602311587_842326958788881_3902893368463987065_n

Imirwano iri kubica hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Katogo kugeza Kambiba

Imirwano hagati y’abarwanyi ba AFC-M23 n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zishyigikiwe na Wazalendo, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Ukuboza 2025, yabereye mu midugudu ya Katogo, Kigogo, Kambiba, no mu turere tuyikikije.
Iyi mirwano nk’uko amakuru atarasobanuka neza abivuga, iri kubera muri Gurupoma ya Kalungwe, Sheferi ya Bavira, Teritwari ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo nko mu birometero icumi uvuye mu mujyi wa Uvira nk’uko bitangazwa na Kivu Morning Post.

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, itariki ya 27 Ukuboza, imirwano hagati y’inyeshyamba za AFC/M23 n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’inyeshyamba za wazalendo yavugwagaga i Kakumba, hafi ya Katongo.

Kugeza kuri iki Cyumweru gishize, inyeshyamba za AFC/M23 zari zikomeje kugenzura Kigongo na Katongo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *