RDC: Abunganira General Yav barasanga urukiko rudafite ububasha bwo kumuburanisha

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 6 Mutarama 2026, itsinda ry’ubwunganizi bwa Lt. General Yav Irung Philémon, wahoze ayobora akarere ka gatatu ka gisirikare k’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo ryatanze ikirego mu rukiko rukuru rwa gisirikare, ritanga urukurikirane rw’inzitizi kandi rusaba ko yarekurwa. Muri uru rubanza rwibanze ku gusuzuma ingingo z’ibanze nk’uko tubikesha […]

Ingabo za Amerika zafashe ubwato bw’u Burusiya zari zimaze amasaha menshi zihiga

Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa Gatatu zemeje ko zamaze gufata ubwato bw’u Burusiya zari zimaze amasaha menshi zihigira mu nyanja ya Atlantique. Ubu bwato buzwi nka Bella 1, bwahoze butwara Peteroli ya Venezuela itaratunganywa. Mu kwezi gushize, ingabo za Amerika zishinzwe kurinda imipaka zagerageje kwinjira muri buriya bwato ubwo bwari […]

Tanzania: Igipolisi cyatangiye gusenyera impunzi z’Abarundi mu nkambi

Tanzaniya ikomeje politiki yayo yo gusenya inzu z’impunzi z’Abarundi mu nkambi za Nduta na Nyarugusu mu rwego rwo kubahatira gusubira iwabo mu Burundi, aho bahunze baturuka kuva mu 2015. Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 7 Mutarama, abapolisi batangiye gusenya inzu zo muri Zoneya  17 y’Inkambi y’Impunzi ya Nduta. Igikorwa cyatangiriye mu midugudu iri mu […]

Abakozi ba FBI bakoraga iki ku mukino wa RDC na Algeria?

Mu gihe irushanwa ry’Igikombe cya Afurika cya 2025 rikomeje kubera muri Maroc, hamenyekanye ko abakozi b’Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinzwe iperereza (FBI) bari mu bitabiriye umukino wahuje ikipe y’igihugu ya Algeria n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RD Congo). Uyu mukino wabaye ku wa Kabiri kuri Stade Prince Moulay Hassan i Rabat, […]

AFC/M23 yabujije abantu kwigarurira imitungo ya Leta ya RDC

Umutwe wa AFC/M23 washyizeho amabwiriza abuza abantu kwigarurira amasambu n’inzu za Leta mu bice ugenzura; muri Teritwari ya Nyiragongo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ndetse no mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. AFC/M23 mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatatu, yasobanuye ko ariya mabwiriza ashingira ku Itegeko Nshinga rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryo ku […]

Na M23 ntiyankanze: Alyn Sano

Umuhanzikazi Alyn Sano yatangaje ko adaha agaciro impungenge zo gutinya gusohora ibihangano bye bitewe n’amakuru aba yiganjemo mu itangazamakuru, ashimangira ko nta kintu na kimwe cyamubuza gushyira hanze igihangano cye. Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Alyn Sano yavuze ko kuba atari umuhanzi wibanda ku ndirimbo zo kumvwa mu kanya gato ari byo bituma adahungabanywa n’uko […]

RDC: Umwe mu begereye Tshisekedi yakangishije kwifatanya n’inyeshyamba

Umuntu ukomeye mu ishyaka rya perezida, Mfumu Ntoto, wegereye Perezida Félix Tshisekedi, yatangaje ku mugaragaro ko ababajwe cyane no kudahabwa agaciro mu ihuriro riri ku butegetsi, Union sacrée de la Nation, nubwo hashizeamaze imyaka ari indahemuka kandi yariyemeje gushyigikira umukuru w’igihugu, akangisha kwiyunga kuri AFC/M23. Mu itangazo ryasaga nk’umuburo ku wa Mbere, itariki ya 5 […]

Trump yashyizeho ingwate ya miliyoni 30 ku Barundi bifuza kujya muri Amerika

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyizeho ikiguzi kiri hagati ya $5,000 na $,15,000, nk’ingwate ya viza ku baturage b’ibihugu birimo u Burundi bifuza kuzerekezamo. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika mu itangazo yasohoye ku wa Kabiri tariki ya 6 Ukuboza, yavuze ko abaturage b’ibihugu birimo u Burundi bifuza viza by’umwihariko izijyanye n’ibikorwa by’ubucuruzi n’ubukerarugendo bagomba kwishyura […]

