Ubuzima bwa Gén Cyrille Ndayirukiye wari ufatanyije na Gen.Niyombare muri kudeta ngo bwifashe nabi muri gereza

Perezida Pierre Nkurunziza yahaye inzego zishinzwe umutekano amezi 2 yo kuba zarangije gukemura ikibazo cy’umutekano muke uri mu gihugu by’umwihariko i Bujumbura mu murwa mukuru; mu gihe atangaza ibyo hari andi makuru yatangajwe avuga ko Gén major Cyrille Ndayirukiye atorohewe muri gereza.
Gén Major Cyrille Ndayirukiye yahoze ari Minisitiri w’ingabo i Burundi akaba ari umwe mu bari bafatanyije na Gen. Niyombare Godefroid mu mugambi wo kugerageza guhirika perezida Nkurunziza ku butegetsi.
Gen
Amakuru atangazwa n’ikinyamakuru Bujanews, amakuru ngo cyatangarijwe na bamwe bo mu nzego nkuru z’umutekano, ni uko Gén Cyrille Ndayirukiye ari ku ngoyi aho afungiye binashobora kumuviramo ibyago ku buzima bwe akaba yanapfa.
Gén Cyrille Ndayirukiye wari ufungiye muri gereza ya Gitega ngo agiye koherezwa muri gereza ya Rumonge hamwe na bagenzi be bari bafatanyije mu mugambi wo kugerageza guhirika Perezida Nkurunziza ku wa 13 Gicurasi 2015.
Gén Cyrille Ndayirukiye ngo ashobora kwicwa mbere yo kujya imbere y’ubutabera, uwatanze amakuru ngo akaba yatangaje ko yapangiwe agakino ko kwamburwa ubuzima nyuma bigatangazwa ko yari agiye gutoroka gereza.
Uyu mujenerali Ndayirukiye ubwo yagezwaga imbere y’ubushinjacyaha yatangaje ko adakwiye gukurikiranwa wenyine, asaba Ubushinjacyaha ko bwazana Gen. Gaciyubwenge ndetse na Gen. Niyongabo bakabazwa hamwe na we, ko umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza bari bawuhuriyeho, nyuma bakaba abagambanyi.
Gereza ya Rumonge ngo isanzwe izwi nk’ifungirwamo abanyapolitiki, iyi gereza ikaba itangazwa cyane mu itangazamakuru ko ari gereza ifata nabi abagororwa ku bijyanye n’isuku n’ubundi buryo bwo kwitabwaho, Gén Cyrille Ndayirukiye nawe ngo akaba ariho agiye kwerekezwa.
Niyombare
Gén Cyrille Ndayirukiye ari mu mazi abira mu gihe abo avuga ko bari kumwe mu mugambi wo kugerageza guhirika Nkurunziza, bamwe bahise bahunga, Gen Gacuyubwenge mu Bubiligi naho Gen Niyombare na n’ubu bakaba barayobewe irengero rye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *