihanda, ari na yo mpamvu yabaye igikorwa gikomeye […]
The Ben yeretse ibyamamare umwana we – Amafoto

Mu muco nyarwanda, kugabirana inka bifatwa nk’ikimenyetso gikomeye cy’ubumwe n’ubuvandimwe hagati y’abantu. Ni muri urwo rwego, umutoza w’imyidagaduro Coach Gael yongeye kugaragaza ko we na The Ben basubiranye ubucuti, amugabira inka. Ibi byabereye mu rugo rwa The Ben ruherereye i Rebero, mu ijoro ryo ku wa 13 Nzeri 2025. Ni ibirori byari bigamije kumwereka inshuti […]
Gen. Katumba yavuze uko Maj. Gen Sabiiti Muzeyi wakoze impanuka ikomeye amerewe

Minisitiri w’Umurimo n’Ubwikorezi muri Uganda, Gen. Katumba Edward Wamala, yatangaje ko Maj. Gen Sabiiti Muzeyi wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi ya Uganda ari kugenda amererwa neza nyuma yo gukora impanuka ikomeye. Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Maj. Gen. Sabiiti wari mu modoka imwe n’umugore we yakoze impanuka, ubwo […]
Gen. Maj. Chiko wananiwe M23 ubu ahanganye n’inyeshyamba za Mobondo

Komanda w’Akarere ka mbere ka Gisirikare ka FARDC, Gen. Major Chiko Tshintambwe, ari i Kikwit, umurwa mukuru w’Intara ya Kwilu, kuva ku Cyumweru, itariki ya 14 Nzeri 2025, mu butumwa bwo kugenzura no kuganira n’abasirikare bagira uruhare mu guhiga inyeshyamba za Mobondo. Nk’uko byatangajwe na Capt. Antony Mwalushay, Umuvugizi w’ibikorwa bya Ngemba, ngo uruzinduko rw’uyu […]
M23 yungutse abasirikare kabuhariwe barenga 7,000

Umutwe wa M23 ku Cyumweru tariki ya 14 Nzeri wungutse abasirikare bo mu mutwe udasanzwe 7,437; nyuma yo gusoza imyitozo bari bamaze amezi atandatu bahabwa. Ni imyitozo aba basirikare biganjemo abahoze mu ngabo za Leta ya RDC (FARDC) bihuje na M23 ubwo yafataga imijyi ya Goma na Bukavu mu ntangiriro z’uyu mwaka bahererwaga mu kigo […]
Vatican: Abagera ku 80,000 bitabiriye concert irimo ba Pharell William, John Legend na Jennifer Hudson

Ibihumbi n’ibihumbi byateraniye mu rubuga rwitiriwe Mutagatifu Petero mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, itariki 13 Nzeri, mu gitaramo cyiswe Grace for the World concert, cyayobowe na Andrea Bocelli na Pharrell Williams. Igitaramo cyakurikiwe n’imyiyereko ya drones idasanzwe. Abantu barenga 80.000 n bo bitabiriye iki gitaramo cy’imbonekarimwe cya Grace for the World cyabereye i Vatikani […]