Somalia: Urugendo rwa minisitiri wa Israel muri Somaliland rwongereye amazi mu mavuta

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar yasuye Somaliland mu rugendo rwamaganwe na Somalia, nyuma y’iminsi 10 Israel yemeye ku mugaragaro ko Somaliland ari igihugu cyigenga kandi gifite ubusugire. Israel nicyo gihugu cyonyine cyemeje ku mugaragaro icyifuzo cya Somaliland cyo kwiyomora kuri Somalia, yasobanuye ko icyemezo cya Israel cyo kwemera  Somaliland […]

Urukiko rwasubitse urubanza rwa DJ Toxxyk

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwongeye gusubika urubanza ruregwamo DJ Toxxyk, wari waje kuburanishwa ku bijyanye n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Ku wa 07 Mutarama 2026, DJ Toxxyk yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge akurikiranyweho ibyaha bine birimo gutwara yasinze, kwica bidaturutse ku bushake, gukoresha ibiyobyabwenge ndetse no gutwara ikinyabiziga atabifitiye uruhushya. Ahagana saa tatu n’iminota 51, Urukiko rwahamagaye […]

Butembo: Gen. Kakule Kaputu yiciwe mu mirwano n’undi mutwe wa wazalendo

Uwihaye ipeti rya General witwa Kakule Kaputu, bakunze kwita “Tango Fort” yarasiwe mu mirwano yahuje umutwe w’inyeshyamba za wazalendo ayobora n’inyeshyamba za mugenzi we batavuga rumwe, Fiston Njoli, I Butembo, muri Kivu y’Amajyaruguru. Iyo mirwano yabaye mu gitondo cyo ku Cyumweru ku gasozi ka Munzambaye, mu gace ka Congo ya Sika, Komini ya Vulamba, mu […]

Burkina Faso: Uwahoze ari perezida arashinjwa kugerageza guhirika Ibrahim Traore

Guverinoma ya Burkina Faso yagize icyo ivuga ku gikorwa cyo gushaka guhirika ubutegetsi giheruka, cyaburijwemo ku wa Gatandatu, itariki ya 3 Mutarama. Mu kiganiro cyatambutse kuri televiziyo y’igihugu, Minisitiri w’umutekano yasobanuye ko abakoze iki gikorwa bagambiriye guhitana Capt. Ibrahim Traoré hamwe n’abasirikare benshi n’abasivili. Abantu benshi batawe muri yombi bakekwaho uyu mugambi, leta ikaba ivuga […]

Huye: Umugabo w’imyaka 74 akurikiranweho kugerageza kwica umugore we

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye umugabo w’imyaka 74 utuye mu Mudugudu wa Gitarama, Akagari ka Mukomacara, Umurenge wa Mugombwa, mu Karere ka Gisagara ukekwaho kuba ku itariki ya 19/11/2025 saa munani z’ijoro yarashatse kwica umugore we w’imyaka 57 amukubise umuhoro mu musaya.  Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko mu ibazwa rye, ukekwa […]

Abanye-Congo barenga 100 bamaze gupfira mu Burundi mu byumweru 2

Abanye-Congo babarirwa mu 105, mu byumweru bibiri bishize baguye mu nkambi z’impunzi zo mu Burundi, aho bari barahungiye. Amakuru y’impfu z’aba bantu yemejwe n’umuryango witwa Organisation citoyenne pour la paix et la cohabitation communautaire (CPCC), mu mibare washyize hanze ku wa Mbere w’iki cyumweru. Umuyobozi wa Komite Nshingwabikorwa wawo, Ahadi Bya Masu, yavuze ko bariya […]

Abasirikare 40 b’u Burundi bishwe na AFC/M23 mu kwezi kumwe

Amakuru ava imbere mu gisirikare cy’u Burundi, aravuga ko iki gihugu cyatakarije abasirikare babarirwa muri 40 mu mirwano yaberereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu kwezi gushize k’Ukuboza. Ni imirwano ingabo z’u Burundi zafashagamo iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zimaze imyaka ine zirwana n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Izi nyeshyamba ziyobowe na […]