WhatsApp-Image-2024-09-01-at-6.18.18-PM

Umuyaga wa Politike muri Tanzaniya ukomeje kujegeza Mama Samia Suluhu

Ibintu bikomeje gushyuha muri Tanzaniya , nyuma yaho abatavuga rumwe n’ishyaka riri kubutegetsi CCM bashimutwa, bagatabwa muri yombi no kwicwa bunyamaswa.

Abakurikirana ibintu hafi muri Tanzaniya bisa naho batangiye kubona ko muri iki gihugu urumuri rw’icyizere cya politiki cyazanywe no kuzamuka kwa Perezida Samia Suluhu Hassan mu 2021 ruri kuzima.

Habaye ihumure ryinshi igihe Samia perezida wa mbere w’umugore wa Tanzaniya yatangiraga imirimo, amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi icyo gihe yemerewe gutegura imyigaragambyo no kunenga guverinoma nta bwoba bw’ingaruka zikomeye.

Ariko impungenge ziragenda ziyongera ko Tanzaniya isubira mu bihe by’uwamubanjirije, John Magufuli utarihanganiraga abatavuga rumwe nawe. Mu byumweru bishize, babiri mu bayobozi bakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi batawe muri yombi inshuro ebyiri, undi muyobozi, Ali Kibao, yarashimuswe, aricwa ndetse n’umubiri we ushyirwa muri aside n’abantu batazwi.

Ibibazo bya politiki muri Tanzaniya biteye impungenge bikabije ”, ibi bikaba byavuzwe n’umuyobozi wungirije w’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya Chadema, Tundu Lissu. Avugana na BBC icyumweru kimwe mbere yuko atabwa muri yombi ku wa mbere, ubwo ishyaka rye ryateganyaga kwamagana iyicwa rya Kibao ndetse bivugwa ko ryabuze abandi barwanashyaka 100 banenga guverinoma.

Nyuma Lissu yarekuwe by’agateganyo atanze ingwate hamwe n’umuyobozi w’ishyaka Freeman Mbowe. Lissu yatangarije BBC y’Abongereza ko ibiri kubabaho ari ubwoko bw’igitutu cyo gukandamizwa n’ihohoterwa ryateguwe na Leta ryarangaga icyo gihe cyo kuva mu 2016 kugeza 2020 ku butegetsi bwa Magufuli .

Impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu muri Kenya,yarifungiye muri Tanzaniya iminsi itatu yarekuwe nyuma gato minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Kenya isabye ko yarekurwa. Boniface Mwangi yaraye agarutse nyuma yuko habayeho ubusabe bwa Kenya bwuko yarekurwa. Ibi bikaba byari byateye umwuka mubi hagti y’ibihugu byombi.

Mwangi na bagenzi be babanyamategeko bunganira, bari muri Tanzaniya mu rubanza rw’umuyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi Tundu Lissu, ushinjwa ubugambanyi. Ariko ku wa mbere, Perezida Samia Suluhu Hassan yihanangirije abaturanyi ko atazemera ko abarwanashyaka baturuka mu bihugu bituranye na Tanzaniya kwivanga mu bibazo by’igihugu cye kandi bigatera akaduruvayo.

Kuri uyu wa kane, minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Kenya yagaragaje impungenge z’ubuzima ku mpirimbanyi Mwangi.
Yavuze ko abadipolomate bagomba kugera ku benegihugu babo bafunzwe n’igihugu cyabakiriye hashingiwe ku Masezerano y’i Vienne yerekeye umubano w’Ambasade.

Ibi byatangajwe mu gihe uburakari bugenda bwiyongera, cyane cyane nyuma yuko Tanzaniya yirukanye uwahoze ari minisitiri w’ubutabera wa Kenya, Martha Karua hamwe n’abandi baharanira uburenganzira bwa muntu, na bo bari bagiye kwitabira iburanisha rya Lissu, mu mpera z’icyumweru.

Mu mezi ashize, imiryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu yagaragaje impungenge zatewe no guhashya abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzaniya mbere y’amatora azaba mu Kwakira uyu mwaka.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. ahubwo babarase bapfane n’iyo democrasi yabo y’igipupe,asyiiii ubutegetsi bugomba kurinda abaturage abo banyamurengwe bahaze imisoro y’abaturage

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *