Perezida Paul Kagame ari mu bashyitsi b’imena batashye ubukwe bwa Sous-Lieutenant Edmond Biruta, umusirikare mu ngabo z’u Rwanda akanaba umuhungu wa Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta.
Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo Sous-Lieutenant Biruta yashyingiranwe n’umukunzi we, Bwiza Samantha, mu birori bibereye ijisho byitabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye.
Amafoto n’amashusho atandukanye yerekana Perezida Paul Kagame ari muri ubu bukwe, ndetse ari mu babuvugiyemo ijambo.
Umukuru w’Igihugu kandi yanafashe umwanya wo kwifotozanya n’abageni.
Muri ubu bukwe kandi bucura bwa Perezida Paul Kagame, Sous-Lieutenant Brian Kagame uheruka gusoza amasomo ya gisirikare mu Ishuri rya Sandhurst Royal Military Academy ryo mu Bwongereza ari mu basore bari bambariye mugenzi we Edmond Biruta.
Usibye Umukuru w’Igihugu, abandi banyacyubahiro bagaragaye muri buriya bukwe barimo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Igifaransa, Louise Mushikiwabo, Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’abandi.












One Response
Amina hallelluiaa,abatekerezaga ko iyi yacika mu Rwanda ni murore Yesu ni mwiza