20250528_143319

Umwana w’imyaka 10 yafashwe atwaye imodoka yibye mwarimu

Polisi yo mu Ntara ya Morogoro muri Tanzaniya yataye muri yombi umwana w’imyaka 10 witwa Jonathan Yohana Sebastian, nyuma yo kumufata atwaye imodoka yo mu bwoko bwa Spacio ifite pulake T 807 BVV, itari iye.

Nk’uko byatangajwe n’Umukuru wa Polisi w’Intara, Kamanda Alex Mkama, uyu mwana wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza yafashwe mu gitondo cyo ku wa 26 Gicurasi 2025, mu gace ka Kigurunyembe, mu Karere ka Morogoro.

Raporo y’agateganyo yagaragaje ko uyu mwana yashoboye gufungura imodoka akoresheje urufunguzo rutemewe, afite abandi bana bagenzi be kugeza ubu bagishakishwa n’inzego z’umutekano.

Kamanda Mkama yagize ati: “Turimo gukora iperereza ryimbitse ku buryo aba bana babashije kubona urufunguzo, ndetse no kumenya niba hari umuntu mukuru wabigizemo uruhare. Tuzatanga raporo yuzuye mu gihe cya vuba.”

Iyo modoka bivugwa ko ari iy’umwarimukazi witwa Zuhura Khatibu, w’imyaka 47.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *