Leta ya Niger yatangaje ko, abarwanyi b’imitwe y’iterabwoba bagabye ibitero bibiri bikomeye mu burengerazuba bwa Nijeri hafi y’umupaka wa Burkina Faso, bihitana abasirikare 10 ba Leta, nk’uko byemejwe na Minisiteri y’Ingabo.
Mu itangazo ryatambutse kuri Televiziyo y’igihugu, Minisitiri w’Ingabo Jenerali Salifou Modi yavuze ko ibyo bitero byagabwe ku masaha amwe ku wa Gatanu, tariki ya 4 Nyakanga 2025 n’amagana y’ibyihebe by’abacanshuro, ahantu habiri muri: Bouloundjounga na Samira, mu karere ka Gotheye, kari mu burengerazuba bw’igihugu.
Iri tangazo rya Minisiteri y’Ingabo riragira riti:“Muri ibyo bitero, abasirikare 10 ba leta bahasize ubuzima, abandi 15 barakomereka,”. “Ku ruhande rw’umwanzi, abarwanyi b’abacanshuro 41 na bo barishwe.”
Akarere ka Gotheye, gahana imbibi na Mali na Burkina Faso, ni kamwe mu duce dukomeje kwibasirwa n’ibikorwa by’iterabwoba, aho imitwe yitwaje intwaro ikunze kuhagaba ibitero, cyane cyane irwanya ubutegetsi bwa Leta iyobowe n’ igisirikare cyabufashe muri Nyakanga 2023.
Agace ka Samira na ko kari ahantu hafatiye runini ubukungu bwa Nijeri, kuko ari ho honyine haboneka ubucukuzi bw’ amabuye y’ agaciro yo mubwoko bwa zahabu ijyanwa mu nganda kandi, ibyo bikorwa by’ubucukuzi byagiye bigabwaho ibitero kenshi n’ abiyahuzi.
Mu kwezi kwa Gicurasi 2025, imodoka yari itwaye abakozi bakora mu birombe bya Zahabu muri Samira baturikanyijwe n’igisasu cyari cyatezwe mu muhanda, bihitana abantu umunani.
Igihugu cya Nijeri kimaze imyaka irenga 10 kibasiwe n’ibitero by’imitwe yitwaje intwaro, harimo Al-Qaeda na Islamic State (Leta ya Kisilamu), byiganjemo abarwanyi binjiye muri iki gihugu banyuze mu duce twa Mali na Burkina Faso.
Ubuyobozi bwa gisirikare bwafashe ubutegetsi nyuma yo guhirika ubwa Perezida Mohamed Bazoum, bwavuze ko imwe mu mpamvu y’iyo kudeta ari kunanirwa guhangana n’imitwe y’iterabwoba, ariko kugeza ubu ibibazo by’umutekano biracyari agatereranzamba muri iki gihugu.




