Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasinye itegeko rikumira abaturage bo mu bihugu bya Burkina Faso, Mali, Niger na Sudani y’Epfo kwinjira mu gihugu cye.
Trump yagaragaje ko abo baturage bateje “akaga gakomeye”.
Perezida Trump kandi yashyize abaturage bo mu bihugu bya Tanzania, Nigeria, Senegal, Angola, Côte d’Ivoire, Gabon, Gambia, Malawi, Mauritania, Zambia na Zimbabwe mu gatebo kamwe n’ab’u Burundi na Togo; aho abantu mbarwa bo muri ibi bihugu ari bo bemerewe kwinjira muri Amerika.
Trump yavuze ko ibyinshi muri ibi bihugu byugarijwe na “ruswa ikabije, inyandiko mpimbano ndetse n’ibyangombwa biranga abantu n’ibyerekana ko batigeze bakurikiranwaho ibyaha bitizewe.”
Iteka rya Trump rinavuga ko bimwe muri ibyo bihugu bifite “umubare munini w’abarenza igihe baba bahawe cyo kumara muri Amerika, kuba byaranze kwakira abaturage babyo birukanwe, mu gihe ibindi bifite ibikorwa by’iterabwoba, ibyaha n’ibikorwa by’abahezanguni biteza ibyago byihariye ku baturage ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’inyungu zayo.”
Amerika kandi ifata Tchad, Congo-Brazzaville, Guinée Équatoriale, Eritrea, Libya, Somalia na Sudani nk’ibihugu byugarijwe n’ibyago byinshi, bityo abaturage babyo bakaba babujijwe kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.




