Muri raporo yashyizwe hanze na Loni kuri iki cyumweru tariki ya 24 Mutarama 2016, yagaragaje ko abana 1195 bakuwe mu mitwe y’inyeshyamba zirwanira mu mashyamba ya Congo, 355 ni abakuwe mu mutwe wa FDLR.
Aba bana bose uko ari 1195 bari abarwanyi b’inyeshyamba zirwanira mu burasirazuba bwa RDC, bakaba barakuwe muri iyo mitwe mu mwaka wa 2015.

Nk’uko byatangajwe na MONUSCO, 31% by’aba bana bakuwe mu nyeshyamba ni abari munsi y’imyaka 15 bakaba bakoreshwaga ibikorwa bya gisirikare binyuranyije n’amategeko.
Igisirikare cya FARDC ngo nicyo cyafatanyije na MONUSCO mu gikorwa cyo gukura aba bana bose muri iyi mitwe yitwara kinyeshyamba mu burasirazubwa bwa Congo.

Mu gihe bitangazwa ko abafashwe basaga 1195, abana basaga 8546 binjijwe muri iyo mitwe y’inyeshyamba mu myaka 5 ishize.
Mu myaka irenga 21 inyeshyamba za FDLR zibarizwa mu mashyamba ya Congo, zagiye zishinjwa ibyaha bitandukanye birimo gukoresha abana bato mu gisirikare,gufata abagore n’abakobwa ku ngufu, ubwicanyi bwa hato na hato,… ubu izi nyeshyamba zikaba zarashyizwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba na Loni.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com



