Perezida wa repubulika (Kagame) ndamukunda: Richard Nick Ngendahayo akigera i Kigali

Nyuma y’imyaka irenga 15 yari amaze aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umuramyi w’inararibonye Richard Nick Ngendahayo yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 3 Ugushyingo 2025. Uyu muhanzi ukunzwe cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana yasesekaye ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, yakirwa n’urugwiro n’akanyamuneza […]

Perezida Kagame ari i Doha

Perezida Paul Kagame ari i Doha muri Qatar, aho azitabira Inama ya kabiri Mpuzamahanga yiga ku iterambere izwi nka World Summit for Social Development. Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma yateguwe n’Umuryango w’Abibumbye.   Iyi nama izaba hagati y’itariki ya 4 n’iya 6 Ugushyingo, izibanda ku guteza imbere uburinganire mu mibereho myiza, akazi keza […]

Ituri: Umusirikare wa Uganda yishe arashe bagenzi be barimo major

Ahitwa Zale, mu Ntara ya Mahagi (Ituri), mu birometero 200 mu majyaruguru ya Bunia hadutse imirwano yaguyemo abantu bane, barimo abasirikare batatu ba Uganda n’umugore w’Umunyekongo, nyuma y’amakimbirane hagati y’abasirikare b’Ingabo za Uganda (UPDF). Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko ibi byabaye kuwa 1 Ugushyingo, nyuma y’intonganya zadutse mu kabari kamwe kari hafi y’ikibuga […]

SADC yemeje ko matora yo muri Tanzania atabaye mu bwisanzure

Abakurikiranira hafi amatora bo mu muryango wa SADC batangaje ko abaturage bo mu bice byinshi by’igihugu cya Tanzaniya batabashije kugaragaza ubushake bwabo mu matora aheruka yabaye ku wa 29/10/2025. Mu itangazo ryabo, Itsinda rya SADC rishinzwe gukurikirana amatora (SEOM) ryavuze ko hari ibibazo byinshi mu mikorere ya politiki, umutekano n’imitegurire y’amatora, bigatuma ayo matora atuzuza […]

Lt. Gen Pacifique Masunzu yatawe muri yombi 

Umuyobozi w’akarere ka Gatatu k’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt Gen Pacifique Masunzu, yatawe muri yombi mbere yo kujya gufungirwa i Kinshasa. Amakuru avuga ko Masunzu yatawe muri yombi ku Cyumweru tariki ya 2 Ugushyingo afatiwe mu mujyi wa Kisangani mu ntara ya Tshopo, mbere yo kujyanwa i Kinshasa. Uyu Jenerali avuga ko […]

Ubuhinde: Abantu 19 bapfiriye mu mpanuka ya bisi yagonganye n’ikamyo

Impanuka ikomeye yabaye kuri uyu wa Mbere mu karere ka Ranga Reddy muri Leta ya Telangana mu Buhinde, aho ikamyo nini yari itwaye amabuye y’amakoro yagonganye n’imodoka ya kompanyi y’igihugu itwara abantu (Telangana State Road Transport Corporation – TSRTC). Nk’uko bitangazwa n’inzego za polisi, iyi mpanuka yabereye hafi y’ahitwa Chevella, mu gitondo cyo kuri uyu […]

Kivu y’Amajyepfo: Abawazalendo barembeje abaturage bo muri Shabunda

Kwiyongera kw’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo bikomeje gutera ubwoba abaturage bo muri Teritwari ya Shabunda muri Kivu y’Amajyepfo. Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu ufite icyicaro muri Shabunda, uvuga ko aba barwanyi bigaruriye uduce twinshi, bagakora ibikorwa bibi ndetse by’urugomo. Bimwe muri ibyo bikorwa harimo iyicwa ry’umugabo i Kikamba, muri Sheferi ya Bakisi. Abatangabuhamya bavuga ko […]

ARJ yatangije itoranya ry’Umunyamakuru w’Umwaka wa 2025

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ), ku bufatanye n’Urwego rw’Imiyoborere (RGB), Ihuriro ry’Abanyamakuru b’Abagore (ARFEM) n’Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC), ryatangije ku mugaragaro gahunda yo gutoranya umunyamakuru w’umwaka 2025 binyuze mu bihembo bya Development Journalism Awards (DJA2025). Iyi gahunda igamije gushimira no guha icyubahiro abanyamakuru bagaragaza ubunyamwuga buhebuje, ubunyangamugayo, n’uruhare mu guteza imbere sosiyete nyarwanda binyuze mu […]

Ikoreshwa ry’ubutaka n’umushahara wa muganga mu bihangayikishije Green Party

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, riravuga ko rifite ibintu birihangayishije birimo ikoreshwa ry’ubutaka n’umushahara wa muganga, rikavuga ko ryifuza gushyira imbaraga mu gukora ubuvugizi kugira ngo bikemuke mu maguru mashya. Komiseri Mukuru muri iri shyaka, Hon Alexis Mugisha, mu kiganiro yahaye abanyamakuru ubwo yari mu karere ka Nyamashe yavuze ko bagishyize imbere […]

Rusizi: Umusaza w’imyaka 72 ushinjwa kwica umuntu amaze kumusambanya yasabiwe gufungwa burundu

Urukiko Rwisumbuye rwa Rusizi mu mpera z’icyumweru gishize rwaburanishije urubanza Ubushinjacyaha buregamo umugabo w’imyaka 72 ukurikiranweho kwica umugore w’imyaka 35 nyuma yo gukorana nawe imibonano mpuzabitsina. Icyaha akurikiranweho bivugwa ko yagikoze mu ijoro ryo ku itariki ya 04/09/2025 mu Mudugudu wa Murwa, Akagari ka Pera, Umurenga wa Bugarama, mu Karere ka Rusizi, aho uregwa yahuriye […]

Perezida Samia ararahirira mu biro bye 

Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, ararahirira inshingano ze kuri uyu wa Mbere, tariki ya 3 Ugushyingo 2025, mu muhango uzabera mu ibanga, hagamijwe kubungabunga umutekano w’igihugu. Mu bihe bisanzwe, irahira ry’umukuru w’igihugu ryaberaga muri stade nini, rikitabirwa n’abantu ibihumbi. Ariko ubu si ko bimeze, kuko uyu muhango urabera ku ngoro y’umukuru w’igihugu, kandi abaturage […]

Trump arateganya kohereza ingabo cyangwa kugaba ibitero by’indege muri Nigeria

Kuri iki Cyumweru, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igisirikare cya Amerika gishobora kohereza ingabo muri Nigeria cyangwa kugaba ibitero byo mu kirere kugira ngo zihagarike icyo yise iyicwa ry’abakristu benshi muri iki gihugu cya Afurika y’iburengerazuba. Abajijwe niba atekereza kohereza ingabo ku butaka cyangwa ibitero by’indege muri Nigeria, Perezida […]

Tshisekedi yemeje ko ateganya kujya guhurira na Perezida Kagame kwa Trump

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeje ko hari gahunda y’uko mu minsi iri imbere we na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda bazahura na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Tshisekedi yabitangarije i Cairo mu Misiri, ubwo ku Cyumweru tariki ya 2 Ugushyingo yaganiraga n’abanye-Congo baba muri […]

Djibouti: Imyaka ntarengwa yo kuba perezida yakuweho

Inteko ishinga amategeko ya Djibouti yakuyeho imyaka ntarengwa ku bakandida b’umukuru w’igihugu, nyuma yo gutora ku bwiganze bw’amajwi yose ku Cyumweru. Ibi byafunguye inzira ku Perezida Ismail Omar Guelleh, w’imyaka 77, kugira ngo ashobore kongera kwiyamamaza mu matora yo muri 2026. Guelleh amaze ku butegetsi kuva mu 1999, akaba ayobora igihugu gito cyo mu ihembe […]

Perezida Ndayishimiye yagiye gushyigikira Samia Suluhu

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yageze mu mujyi wa Dodoma mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, tariki 3 Ugushyingo 2025, aho yitabiriye ibirori byo kurahiza Samia Suluhu Hassan, wongeye gutorerwa kuyobora Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzania. Nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Perezida w’u Burundi mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa mbere, uru ruzinduko rugamije gushimangira […]

Umuhanzi Ngabonziza Augustin, wamamaye mu ndirimbo ‘Ancilla’ yapfuye 

Ngabonziza Augustin, umwe mu bahanzi bakanyujijeho mu myaka irenga 40 ishize, yapfuye azize uburwayi nyuma yo kumara igihe arwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK). Amakuru yemeza ko yari amaze iminsi arembye, ubuzima bwe bukagenda burushaho kugorana. Ngabonziza azwi cyane mu muziki wo hambere, aho yaririmbaga muri Orchestre Les Citadins, imwe muri bandi yakunzwe […]

Israel yakiriye indi mibiri 3 y’imbohe ivuye muri Gaza

Kuva ihagarikwa ry’imirwano ryatangira gukurikizwa ku itariki ya 10 Ukwakira, Hamas yarekuye imibiri y’abantu 17 bari barafashwe bugwate, mu gihe 11 bari basigaye muri Gaza mbere y’itangwa ry’imibiri ryo ku Cyumweru. Kuri iki Cyumweru, itariki 2 Ugushyingo, Israel yatangaje ko imibiri y’abantu batatu bari barafashwe bugwate yatanzwe ivanwe muri Gaza kandi ko izasuzumwa n’inzobere. Nk’uko […]

Niba uri umugabo uzaze ufungure ikibuga cy’indege cya Goma: Nangaa abwira Tshisekedi 

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23, Corneille Nangaa, yakuriye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC inzira ku murima ko nta bushobozi afite bwo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma AFC/M23 itabigizemo uruhare. Nangaa yatangaje ibi nyuma y’iminsi mike Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa butangaje ko icyo kibuga kuzafungurwa mu byumweru bike biri imbere, […]

Tshisekedi yashinje Kagame gushaka komeka uburasirazuba bwa RDC ku Rwanda

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashinje mugenzi we Paul Kagame gushaka komeka uburasirazuba bw’igihugu cye ku Rwanda. Tshisekedi yabitangarije i Cairo mu Misiri, ubwo ku Cyumweru tariki ya 2 Ugushyingo yaganiraga n’abanye-Congo baba muri kiriya gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika. Perezidansi ya RDC yasubiyemo Tshisekedi avuga ko “imigambi ye […]