skynews-nicolas-maduro-venezuela_7126995

New York: Perezida Maduro yoherejwe mu rukiko

Umuyobozi washimuswe w’igihugu cya Venezuela, Nicolas Maduro n’umugore we kuri uyu wa Mbere baritaba urukiko i New York ku byaha bifitanye isano n’ibiyobyabwenge, mu gihe Perezida Donald Trump ashimangira ko Amerika ubu ari yo igenzura Venezuela.

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez, arahamagarira umubano “ushyira mu gaciro kandi w’ubwubahane” na Washington mu gihe cy’inzibacyuho.

Trump yavuze ko ibindi bikorwa bya gisirikare biteganyijwe muri Venezuela, ndetse no kuri Perezida wa Colombia, Gustavo Petro, wamaganye ibyo yise iterabwoba ridafite ishingiro.

Trump kandi yihanangirije Mexico avuga ko igomba kwikosora nk’uko inkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

Akanama k’Amahoro n’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye (UNSC) biteganyijwe ko gaterana kuri uyu wa Mbere kugira ngo baganire ku bikorwa bya Amerika, Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres, yavuze ko ari urugero rubi.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Maduro yashimuswe n’Ingabo za Amerika ajyanwa i New York mu gikorwa cya gisirikare cyaherekejwe n’ibindi bitero binini ahantu henshi muri Venezuwela.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *