Ibyo ntibibareba: Miss Jolly Mutesi asubiza abibaza aho akura amafaranga

Tariki 1 Ugushyingo 2025, Miss Jolly Mutesi wabaye Miss Rwanda mu 2016, yasubije abamubaza aho akura amafaranga ye, avuga ko ibyo bitabareba kandi bakwiye kumureka akagira amahoro. Ibi yabivugiye mu birori bya The Silver Gala byateguwe na Sherrie Silver Foundation. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, umwe yamubajije ku bijyanye n’imodoka nshya ihenze aherutse kugura, amubaza n’aho […]

Amashyaka 12 atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi yahagaritswe

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagaritse ibikorwa by’amashyaka 12 atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Byatangajwe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Jacquemain Shaban, ku wa Gatanu tariki ya 31 Ukwakira 2025. Amashyaka yahagaritswe arangajwe imbere na PPRD rya Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa RDC, LGD rya Augustin Matata […]

Imikoranire ya FARDC na FDNB mu bintu 4 bikomeje kubangamira amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na RDC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ibintu bine bikomeje kubangamira amasezerano y’amahoro u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byasinyanye, birimo kuba Ingabo z’iki gihugu zikomeje imikoranire n’Ingabo z’u Burundi. Nduhungirehe yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na Televiziyo ya TV5 Monde. Ku wa 27 Kamena ni bwo u Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano […]

Samia Suluhu yasabye ubufasha ba Perezida 2 ba EAC

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, yahamagaye ba Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na William Ruto wa Kenya abasaba ubufasha. Ni nyuma y’uko mu gihugu cye hakomeje imyigaragambyo ikomeye abaturage bashyigikiye uruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bamaganamo amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa Gatatu w’iki cyumweru. Ni amatora Samia Suluhu Hassan uyobora Tanzania yatsinze […]

Abapasiteri n’abahanuzi b’ibinyoma bagiye kujya bafungwa imyaka 10

Mu gihugu cya Kenya harategurwa itegeko rishya rigamije gufata no guhana abayobozi b’amadini cyangwa abapasiteri bakoresha amayeri n’ibinyoma kugira ngo babone amafaranga aho baba bavuze ko bakora ibitangaza. Iryo tegeko rizwi nka Religious Organisations Bill, 2024 riteganya ibihano bikomeye ku bantu bazafatwa bakora ubu bujura bwo mu madini. Itegeko rivuga ko umuyobozi w’idini cyangwa umupasiteri […]

Bane mu bagabye igitero ku kigo cya polisi bishwe barashwe

Abashinzwe umutekano muri Uganda bari gukora iperereza ku gitero cyagabwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu ku kigo cya Polisi giherereye mu Karere ka Kasese, aho abantu bitwaje intwaro barimo n’abari bafite imihoro bateye icyo kigo, barasa ndetse batwika inzu imwe y’abapolisi. Nk’uko byatangajwe na The New Vision, bivugwa ko abagizi ba nabi bane […]

Amerika yabujije abaturage bayo kujya muri Niger

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ku wa gatanu tariki ya 31 Ukwakira 2025 impuruza yihanangiriza Abanyamerika kudasura igihugu cya Niger, kubera impamvu z’umutekano zirimo ubugizi bwa nabi, imvururu za politiki, iterabwoba, indwara, n’ubushimusi. Iyi mpuruza yashyizwe ahagaragara n’Ishami rya Leta rishinzwe Ububanyi n’Amahanga, nyuma y’uko mu cyumweru gishize umumisiyoneri w’Umunyamerika yashimuswe mu murwa mukuru […]

Masisi: Umusirikare mukuru wa FARDC yishwe n’umurinzi we 

Umusirikare ufite ipeti rya Capitaine mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yarashwe n’uwari umurinzi we aramwica. Byabaye ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki ya 31 Ukwakira, mu gace ka Ngululu gaherereye muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko Capitaine wishwe yashinjwaga n’umurinzi we kuba […]

Samia Suluhu Hassan yatorewe kuyobora Tanzania ku majwi menshi

Komisiyo y’amatora muri Tanzania yatangaje ko Samia Suluhu Hassan ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri iki cyumweru, nyuma yo kugira amajwi 97.66%. Ku wa Gatatu tariki ya 28 Ukwakira ni bwo abanya-Tanzania baramukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yakurikiwe n’imyigaragambyo ndetse n’imvururu zikomeye. Ishyaka Chadema rya mbere rikomeye mu yatavuga rumwe n’ubutegetsi ryatangaje ko […]