S3WMXCIOSNODZGALQ22UUDUYD4

Uganda: Itangazamakuru ryabujijwe gutangaza live imyigaragambyo mu gihe cy’amatora

Kuri uyu wa Mbere, Guverinoma ya Uganda yavuze ko bibujijwe gutangaza imbonankubone “imyigaragambyo itemewe” n’ibindi bikorwa by’urugomo mbere y’amatora ateganyijwe mu minsi iri imbere, aho Perezida Yoweri Museveni ashaka kuguma ku butegetsi amazeho imyaka isaga 40.
Ubutegetsi bwamaze gufunga abantu babarirwa mu magana bashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi mbere y’amatora yo ku itariki ya 15 Mutarama 2026, azongera guhuriramo Museveni w’imyaka 81 n’umunyapolitiki Bobi Wine w’imyaka 43.
Minisiteri y’itumanaho n’ikoranabuhanga mu itangazo ryayo yagize iti: “Gutangaza imbinankubone cyangwa kwerekana imyigaragambyo itemewe birabujijwe kuko bishobora kongera umwuka mubi no gukwirakwiza ubwoba.”
Abayobozi bakunze kuvuga ko imyigaragambyo yo kurwanya leta ari imvururu nk’uko inkuru dukesha Reuters ivuga.
Minisiteri kandi yabujije ikwirakwizwa ry’ibintu byose byasobanurwa nko gushishikariza urwango cyangwa urugomo.
Abantu barenga 50 bishwe mbere y’amatora aheruka mu 2021 mu bikorwa by’inzego z’umutekano byo guhashya abayoboke ba Wine, bashinjaga Museveni gushaka kwiba amajwi, ariko we akabihakana.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *