Ku wa Mbere nimugoroba, tariki ya 8 Nzeri 2025, inyeshyamba za ADF (Allied Democratic Forces) zifitanye isano n’umutwe wa Islamic State zagabye ibitero mu bice bya Ntoyo na Potodu, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Amakuru yemeza ko muri Ntoyo hiciwe Abakirisitu barenga 70, mu gihe abandi barenga 30 biciwe i Potodu, bose bari mu mihango yo gushyingura cyangwa mu mirima yabo. Umubare w’abapfuye wageze ku barenga 100 mu minsi ibiri gusa.
Ubuhamya bw’abarokotse
Macaire Sivikunula, umuyobozi w’aho byabereye, yabwiye Reuters ati: “Abapfuye Ni benshi biciwe mu muhango wo gushyingura, hafi ya saa tatu z’ijoro, bakoresheje imipanga.”
Padiri Paluku Nzalamingi, wasuye ahabereye ubwicanyi, yagize ati: “Aho narebye hose hari imirambo: mu nzu, mu mbuga no mu nzira. Ni ibintu biteye ubwoba, ndavuga ko nibura abantu 70 bishwe.”
Pasiteri Mbula, umwe mu barokotse, yavuze ko: “Abantu barenga 70 biciwe i Ntoyo, abandi 100 barashimuswe, amazu 16, moto 8 n’imodoka 2 biratwikwa.”
Ibyabaye muri Potodu
Ku munsi wakurikiyeho, ADF yongeye gutera Potodu, ahari abahinzi b’Abakirisitu bari mu mirima cyangwa basubira imuhira, maze nabo baricwa.
Pasiteri Paluku wo mu itorero CECA20 i Oicha yagize ati: “Ni ijoro ry’agahinda n’amarira ku Bakirisitu. Imana nidutabare kuko turambiwe ubu bwicanyi.”
Ingaruka ku bemera
Abaturage benshi barahunze, bamwe barara mu ngo z’abantu i Oicha, abandi bahungira mu yindi mirenge. Abayobozi b’amatorero bavuga ko ubu bwicanyi bukomeje guca intege ukwizera kwa benshi.
Umuryango Open Doors wita ku matorero yagize itoteza urasaba amasengesho. Jo Newhouse, uhagarariye ibikorwa by’uyu muryango muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, yavuze ati: “Tubabajwe cyane no kumva ko ubwicanyi nk’ubu bukomeje, cyane cyane ku baturage b’Abakirisitu bari mu muhango wo gushyingura. Turasaba Leta ya Congo n’abafatanyabikorwa bayo gushyira imbere umutekano w’abasivili.”




