Gushyira umukono ku masezerano y’amahoro hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, mu biganiro by’i Washington, byegereje, nk’uko Perezida Félix Tshisekedi yijeje diaspora y’Abanyekongo muri Brazil ku wa Gatanu, itariki ya 7 Ugushyingo, aho yitabiriye inama ya COP30.
Nk’uko Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo abitangaza ngo aya masezerano azaba agamije guhagarika intambara zikunze kugaragara mu burasirazuba bwa Congo, zimaze guhitana abantu benshi.
Ati: “Nejejwe no kubabwira ko ibiganiro mwumvise bivugwa, bibera i Washington na Doha, muri Qatar, vuba aha bigiye kurangira. Mu minsi iri imbere, Abanyamerika, cyane cyane White House, bazatwoherereza ku mugaragaro ubutumire bwo gusoza ibyo biganiro no gushyira umukono ku masezerano y’amahoro.”

Icyakora, yavuze ko DRC itatangije iyi ntambara; aho yayishojweho kubera umutungo kamere. Aya yafashaga “abanyamahanga, benshi mu baturanyi bacu, kugira ngo bubake ibihugu byabo ku migongo y’abavandimwe na bashiki bacu, bikangiza ubukungu bw’igihugu cyacu.”
Félix Tshisekedi yejeje ko Repubulika ya Demokarasi ya Congo yahanganye cyane kugira ngo iyi mibabaro irangire:
Ati: “Tugeze ku ndunduro kugira ngo dusarure imbuto, imbuto z’amahoro, amahoro ahoraho muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.”

Perezida Tshisekedi yatangaje ibi kuwa Gatanu, U Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo byashyize umukono ku mushinga wose w’amasezerano y’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu; intambwe ikomeye ibanziriza gusinya amasezerano y’amahoro.




