Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa wari umazeho amezi 3 yegujwe

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 05 Ukuboza 2024, Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yagejeje ijambo ku gihugu, nyuma y’amasaha make Minisitiri w’intebe Michel Barnier yeguye ku mirimo ye nyuma y’amatora yo kumweguza y’abadepite ku wa Gatatu .

Macron yanze umuhamagaro w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi wo gukurikira Barnier ava ku butegetsi, avuga ko azakomeza ubutegetsi kugeza ku matora ateganijwe ya perezida ataha mu 2027.

Yiyemeje “gushyiraho minisitiri w’intebe mu minsi iri imbere” avuga ko uyu muntu azahabwa inshingano yo gushyiraho “guverinoma y’inyungu rusange” kugira ngo hemezwe ingengo y’imari.

Perezida kandi yashinje amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwe yatoye kweguza Minisitiri w’Intebe abashinja kuba “umutwe urwanya repubulika.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *