72a419d4742221b6b8225ab93330cb90

Abasirikare 57 bashimuswe n’abaturage b’abasivile

Mu gihugu cya Colombia, haravugwa inkuru idasanzwe aho abasirikare 57 bashimuswe n’abaturage b’abasivile mu karere k’imisozi ka Micay Canyon, mu majyepfo y’uburengerazuba bw’igihugu.

Igisirikare cya Colombia cyatangaje ko abasirikare 31 bafashwe ku wa Gatandatu, abandi 26 bagafatwa ku Cyumweru n’itsinda ry’abantu barenga 200.

Ubuyobozi buvuga ko aba baturage bashobora kuba bari gukora bashyigikiwe cyangwa bahatirizwa n’inyeshyamba z’umutwe wa Farc, wari waragiranye amasezerano y’amahoro na leta mu mwaka wa 2016.

Brigadier General Federico Alberto Mejía, mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko harimo aba-ofisiye bane bato n’abandi basirikare 53 bashimuswe muri ibyo bihe, ashimangira ko ibi ari ugushimuta ku mugaragaro.

Amakuru y’ibinyamakuru byo muri Colombia avuga ko uyu mugambi ushobora kuba wategetswe n’umutwe wa EMC, ari nawo usigaye uyoboye amashami ya Farc atarashyize intwaro hasi. Uyu mutwe ariko nturagira icyo utangaza kuri ibi bikorwa.

Aka gace ka Micay Canyon kazwiho kuba inzira y’ingenzi yo gutwara cocaine igana ku byambu byo ku Nyanja ya Pasifika, aho ibiyobyabwenge bihava bijyanwa ku masoko yo hanze mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Nubwo igikorwa cyafashwe nk’ibyago ku ruhande rwa gisirikare, abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga bakomeje kugifata mu buryo busekeje, bibaza uko abasivile babashije gufata bugwate abasirikare benshi batyo, bamwe bakabishyiraho udukuru twuje urwenya bavuga bati: “Ese abasivile nibo bagiye kwigisha igisirikare uko gufata abantu bigenda?”

Iyi nkuru ikomeje kuvugwa cyane muri Colombia no ku isi yose kubera uburyo idasanzwe n’uburyo ishobora kugira ingaruka ku mutekano w’igihugu.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *