read-green-card

Trump yahagaritse itangwa rya Green Card

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yahagaritse by’agateganyo porogaramu izwi nka Green Card Lottery (Diversity Visa Program) nyuma y’amasasu yavugiye muri Brown University n’iyicwa ry’umwarimu wa MIT.

Iyi gahunda ni yo yafashije ukekwaho ibyo byaha, Claudio Neves Valente, ukomoka muri Portugal, kwinjira muri Amerika mu buryo bwemewe n’amategeko.

Minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu, Kristi Noem, yatangaje ko abitegetswe na Perezida Trump, yahise asaba Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka (USCIS) guhagarika iyi porogaramu.

Yavuze ko “uyu muntu wakoze ibyaha bikomeye atari akwiriye kuba yarahawe amahirwe yo kwinjira muri Amerika.”

Claudio Neves Valente, w’imyaka 48, yari yarize muri Brown University kuva mu 2000 akoresheje visa y’umunyeshuri, nyuma aza guhabwa Green Card mu 2017 binyuze muri lottery.  Akekwaho kwica abanyeshuri babiri, gukomeretsa abandi icyenda muri Brown University, ndetse no kwica umwarimu wa MIT, mbere yo gusangwa yiyahuye.

Porogaramu ya Green Card Lottery itanga Green Card zigera ku 50,000 buri mwaka ku baturage b’ibihugu bidahagarariwe cyane muri Amerika, cyane cyane ibyo muri Afurika. Iyi gahunda yashyizweho na Kongere ya Amerika, bityo kuyihagarika bikaba bishobora guteza imbogamizi z’amategeko.

Perezida Trump asanzwe anenga iyi gahunda kuva kera, akavuga ko idatanga umutekano uhagije.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *