OHCHR ifite ikibazo gikomeye cy’amafaranga cyatewe n’ibihugu bimwe na bimwe byananiwe kwishyura neza imisanzu yabyo, hiyongereyeho igabanuka rikomeye ry’inkunga yatangwaga na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku butegetsi bwa Perezida Donald Trump.
Muri Gashyantare, inama idasanzwe y’Akanama k’Uburenganzira bwa Muntu i Geneve yemeye gushyiraho ubutumwa bwo gushakisha amakuru na komisiyo ishinzwe iperereza ku ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu, harimo ubwicanyi n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina byakorewe muri Kivu y’Amajyaruguru na kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa DRC, harimo n’imijyi ya Goma na Bukavu nyuma yo gufatwa n’inyeshyamba za M23.
Yavuze ko byinshi muri ibyo byaha bishobora kuba ibyaha by’intambara.
Komisiyo ishinzwe iperereza (COI) ishobora gutanga ibimenyetso bishobora gukoreshwa mu iperereza ry’ibanze n’inkiko nk’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha.
El Jundi yavuze ko amafaranga ibiro byari byarazigamye yashize nyuma yo gutanga miliyoni 1.1 z’amadolari ya Amerika kugira ngo hatangire ubutumwa bwo gushakisha ukuri, ariko nta bushobozi bwo gutangiza imirimo ya Komisiyo y’Iperereza. Iyi komisiyo ikeneye agera kuri miliyoni 3.9 z’amadolari.




