zRmHtsx4-720

Washington: Abasirikare 2 barasiwe hafi ya White House

Abasirikare babiri ba Amerika bo mu mutwe wa National Guard, bakomeretse bikabije nyuma yo kurasirwa i Washington DC, munsi y’ibirometero bibiri uvuye kuri White House, ibyo umuyobozi w’umujyi yise “kurasa” kwagambiriwe.

Polisi yavuze ko ukekwaho icyaha wenyine yarashe ku basirikare babiri bo muri National Guard z’ingabo z’igihugu baturutse muri Virginie y’Iburengerazuba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu ushize, mbere yo kunanizwa n’undi musirikare wari hafi aho wumvise urusaku rw’amasasu.

Icyo gihe Perezida Donald Trump, wari muri Floride nk’uko bitangazwa na BBC, yavuze ko bivugwa ko uwitwaje imbunda ari umwenegihugu wa Afghanistan winjiye muri Amerika muri Nzeri 2021.

Yahize ko ubuyobozi bwe buzakora ibishoboka ukekwaho icyaha “akishyura ikiguzi gishoboka” kubera “igikorwa kibi, igikorwa cy’urwango ndetse n’iterabwoba”.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *