Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama, yatangaje umunyezamu Kwizera Oliver nk’umukinnyi wayo mushya.
Iyi kipe ifite abafana benshi mu Rwanda yemeje Kwizera nk’umukinnyi wayo, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X.
Biteganijwe ko uyu munyezamu ufatwa nk’umwe mu beza u Rwanda rwagize mu myaka irenga 10 ishize agomba gukinira Gikundiro mu mezi atandatu ari imbere.
Si ubwa mbere uyu munyezamu w’imyaka 30 y’amavuko agiye gukinira Rayon Sports, kuko yayibayemo hagati ya 2020 na Nyakanga 2022.
Uyu mukinnyi wari umaze igihe adafite ikipe nyuma yo gutandukana na Al-Kawkab Football Club yo muri Arabie Saoudite, yitezweho kuba umuti w’izamu rya Rayon Sports rimaze igihe rivugwamo ibibazo.
Rayon Sports yatangiye umwaka w’imikino irindisha izamu ryayo umunya-Mali Drissa Kouyate, gusa ubwo yasinyishaga umunyezamu Pavelh Ndzilla iza kumushyira ku gatebe nyuma yo kugenda yinjizwa ibitego bidasonanutse.
Uyu munye-Congo Brazzaville na we yaje kutamara kabiri kuko yatangiye gushinjwa na bamwe mu bafana kugambanira ikipe, na we ashyirwa ku ruhande hahabwa amahirwe umunyezamu ukiri muto, Mugisha Yves.
Mu mikino Rayon Sports iheruka gukina yongeye guha amahirwe Kouyate, nyuma y’uko ibitego byari byatangiye kwijyana mu izamu rya Mugisha.




