Abanye-Congo babarirwa mu 105, mu byumweru bibiri bishize baguye mu nkambi z’impunzi zo mu Burundi, aho bari barahungiye.
Amakuru y’impfu z’aba bantu yemejwe n’umuryango witwa Organisation citoyenne pour la paix et la cohabitation communautaire (CPCC), mu mibare washyize hanze ku wa Mbere w’iki cyumweru.
Umuyobozi wa Komite Nshingwabikorwa wawo, Ahadi Bya Masu, yavuze ko bariya bantu bapfuye bitewe no kubura ubufasha bw’aho bakinga umusaya, ubuvuzi ndetse n’ibyo kurya.
Yagize ati: “Ibintu birababaje cyane. Tumaze kugira impfu zirenga 105 mu nkambi zitandukanye z’impunzi mu Burundi, zatewe no kubura aho kuba hahagije, kubura ubuvuzi, no kutagira ubufasha bw’ubutabazi. Bamwe ndetse batewe n’abantu bitwaje imyambi n’intwaro gakondo.”
Ahadi Bya Masu yaboneyeho gusaba Guverinoma ya RDC n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga gutanga ubufasha burambye kuri bariya baturage bahunze intambara y’Ingabo za Leta ya RDC n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23.
Nyuma y’uko izi nyeshyamba zari zimaze kwigarurira umujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, u Burundi bwatangaje ko bumaze kwakira impunzi z’abanye-Congo zirenga, gusa imibare itangwa n’Ishami rya Loni ryita ku Mpunzi (UNHCR) yerekana ko impunzi u Burundi bwakiriye zirenga 101,000.
Mu kwezi gushize AFC/M23 yashinje Leta y’u Burundi kwima inzira zimwe muri izo mpunzi, ubwo zageragezaga gutahuka zigasubira mu ngo zabo.




