Hakomeje kwibazwa ukuntu Umurundi Niyukuri Dieudonné, uzwi ku izina rya Rabin, yashutswe akemera kujya mu Burundi, aho yageze agahita atabwa muri yombi n’inzego z’ubutasi z’u Burundi, mu gihe yari azi neza ko amaze iminsi anenga ubutegetsi bwa CNDD-FDD ku mugaragaro mu biganiro yagiye atanga kuri channels zitandukanye za youtube nk’umusesenguzi.
Amakuru mashya Bwiza ifite aremeza ko Rabin, yashutswe n’uwiyita umukozi w’Imana wigize inshuti bikarangira amugejeje ku butaka bw’u Burundi. Ni amakuru Bwiza.com ifite ndetse yaje no gushyira ahagaragara na Pacifique Nininahazwe, umaze kumenyekana cyane nk’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu mu gihugu cye nubwo na we abarizwa mu buhungiro.

Amakuru yashyize ahagaragara avuga ko Rabin wamenyekanye cyane Bwiza TV no ku murongo we wa Cakenge TV, amaze iminsi 19 mu maboko y’Urwego rw’Iperereza rw’u Burundi (SNR). Niyukuri Dieudonné yabaga mu Rwanda kuva muri 2024, aho yageze avuye mu gihugu cya Mozambique aho yari yarahungiye avuye mu Burundi kuva mu 2015.
Yamenyekanye cyane mu biganiro yatangaga ku makuru ajyanye n’intambara yo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, byatumye atumrwa ku miyoboro myinshi ya TV zikorera kuri youtube zitandukanye mu Rwanda zirimo n’iy’ikinyamakuru Bwiza.com. Yakoraga kandi ubusesenguzi kuri politiki y’u Burundi n’imibereheho y’Abarundi ku buyobozi bwa CNDD-FDD agereranya n’ubuyobozi bwabubanjirije akagaragaza amakosa n’ibyiza byagiye biranga ubutegetsi bwose.
Uko yageze mu Burundi
Biravugwa ko Rabin yinjiye mu Burundi mu mpera z’ukwezi gushize avuye mu Rwanda ku itariki ya 29 Kanama 2025, ari kumwe n’Umunyarwanda witwa Fabrice Ribwurumutima. Binjiriye mu Ntara ya Kirundo, bahahurira na Eloi Nkurunziza ndetse n’uwitwa Venant Ndikumana, Abarundi na bo bari baturutse mu Rwanda, binjira mu Burundi baciye ku mupaka wa Kobero mu Ntara ya Muyinga.
Abo bose bahise bafatirwa mu murwa mukuru w’Intara ya Kirundo bafashwe n’iperereza ry’u Burundi. Imodoka ebyiri zaje zivuye mu Rwanda, zirimo Jeep yirabura ifite plaque y’u Burundi HA 0862 hamwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Voxy, nazo zafashwe n’abashinzwe iperereza nk’uko Nininahazwe akomeza abyemeza.

Undi watawe muri yombi wa gatanu ni Bonaventure Nkuriyingoma, umukozi wa Centre yitwa Strong Bridges i Bujumbura, nawe wafatiwe mu murwa mukuru w’Intara ya Gitega, aho yari arimo gukoresha imodoka ya gatatu yari kujyana mu Kirundo.
Aba bose amakuru akomeza avuga ko bagambaniwe n’umukozi w’iperereza ry’u Burundi wari umaze iminsi abihishemo, witwa Alexis Hajayandi. Uyu yari asanzwe aba muri Zambia, yitwa ko ari umukozi w’Imana, arangije yigira inshuti magara ya Rabin.
Byageze aho uyu Alexis Hajayandi aza mu Rwanda, amara amezi aba mu rugo rwa Rabin, bivugwa ko Rabin yari azi ko ari kumwe n’umuvandimwe, atazi ko ari kumwe na maneko. Uyu niwe wateze umutego udasasanzwe Rabin na bagenzi be baguyemo, aho kugeza n’ubu nta muntu n’umwe wumva ukuntu Rabin yemeye kujya mu Burundi.




