Perezida Tshisekedi yasubije inyuma urutonde rw’abazaba bagize guverinoma

Kubera kutubahiriza ihame ry’uburingaire no kudahagararirwa bihagije kw’urubyiruko cyangwa kutagaragara kw’amasura mashya ugereranyije n’asanzwe nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru nka AFP na Belga, byatumye Perezida Felix Tshisekedi asubiza inyuma urutonde rwa mbere yari amaze gushyikirizwa na Minisitiri w’Intebe rw’abo ateganya bazaba bagize Guverinoma Nshya.

Perezida Tshisekdi yagaragarije Minisitiri w’Intebe (Sylvestre Ilunga) ko urutonde rutubahirije ibyasabwe ku guhagararirwa kw’abagore kandi ititaye ku buringanire hagati y’amasura amaze igihe muri politiki y’igihugu cyacu n’urubyiruko ,” uyu ni umwe mu bakozi ba perezidansi avugana na AFP.

Minisitiri w’Intebe wa Congo yabonanye na Perezida Tshisekedi kuri uyu wa Gatatu, itariki 14 Kanama, amuhamagarira gusubiramo urutonde rw’ikipe izaba igize guverinoma yari amaze kumugezaho.

Ibiro Ntaramakuru Belga bikaba bivuga ko abegereye Perezida Tshisekedi birinze kugira byinshi batangaza kuri aya makuru.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *