congolese-soldiers-goma-1

Kivu y’Amajyepfo: Imitwe 2 ya wazalendo irahanganye muri Mwenga

Imitwe ibiri y’inyeshyamba za Wazalendo yasubiranyemo kuva ku wa Gatatu, itariki 17 Nzeri, muri centre ya Mwenga (Kivu y’Amajyepfo). Iyi mirwano irahuza unutwe wa Malaika n’uwa Nyakiliba.

Amakuru dukesha ACTUALITE.CD avuga ko kuri uyu wa Kane mu mujyi hongeye kumvikana urusaku rw’imbunda ziremereye n’izoroheje. Nibura abantu batatu bari bamaze kumenyekana ko bapfuye ku wa Gatatu.

Sosiyete sivile yo muri ako gace igira iti: “Imirwano ikaze yabaye kuva ku mugoroba w’ejo, ku wa Gatatu, hagati y’imitwe ibiri ya Wazalendo mu murwa mukuru wa Teritwari ya Mwenga. Aba ni abarwanyi b’uwiyise Jenerali Malaika ndetse n’uwa Jenerali Nyakiliba, barwanira kugenzura centre ya Mwenga.”

Undi muturage waho akomeza agira ati: “Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, urusaku rwinshi rw’intwaro ziremereye rwumvikanye mu Mujyi wa Mwenga rwagati, bituma abaturage bahangayika. Ibikorwa byose by’ubukungu n’uburezi byahungabanye. Etat-major ya Nyakiliba yatwitswe.”

Andi makuru yerekana ko guhangana kandi byaturutse ku gushaka gukuraho bariyeri zashyizwe ku muhanda RN2 na Nyakiliba. Izi bariyeri zashenywe n’abarwanyi ba Malaika na Foka Mike, bitera uburakari umutwe wa Nyakiliba.

Mu itangazo rye, umuyobozi wa Sheferi ya Basile, Mwami Kalenga Riziki, yihanganishije abaturage bari guca muri iki kibazo anasaba ko barindwa.

Teritwari ya Mwenga iherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kandi ikungahaye kuri zahabu n’andi mabuye y’agaciro, iri hagati ya teritwari nyinshi, nka Walungu, Shabunda, na Uvira.

Mwenga igaragaramo ibikorwa by’imitwe yitwaje ibirwanisho izengurutse ahacukurwa amabuye y’agaciro.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *