Mu Ntara ya Darfur muri Sudani, abantu bagera kuri 40 bamaze guhitanwa n’ indwara ya Kolera mu cyumweru kimwe gusa, nk’uko bitangazwa n’Umuryango w’Abaganga batagira umupaka Medecin sans frontières (MSF), akaba ari cyo cyorezo gikomeye kibasiye iki gihugu nyuma imyaka myinshi, ishize.
Intara ya Darfur, imaze imyaka irenga ibiri mu ntambara ihanganyemo n’ingabo za Leta ndetse n’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF), aha, akaba ari naho habaye indiri y’iki cyorezo aho mu cyumweru kimwe gusa gishize, abaganga bakiriye abarwayi barenga 2.300, muri bo 40 bakaba bamaze gupfa.
Kugeza ubu, abantu 2.500 bamaze gupfa, mu gihe abakekwaho kwandura bagera hafi ku 100.000, MSF ivuga ko impamvu nyamukuru y’ikwirakwira ry’ iki cyorezo ari ubuhunzi buterwa n’intambara, butuma abaturage babura amazi meza yo kunywa no gukora isuku, aho kuri ubu umuntu ahabwa litiro eshatu ku munsi z’amazi meza, mu gihe umuntu yemerewe litiro 7.5 ku munsi.
Ibi byatumye abaturage bo muri Darfur barushaho kuba mu kaga, kuko amazi make bafite bayakoresha cyane cyane mu kunywa, bityo bakabura ayo gukoresha mu isuku y’ibikoresho no mu gutegura amafunguro, ibi akaba aribyo bibongera ibyago byo kwandura.
Abaganga batagira umupaka MSF bavuga ko hari n’aho abaturage bacukura ibinogo hafi y’inkambi z’impunzi cyangwa ku nkengero z’inzuzi kugira ngo babone amazi, ariko ayo mazi na yo aba akenshi arimo umwanda akaba Atari meza ku buzima.
Mu gihe icyorezo gikomeje gukwirakwira, abashinzwe ubuzima basaba ko hakorwa ingamba zihutirwa zirimo gutanga amazi meza ahagije, kongera ubushobozi bw’amavuriro yita ku barwayi ba kolera, ndetse no gukora ubukangurambaga bwo kwigisha abaturage uburyo bwo kwirinda.
MSF na yo ivuga ko izakomeza ibikorwa byo kuvura, no gukorana n’imiryango mpuzamahanga kugira ngo hagabanywe impfu no guhashya iki cyorezo.




